Mu gihugu cya Irlande (mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’umugabane w’Uburayi), mu marimbi y’umujyi wa Belfast, hagaragaye ishusho bavuga ko ari iya Yezu Christu.
Televiziyo yo mu Bwongereza yitwa Bsky B yavuze ko tariki 05/10/2012 izashyiraho televiziyo ishinzwe kwerekana urukurikirane rwa firimi zose zakinwe na James Bond mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 amaze akina filimi.
Umugabo witwa Seth Horvitz wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatumije televiziyo (éclat téléviseur) akoresheje internet kuri sosiyete yitwa Amazon maze atungurwa no kubona bamwoherereje imbunda yo mu bwoko bwa SIG Sauer SIG716.
Anita Burtty, Umunya-Ositaraliyakazi ufite imyaka 42 y’amavuko akaba n’umuhanga mu by’ubumenyi bw’inyenyeri, yatangaje abantu kuri televiziyo y’iwabo ubwo yavugaga ko yarangije imyiteguro y’ubukwe bwe ateganya muri Mata 2012 kandi ataranabona inshuti y’umusore.
Umugabo witwa Vital Karibwende afungiye kuri Station ya Polisi ya Busasamana mu karere ka Nyanza, nyuma y’uko atawe muri yombi agerageza gusagararira Minisitiri w’Intebe, Dr Habumuremyi Pierre Damien ubwo yari mu birori byo kwizihiza umunsi w’umuganura.
Temarigwe Abdallah uzwiho ubuhanga bwo kurya ibiryo byinshi kandi mu buryo budasanzwe mu Rwanda yatunguranye ntiyigaragaza neza muri uwo mukino ubwo yari mu mujyi wa Nyanza tariki 01/08/2012 umunsi wizihirijweho umuganura.
Abanyamerika Julian Appel ufite imyaka 22 y’amavuko na Tina Gianakon w’imyaka 35 bari mu maboko ya polisi bakurikiranyweho gukorera imibonano mpuzabitsina mu isoko (supermarché) rwagati.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari kamwe mu tugize Akarere ka Rwamagana yatunguye bagenzi be bakoranaga inama biga ku kibazo cyo kugenzura ko Nyakatsi yacitse burundu, avuga ko hakiri Nyakatsi nyinshi mu Kagari ke kuko ahabona Nyakatsi zihingwamo ibihumyo ndetse zikanahumbirwamo ibiti (pepinieres).
Umwongereza w’imyaka 34 y’amavuko yafashe icyemezo cyo kuva mu Bufaransa akajya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yoga kandi nta n’umwenda w’ubutabazi (life jacket)yambaye.
Charles na Te’Andra Wilson bo muri Mississipi Yepfo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, tariki 20/07/2012, bangiwe gusezeranywa n’umupasiteri wo mu rusengero rw’Ababatisita kubera ko ari abirabura.
“Abirabura ntibasoma, kubw’iyo mpamvu bazahora ari abacakara bacu,” ni amagambo akubiye mu butumwa buri gukwirakwizwa ku mbuga zitandukanye za internet, ipfobya abantu bafite uruhu rwirabura, ishingiye kubyo ibanenga birimo ubujiji, kwifuza birenze n’ubusambo.
Umusaza wo mu gihugu cy’Ubushinwa ufite imyaka 57 y’amavuko yakoze urugendo rw’ibirometero ibihumbi 60 mu gihe cy’imyaka ibiri anyuze mu bihugu 16 kugira ngo arebe imikino Olympique irimo kubera i Londres mu Bwongereza.
Liam Corcoran, umwana w’imyaka 11 wo mu gihugu cy’ubwongereza ari kwibazwaho byinshi nyuma yo guca mu rihumye abashinzwe umutekano ku kibuga cy’indege ku kibuga cya Manchester tariki 24/07/2012 akigira i Roma aho yahagarikiwe akagarurwa mu Bwongereza.
Umwana w’umukobwa w’imyaka itatu witwa Sofya Dickson amaze kuba icyamamare kubera amashusho yamugarageje yurira ku rukuta rw’inzu mu buryo budasanzwe bwatangaje abantu benshi.
