Nshimirimana Ismael bakunda kwita Pitchou ukina hagati muri Kiyovu Sports avuga ko atarongera amasezerano ndetse ko nta n’ibiganiro yagiranye na Rayon Sports yavuzwemo.
Ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje ko uwari Umunyamabanga Mukuru wayo Munyengabe Omar yahagaritswe kubera kutuzuza inshingano ze
Umuyobozi w’ikipe ya APR FC Lt Gen Mubarakh Muganga yabwiye abakinnyi ba APR FC ko ubuyobozi butishimiye imyitwarire yabo mu kibuga no hanze yacyo.
Kuri iki Cyumweru kuri sitade ya Bugesera, Rayon Sports yatsinze Bugesera FC 2-0 mu mukino w’umunsi wa 26 wa shampiyona, igabanya ikinyuranyo kiri hagati yayo n’amakipe ya mbere.
Abasifuzi b’umukino wa Volleyball mu Rwanda bahawe amahugurwa y’umunsi umwe yabereye mu Mujyi wa Kigali tariki ya 15 Mata 2023.
Amezi abiri n’igice arashize umukinnyi wabigize umwuga ukomoka mu gihugu cya Uganda, Joackiam Ojera, ageze muri Rayon Sports aho yaje kwifatanya n’iyi kipe yambara ubururu n’umweru mu mikino yo kwishyura muri shampiyona y’umwaka wa 2022-2023.
Ikipe ya Kiyovu Sports yatsinze AS Kigali 1-0 inganya amanota 53 na APR FC yanganyije na Gasogi United 0-0.
Guhera ku wa Gatanu tariki 14/04/2023 abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’abakobwa y’abatarengeje imyaka 17 batangiye kwitegura irushanwa ry’akarere ka Gatanu.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Mata 2023, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Botswana (BFA), ryatangaje ko abasifuzi baryo bane bahagaritswe kubera amakosa bakoze muri raporo y’umukino wahuje Benin n’Amavubi ku wa 22 Werurwe 2023.
Umukino wo kwishyura wa 1/8 mu gikombe cy’Amahoro hagati ya Rayon Sports n’Intare FC washyizwe tariki 19 Mata 2023.
Kuri uyu wa Gatatu hakinwe imikino itatu ibanza ya 1/4 mu gikombe cy’Amahoro Kiyovu Sports itsindirwa i Ngoma, APR FC itsinda Marine FC.
Komisiyo y’ubujurire ya FERWAFA yaraye itangaje umwanzuro ku kirego cyari cyatanzwe n’Intare FC yasabaga ko ikipe ya Rayon Sports iterwa mpaga
Nyuma y’impaka n’inama zitandukanye, byemejwe ko ikipe ya Rayon Sports igomba gukina n’Intare FC umukino wo kwishyura mu gikombe cy’Amahoro
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 19 yatsinze iy’u Burundi mu mikino ya gicuti yabereye mu Rwanda mu mpera z’iki cyumweru
Umukinnyi mpuzamahanga w’umupira w’amaguru ukomoka muri Brazil, Neymar da Silva Santos Júnior, yatakaje Miliyoni y’Amayero, angana n’ibihumbi 900 by’Amapawundi, ni ukuvuga asaga Miliyari imwe na Miliyoni 231 mu mafaranga y’u Rwanda, mu isaha imwe mu mukino w’amahirwe kuri Interineti.
Kuri uyu wa Gatandatu hakinwe imikino itatu y’umunsi wa 25 wa shampiyona aho Rayon Sports yakomeje kugabanya amahirwe yo gutwara igikombe nyuma yo kunyagirwa na Police FC 4-2.
Kuri uyu wa Gatanu hasubukuwe shampiyona hakinwa imikino ibiri y’umunsi wa 25 aho Rwamagana City yongereye amahirwe yo kuguma mu cyiciro cya mbere itsinda Rutsiro FC.
Nyuma y’iminsi ine badakora imyitozo kubera kudahembwa,abakinnyi ba Etincelles FC bahembwe ukwezi kumwe bemera ko kuri uyu wa Gatanu basubukura imyitozo.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda "AMAVUBI" na Bénin mu mukino wo gushaka itike ya CAN wabereye kuri Kigali PELE Stadium
Kapiteni w’Amavubi Haruna Niyonzima utarahamagawe mu bakinnyi barahatana na Benin kuri uyu wa Gatatu ariko yayifurije amahirwe masa asaba Abanyarwanda kuyishyigikira.
Umutoza w’Amavubi Carlos Ferrer avuga ko n’ubwo umukino bafitanye na Benin kuri uyu wa Gatatu kuri Kigali Pelé Stadium ukomeye ariko bazakora ibishoboka byose.
Ku wa Mbere tariki 27 Werurwe 2023, hasojwe imikino yahuzaga abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba, aho u Rwanda ari rwo rwihariye ibihembo.
Ikipe ya Polisi y’u Rwanda mu mukino wa Handball, yisubije igikombe cy’imikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba yaberaga mu Rwanda.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere abakinnyi b’ikipe ya Etincelles FC, banze gukora imyitozo kubera kudahembwa.
Amarushanwa yo kurasa yahuzaga abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO 2023) amaze gusozwa, abagore n’abagabo ba Polisi y’u Rwanda akaba aribo beguganye ibikombe.
Amarushanwa ahuza abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO 2023) agana ku musozo, ku wa Gatandatu tariki 25 Werurwe 2023, yibanze ku kurushanwa kurasa bakoresheje imbunda zitandukanye, bagahamya intego, ababishinzwe bakabaha amanota.
Mu gihe amarushanwa ahuza abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba arimbanyije, ku wa Gatanu tariki 26 Werurwe 2023, ikipe ya Volleyball ya Polisi y’u Rwanda mu bagabo, yegukanye igikombe ihigitse Polisi yo muri Kenya, iyitsinze amaseti 3-1.
Ikipe ya Police FC y’u Rwanda yatsinze Police y’u Burundi kuri penaliti yegukana igikombe cya EAPCCO kiri kubera mu Rwanda
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), yemeje ko umukino uzahuza u Rwanda na Benin uzabera kuri Kigali Pelé Stadium, tariki 29 Werurwe 2023.
Nyuma yo kubwirwa na FERWAFA gushaka umutoza wujuje ibyangombwa, ikipe ya Kiyovu Sports izagarura Alain-André Landeut nk’umutoza mukuru wakuwe muri uyu mwanya mu Ukuboza 2022.