Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu turere dutandukanye mu gihugu bakomeje kwamamaza umukandida wabo, Paul Kagame.
Frank Habineza w’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda na Mpayimana Philippe abakandida biyamamariza kuyobora u Rwanda bakomeje ibikorwa byabo byo kwiyamamaza kuri uyu wa mbere tariki ya 17 Nyakanga 2017.
Ubwo umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame yiyamamarizaga mu Karere ka Nyamagabe, Huye na Kamonyi, n’ahandi mu turere dutandukanye abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bamwamamaje.
Abayoboke b’umuryango FPR-Inkotanyi mu turere dutandukanye tw’igihugu batangiye ibikorwa byo kwamamaza umukandida wabo, Paul Kagame.
Kwizihiza isabukuru y’imyaka 23 u Rwanda rumaze rwibohoye byabereye hirya no hino mu gihugu aho abaturage n’abayobozi bafatanije mu kuyizihiza.
Perezida Paul Kagame yageze i Addis Ababa muri Ethiopia aho yitabiriye inama ya 29 y’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (AU).
Kuri uyu wa 29 Kamena 2017, Amashyirahamwe atatu yo mu Bufaransa, arageza ikirego mu rukiko ashinja Banki BNP Paribas yo muri icyo gihugu ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Urukiko rwa Gisirikare ruri kuburanisha Private Claude Ishimwe na Private Jean Pierre Nshimiyumukiza, ku mugaragaro, rwafashe icyemezo cy’uko bafungwa by’agateganyo iminsi 30.
Ku isi hose miliyoni zisaga 60 z’abantu bahunze ibihugu byabo by’amavuko kubera impamvu zitandukanye za politiki, ubukene cyangwa imihindagurikire y’ibihe.
Dr. Alex Manirakiza, uvura indwara za kanseri mu bana mu Bitaro bya Burera, ni umuganga w’umurundi, wari umaze igihe kinini akorera ubuvuzi mu Rwanda, mbere y’uko i Burundi haduka imvururu zatumye benshi bahunga barimo n’abaganga bagenzi be.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Ntara zose batoye Paul Kagame nk’umukandida ugomba guhagararira umuryango FPR-Inkotanyi mu matora y’umukuru w’igihugu.
Hirya no hino mu gihugu, abaturage bafatanyije n’ubuyobozi n’inzego z’umutekano babyukiye mu muganda rusange usoza ukwezi wa Gicurasi 2017.
Nyuma y’urugamba rwo kubohora igihugu, ingabo zahoze ari iza RPF Inkotanyi zamazemo imyaka ine zikarutsinda, ubu ngo zashyize imbaraga mu gufatanya n’abaturage bakiyubakira igihugu, babicishije muri Gahunda ngarukamwaka yiswe Army Week.
Kuri uyu wa 4 Gicurasi 2017, mu turere dutandukanye tw’igihugu hatangijwe icyumweru cyahariwe ingabo z’igihugu, aho zifatanya n’abaturage mu bikorwa bitandukanye biganisha ku iterambere.
Umuganda usoza ukwezi kwa Mata, wakozwe kuri uyu 29/04/2017. Mu bice bitandukanye by’igihugu hibanzwe kuri gahunda yo kurwanya nkongwa mu bigori haterwa umuti. Uretse kurwanya Nkongwa, hagiye hanakorwa ibindi bikorwa bitandukanye harimo ibyo gutunganya imihanda yangiritse, hakorwa amateme, no kuremera uwarok otse Jenoside (…)
Icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi cyasojwe, cyagaragayemo ibikorwa by’ingengabitekerezo ya Jenoside hirya no hino mu gihugu.
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe avuga ko kuba abasirikare b’Abafaransa baragambaniye Abasesero bakicwa, babikoze bagamije kwihimura kuko bari baratsinzwe.
Hirya no hino mu gihugu Abanyarwanda batangiye icyumweru ngarukamwaka cy’iminsi irindwi cyo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.
Mu ijambo ritangiza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, Perezida Kagame yihanangirije abashaka gusubiza u Rwanda inyuma bapfobya Jenoside bishingikirije ubuhangange bwabo.
Guverinoma y’u Rwanda mu mezi atatu ari imbere irateganya gushyiraho ikigega cy’amamiliyoni y’amadolari kigamije koroshya ibiciro by’amazu yo guturamo.
Mu gihe Abanyarwanda binjiye mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 igasiga imfubyi n’abapfakazi benshi, Kigali Today yasuye incike zo muri Rwamagana, Umurenge wa Fumbwe ireba uko zibayeho nyuma y’imyaka 23 Jenoside ihagaritswe.
Mu gihe twitegura kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi, Kigali Today yaganiriye n’Abarabu b’Abanyarwanda babaga mu Rwanda, bayitangariza uko bari babayeho muri Jenoside nk’Abanyarwanda batagiraga ubwoko babarizwamo.
Nyirangegera Carolina ufite myaka 101, avuga ko yakuriye mu bihe byaranzwe n’ubugome, itotezwa n’ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi, ibi bihe bikaba byaraganishije kuri Jenoside yamutwaye benshi mu muryango we.
Jean Daniel Mbanda wabaye umudepite mu nteko ishingamateko akomoka mu ishyaka rya PSD hagati 1994-1999, aragera mu Rwanda kuwa 29 Werurwe 2017 saa 19h10, aho aje kuzuza ibisabwa kugira ngo ahatanire umwanya wa Perezida wa Repubulika.
Hirya no hino mu gihugu abaturage bafatanyije n’abayobozi babyukiye mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe 2017.
Abapadiri Bera bahagaritse ubutumwa bwabo muri Diyosezi ya Butare bari bamazemo imyaka 117 kuko bari basigaye ari babiri gusa kandi bashaje.
Umuhanzi Miss Jojo yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we kuri uyu wa gatanu tariki ya 17 Werurwe 2017.
Abadepite batanu b’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Uburasirazuba (EALA) banze kwitabira ibiganiro by’inteko zirimo kubera mu Rwanda kuva ku wa 6 Werurwe 2017.
Urubyiruko rwa AERG na GAERG rwiyemeje gukora ibikorwa byo gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi buri mwaka, nk’ishimwe kuko barokotse kandi bakaba bakomeye.
Perezida Kagame, kuri uyu wa 10 Werurwe 2017 yagiranye ikiganiro n’abanyeshuri, abarimu n’impuguke mu by’ubukungu muri Kaminuza ya Havard muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.