Kuri uyu wa Gatanu ni bwo hakinwe agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda, aho abakinnyi bahagurutse i Rubavu berekeza mu Karere ka Gicumbi.
Abakinnyi 80 ni bo bahagurutse mu Karere ka Rusizi saa mbili n’igice za mu gitondo, babanza kugenda Kilometero 8.3 zitabarwa.
Sitade mpuzamahanga ya Huye yari imaze iminsi ikorerwa igenzura n’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) ngo yemererwe kwakira imikino mpuzamahanga, yahawe ubu burenganzira.
Umufaransa Thomas Bonnet ukinira ikipe ya Total Energies ni we wegukanye agace ka kane kavaga Musanze berekeza Karongi
Kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gashyantare 2021, hakinwe imikino itanu yo kwishyura mu gikombe cy’Amahoro 2023, Sunrise FC, Rutsiro FC na Bugesera FC zo mu cyiciro cya mbere zakomeje muri 1/8.
Umunya-Eritrea Henok Mulueberhane ukinira ikipe ya Green Project ni we wegukanye agace kavuye Huye berekeza i Musanze ahita anambara maillot jaune
Ikipe y’Igihugu ya Misiri y’abagore mu mukino wa Basketball yabonye itike yo kuzakina imikino ya nyuma ya AFROBASKET iteganyijwe kubera i Kigali muri Nyakanga uyu mwaka.
Mu gace ka kabiri ka Tour du Rwanda kavaga Kigali kagasorezwa mu karere ka Gisagara, kegukanywe n’umwongereza Ethan Vernon
Ku Cyumweru tariki 19 Gashyantare 2023, Maniraguha Jean Damascène wari Perezida wa Mukura VS na Visi Perezida we Sakindi Eugene, beguye ku mirimo yabo muri iyi kipe.
Kuri iki cyumweru, ikipe ya APR FC yanyagiye Etincelles FC ibitego 4-2 mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona wabereye kuri sitade ya Bugesera. Ni umukino APR FC yatangiye neza cyane hakiri kare kuko ku munota wa gatatu gusa Nshuti Innocent yayitsindiye igitego ku mupira yahawe na Niyibizi Ramadhan.Iyi kipe yashakaga (…)
Umwongereza Ethan Vernon ukinira ikipe ya Soudal-QuickStep yo mu Bubiligi ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda kavaga Kigali gasorezwa i Rwamagana
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yatsindiye Gasogi United ibitego 2-1 kuri sitade ya Bugesera, biyishyira ku mwanya wa mbere.
Umukinnyi w’umupira w’amaguru w’Umunya-Ghana, Christian Atsu, yagaragaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Gashyantare 2023 yarapfuye, munsi y’ibikuta by’inzu byasenywe n’umutingito wabaye mu minsi 12 ishize, ugahitana abasaga 41,000 muri Turquie na 3,700 muri Syria.
Ikibuga cy’umukino w’amagare giherereye i Bugesera cyubatswe ku bufatanye n’ikipe ya Israël Premier Tech cyatashywe ku mugaragaro.
Kuri uyu wa kane,ikipe ya AS Kigali mu karere ka Bugesera yahanganyirije na Sunrise FC 2-2 ifata umwanya wa mbere mu gihe abo bahanganiye igikombe cya shampiyona batari bakina.
Ikirangirire mu isiganwa ry’amagare Chris Froome ukinira ikipe ya Israel Premier Tech yageze mu Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa kane aho aje gusiganwa muri Tour du Rwanda 2023.
Ikipe y’igihugu y’umukino wa Basketball y’abagore yatangiye itsindwa na Sudani y’Amajyepfo mu rugendo rwo gushaka itike yo gukina imikino y’igikombe cya Afurika “FIBA WOMEN’S AFROBASKET 2023 ”.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangaje ko ibisubizo by’ibanze ryahawe ku kwemerwa kwakira imikino kwa Sitade mpuzamahanga ya Huye bitanga ikizere cyo kuba yakwakira umukino w’Amavubi na Benin.
Isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda “Tour du Rwanda” rigomba gutangira kuri iki Cyumweru rizitabirwa n’ibihangange birimo Chris Froome wegukanye Tour de France
Nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa Basketball Africa League kuri uyu wa mbere bwatangaje amakipe 12 agabanyije mu matsinda abiri aho ikipe ihagarariye u Rwanda muri iyi mikino REG BBC yisanze mu itsinda rizakinira muri Senegal.
Guverinoma y’u Rwanda, irateganya kuzaba ifite Stade mpuzamahanga zigera kuri eshanu mu myaka itanu iri imbere, ni ukuvuga bitarenze 2028, nk’uko byatangajwe na Minisiteri ya Siporo.
Ku wa 13 Gashyantare 2023, ikipe ya Sunrise FC yatangaje ko yahagaritse umutoza wayo Seninga Innocent n’umwungiriza we Tugirimana Gilbert kubera umusaruro muke.
Rutahizamu mushya w’ikipe ya Rayon Sports Ojera Joackiam avuga ko yakunze abakunzi b’iyi kipe atari yamaramo n’ukwezi kumwe ndetse ko yifuza kubitura abahesha igikombe.
Kuri iki Cyumweru kuri Stade mpuzamahanga ya Huye yakuyeho amateka mabi yari amaze imyaka ine Rayon Sports idatsinda APR FC iyitsinda 1-0 mu mukino w’umuns wa 19 wa shampiyona.
Ku bufatanye n’Inshyirahamwe rya Basketball muri Amerika, ishami rya Afurika (NBA Africa) ndetse n’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA), bafunguye inzu y’imikino nshya iri mu ishuri rya Lycée de Kigali.
Kuri uyu wa Gatanu ikipe ya Kiyovu Sports izakina umukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona na Rwamagana City idafite abafana kuri stade Muhanga ndetse na bamwe mu bakinnyi b’ingenzi.
Ikipe ya Gasogi United yabaye ikipe ya kabiri itangaje ko itazitabira imikino y’igikombe cy’Amahoro cya 2023, aho yatangaje ko ari impamvu zitabaturutseho
Umutoza Jorge Paixao watoje Rayon Sports avuga ko iyi kipe izongera gufatirwa ibihano mu gihe yarenza tariki 14 Gashyantare 2023 itamwishyuye ariko yo ikavuga ko mu bujurire yatanze yahawe iminsi 45 kugira ngo hasohoke imyanzuro.
Nyuma yo gutandukana n’ikipe ya CD Trofense yakiniraga muri Portugal, myugariro w’Umunyarwanda Mutsinzi Ange yasinyiye ikipe ya FK Jerv yo muri Norvège.
Umunyarwanda Sibomana Patrick wakiniraga Police FC yamaze kwerekeza mu ikipe ya Ferroviário da Beira yo muri Mozambique