Umubyeyi witwa Nirvanna Jeannette utuye mu majyepfo ya Leta Zunze za Amerika muri Leta ya Georgia mu gace kitwa Savannah yirukanwe mu rusengero nyuma yaho azamuye umwambaro we atangiye konsa umwana we.
Nyuma yo gukora imibonano mpuzabitsina, abagore baba bashaka kuganira n’uwo baryamanye cyangwa gukomeza iyo mibonano mu gihe abagabo bo bashimishwa no guhita basinzira nta kindi bitayeho ku buryo hari abagore bashobora gukeka ko badakunzwe n’umugabo bari kumwe.
Iyi kamyo (camion) yo mu bwoko bwa FIAT yakozwe mu 1970 iracyakoreshwa mu kazi gatandukanye mu mujyi wa Karongi. Abazi Kibuye ya kera (Karongi y’ubu) bavuga ko bayizi mbere y’1994 kandi nabwo ngo yari ishaje.
Umugabo yagiye gusaba umugeni atazi Ikinyarwanda, gusa yari azi ko agomba gukoresha imigani ya Kinyarwanda kuko yari azi ko bihagije ko haba hari amagambo ari muri iyo migani kandi ahuye n’ayo yakoresheje mu ijambo avuze.
Umugabo wo mu Buhinde witwa Sohanlal Chouhan w’imyaka 45 y’amavuko ari mu maboko ya polisi azira kudodera umwenda w’imbere ufite ingufuri umugore we witwa Rhada Sitabai arwanya ko ashobora kumuca inyuma.
Liang Xiaoxiao wo mu gihugu cy’u Bushinwa ufite imyaka itatu y’amavuko, ibiro 2.5 areshya na sentimetero 54 bivugwa ko ariwe mukobwa muto ku isi.
Umwongereza witwa Wayne Forrester w’imyaka 34 yakatiwe gufungwa burundu n’urukiko rwo mu Bwongereza azira ko yishe uwari umugore we amaze kumenya ko yanditse kuri Facebook ko ari ingaragu ishaka inshuti (single).
Ku bagore bamwe, udukapu twabaye nk’imbago uwamugaye adashobora gusiga ngo atere intambwe. Ariko se ni iki kiba kirimo abagore n’abakobwa bakomeraho cyane ku buryo ntawe upfa gutirimuka muri bo adatwaye agakapu?
Jonah Falcon, umugabo uca agahigo mu kurusha abandi bagabo igitsina kirekire ngo abangamirwa cyane no kugenda mu ndege kuko igihe cyose agiye gukora urugendo mu ndenge bamusaka igihe kinini kubera igitsina cye.
Umugabo utaratangajwe izina wo mu gihugu cy’u Buhinde wakuwemo inzoka mu jisho ireshya na santimetero 13.
Ramadan wifata nk’umuvugabutumwa, yahagaritse abantu bari bitabiriye isoko abamarana amasaha agera hafi kuri atandatu ababwiriza ijambo ry’Imana akananyuzamo akabahanurira ibizaba.
Umwanzuro w’urukiko rwo mu gihugu cya Iran wo guhanisha umugabo guha umugore we indabo 777 z’amaroza watumye umugore ahindura icyemezo cye cyo kuregera ubutane.
Sasha Kennedy, Umwongerezakazi w’imyaka 26 y’amavuko, anywa litiro 25 z’amazi buri munsi. Ibi bivuze ko anywa hejuru ya litiro imwe y’amazi mu isaha.
Umugore witwa Pauline Potter wo muri Leta ya Carifilonia muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika yategetswe n’umuganga gukora imibonano mpuzabitsina byibuze inshuro 7 ku munsi kugira ngo abashe kunanuka.
Umugabo w’Umunyamerika wubatse yatunguwe no kumva ubuzima bwamuhindukanye ubwo yajyaga kwa muganga bakambubwira ko ari umugore mu gihe yari azi ko ari umugabo kuva mu bwana bwe.
Abapolisi bari ku izamu ahitwa Rajasthan mu majyaruguru y’Ubuhinde batunguwe no kubona umugabo wari ufite umutwe w’umuntu mu ntoki ngo aje kwirega ko yaciye umukobwa we umutwe amuhora ibyo yise imyitwarire mibi.