Ikipe ya Rayon Sports yasezereye Police FC muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro iyitsinze ibitego 3-1 kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatatu.
Umuyobozi w’ikipe ya Arsenal, Mikel Arteta, yemeje ko bagiye gushyikiriza ubutabera umufana wabo wamurikishije ikaramu ifite agatara k’icyatsi, mu jisho rya Mykhailo Mudryk mu mukino Arsenal yaraye itsinzemo Chelsea 3-1.
Ku wa kabiri tariki 2 Gicurasi 2023, ikipe y’Igihugu y’abakobwa batarengeje imyaka 17 muri Handball, yazengurutse ibice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali yereka Abanyarwanda igikombe yegukanye, mu mikino y’Akarere ka gatanu ikubutsemo muri Tanzania.
Umukino wo kwishyura wa 1/4 mu gikombe cy’Amahoro 2023 uzahuza Rayon Sports na Police FC kuwa 3 Gicurasi 2023 wakuwe i Muhanga ushyirwa kuri Kigali Pelé Stadium.
Mugihe hasigaye ukwezi n’iminsi ibarirwa ku ntoki ngo isiganwa ngaruka mwaka ry’amahoro rya Kigali (Kigali International Peace Marathon) ritangire, abiyandikisha ku ryitabira bakomeje kwiyongera bijyanye n’uburyohe ndetse n’isuranshya bizaranga iry’uyu mwaka.
Ikipe ya Banki ya Kigali yatwaye ibikombe muri Basketball, Ikigo cy’lgihugu Gishinzwe Mine, Peteroli na Gaze n’Ubumwe Grande Hotel, byegukana ibikombe muri ruhago mu irushanwa ryateguwe mu kwizihiza umunsi w’umurimo, ryasojwe ku ya 1 Gicurasi 2023.
Ku Cyumweru tariki 30 Mata 2023, ikipe ya Rayon Sports yamanuye Espoir FC mu cyiciro cya kabiri iyitsinze 2-1, bituma ifata umwanya wa kabiri muri shampiyona.
Ikipe y’u Rwanda y’abangavu batarengeje imyaka 17 yegukanye igikombe itsinze u Burundi ibitego 32-13 mu mikino y’Akarere ka gatanu muri Handball yasojwe kuri iki Cyumweru tariki 30 Mata 2023 muri Tanzania.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki 29 Mata 2023 nibwo hamenyekanye amakuru ko ikipe ya APR Volleyball Club (APR VC) yamaze kwirukana bidasubirwaho uwari umutoza wayo, Mutabazi Elie, wari umaze imyaka ine ari umutoza mukuru.
Ikipe ya Rayon Sports y’Abagore (Rayon Sports WFC) yabonye itike iyinjiza mu cyiciro cya mbere nyuma yo gutsinda NASHO WFC ibitego 10-1 mu mukino wa 1/2. Yakatishije itike mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Stade ya Rayon Sports iherereye mu Nzove mu Mujyi wa Kigali, ku wa Gatandatu tariki 29 Mata 2023, nyuma y’uko (…)
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Mata 2023, hakinwe imikino itatu y’umunsi wa 27 wa shampiyona irimo iya Kiyovu Sports na APR FC zirwanira igikombe, zikaba zanganyije imikino yazo.
Abaganga ba Rayon Sports batanze ikizere ko umunyezamu Hakizimana Adolphe ugiye kumara ukwezi adakina ashobora kugaruka mu kibuga vuba.
Munyantwali Alphonse wabaye Guverineri w’Intara y’Amajyepfo n’Iburengerazuba yagizwe umuyobozi mukuru mushya wa Police FC. Ibi byatangajwe n’ikipe ya Police FC aho yavuze ko Munyantwali Alphonse yagizwe umuyobozi mukuru wayo, naho SP Regis Ruzindana agirwa umuyobozi wungirije.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abangavu iri mu irushanwa ry’akarere ka gatanu muri handball yasoje imikino y’amatsinda itsinze imikino yose nyuma yo gutsinda Tanzania 46-13.
Ikipe ya Kiyovu Sports yageze muri ½ cy’Igikombe cy’Amahoro isezereye Rwamagana City, mu gihe Rayon Sports yatsinze Police FC 3-2 mu mukino ubanza wa ¼.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko bwa mbere hagiye gutegurwa amarushwanwa yo Kwibohora mu gihe u Rwanda ruzizihiza uyu munsi ku nshuro ya 29.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 17 muri Handaball, kuri uyu wa Gatatu yatsinze umukino wa kabiri mu mikino y’akarere ka 5, irimo kubera muri Tanzania.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Mata 2023, APR FC yabaye ikipe ya mbere igeze muri 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro 2023, nyuma yo gutsinda Marine FC 4-2.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda muri Handball y’abatarengeje imyaka 17 mu bakobwa yatsinze umukino wa mbere mu irushanwa IHF Trophy riri kubera muri Tanzania.
Kuri uyu wa gatandatu taliki ya 22 Mata ni bwo shampiyona y’umwaka wa 2023 mu mukino wa volleyball mu Rwanda yatangiraga shampiyona yagaragaje imbaraga mu itangira ndetse n’ishingwa ry’ikipe ya POLICE VC.
Rayon Sports yatsinze Rwamaga City ibitego 2-1, mu mukino wakinwe iminsi ibiri ugasozwa kuri iki Cyumweru tariki 23 Mata 2023.
Nyuma yo gutsindwa na Police FC 2-1, kapiteni w’ikipe ya APR FC Manishimwe Djabel, yavuze ko nk’abakinnyi ubwabo badafite impungenge ku hazaza habo.
Mu mukino w’umunsi wa 24 utarabereye igihe waberaga kuri PELE Stadium I Nyamirambo usize ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC itakaje bidasubirwaho umwanya wa mbere nyuma yo gutsindwa na POLICE FC ibitego 2-1.
Kuri uyu wa kane tariki 20 Mata 2023, uwari umunyamabanga w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Muhire Henry yeguye ku mirimo ye.
Umukino w’umunsi wa 24 wa shampiyona wagombaga guhuza ikipe ya Police FC na APR FC i Bugesera, wimuriwe kuri Kigali Pelé Stadium.
Mu ijoro ryo kuwa 19 Mata 2023, hasojwe imikino ya ¼ cya UEFA Champions League Man City izereye Bayern Munich, Inter isezerera Benifica.
Ku wa 18 Mata 2023, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryasinyanye amasezerano n’uturere twa Rusizi, Rutsiro na Gicumbi kugira ngo rizatwubakire ibibuga bigezweho bya ruhago.
Ikipe ya Intare FC kuri uyu wa gatatu yandikiye FERWAFA ko itaza gukina na Rayon Sports umukino wo kwishyura wa 1/8 mu gikombe cy’Amahoro wari kuba ku isaha ya saa cyenda.
Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Nizeyimana Mugabo Olivier yeguye avuga ko ari impamvu zikomeye zituma adakomeza kuyobora
Ikipe ya Real Madrid na Milan AC zageze muri ½ cya UEFA Champions League nyuma yo kwitwara neza mu mikino yo kwishyura ya ¼ yabaye kuwa 18 Mata 2023.