Kuri iki Cyumweru tariki 19 Werurwe 2023 kuri sitade ya Adama STU muri Ethiopia, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yakinnye na Ethiopia umukino wa gicuti, ihatsindirwa igitego 1-0.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 18/03 Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda bakoze inteko rusange idasanzwe isiga Geoffrey Zawadi agizwe Visi-Perezida wa wa kabiri asimbura Bagirishya Jean de Dieu.
U Rwanda rugiye kwakira imikino ihuza abapolisi yo mu bihugu bya Afurika y’I Burasirazuba, izahuriza hamwe amakipe 83 mu mikino itandukanye
Inama ya FIFA yabereye mu Rwanda kuwa 14 Werurwe 2023 yafatiwemo imyanzuro yasize impinduka mu igikombe cy’isi ku makipe kizaba muri 2025 ndetse ni cy’ibihugu kizaba muri 2026.
Nyuma yo gutorerwa manda ya gatatu yo kuyobora impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), Gianni Infantino ari kumwe na Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Madamu Munyangaju Aurore Mimosa, umuyobozi w’ishyirahamwe mpuzamahanga ry’umupira w’amaguru w’abantu bafite ubumuga ku Isi (WAFF), Georg Schlachtenberger (…)
Kuri uyu wa Gatanu i Nyon mu Busuwisi habereye tombola ya 1/4 na 1/2 cya UEFA Champions League 2022-2023, isiga Real Madrid itomboye Chelsea. Ni tombola yari iyo kugaragaza uko amakipe umunani asigaye muri iri rushanwa ry’uyu mwaka azahura muri 1/4 cy’irangiza ariko hagahita hanagaragazwa uko azahura muri 1/2.
Ni amasezerano agamije gutuma ikirangirire Lionel Messi w’Umunya-Argentine, wakiniraga ikipe ya Paris Saint Germain (PSG), aba ku ruhembe mu kugaragaza isura y’umupira w’amaguru muri Saudi Arabia.
Mu nama ya FIFA ibera i Kigali, Perezida Kagame yatangaje ko yanyuzwe n’imiyoborere ya Gianni Infantino, wongeye gutorerwa kuyobora iryo shyirahamwe.
Gianni Infantino wari usanzwe ayobora FIFA, yongeye gutorerwa indi manda mu matora yabereye i Kigali muri BK Arena, aho yari umukandida rukumbi.
Ikipe ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2023, REG BBC, yaraye ikatishije tike yo gukina imikino ya nyuma izabera i Kigali muri Gicurasi uyu mwaka, nyuma yo gutsinda ikipe ya AS Douanes yo muri Senegal amanota 69 kuri 55.
Umunyezamu Mazimpaka André uheruka gusezera gukina umupira w’amaguru avuga ko amarozi yamuvuzweho mu mwaka wa 2016 ubwo yakiniraga Mukura VS yakinnye na Rayon Sports byari byo kuko yemeraga ko bikora.
Mu rwego rw’imikino yateguwe ihuza abitabiriye inama ya FIFA, ikipe y’u Rwanda yari irimo Perezida Kagame yatsinze iya FIFA ibitego 3-2.
Perezida Paul Kagame na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, bafunguye ku mugaro Stade ya Kigali yamaze guhabwa izina rya Kigali Pelé Stadium.
Hoteli ya FERWAFA yubatswe kuva mu mwaka wa 2017, yatangiye gukorerwamo bimwe mu bikorwa birimo n’iby’inama ya FIFA ibera mu Rwanda.
Umunya Pologne Marcin Oleksy uherutse guhabwa igihembo cy’uwatsinze igitego cyiza na FIFA (Puskás Award 2023), arasesekara mu Rwanda kuri uyu wa gatatu mu nteko rusange ya FIFA (FIFA CONGRESS) akaba kandi azanitabira itangizwa ry’Umupira w’amaguru w’abagore bafite ubumuga mu Rwanda.
Ikipe ihagarariye u Rwanda mu marushanwa ya Basketball Africa League (BAL 2023) REG Basketball club yatsinze umukino wa kabiri wikurikiranya mu itsinda rya Sahara Conference yiyongerera amahirwe yo gukina imikino ya nyuma.
Perezida Paul Kagame yahawe igihembo nk’uwakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu guteza imbere siporo by’umwihariko umupira w’amaguru, iki gihembo akaba yagiherewe mu muhango wabereye i Kigali muri Serena Hotel.
Abakinnyi bakina mu Rwanda batangiye imyitozo yo gutegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizaba umwaka utaha
Ku bufatanye n’ishyirahamwe ry’umukino wa Tennis mu Rwanda, (Rwanda Tennis Fderation /RTF) na Ingenzi Initiative, ku Cyumweru tariki 12 Werurwe 2023, mu Mujyi wa Kigali hasojwe irushanwa ry’umukino wa Tennis mu bagore, mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abagore.
Ku Cyumweru tariki 12 Werurwe 2023 mu Karere ka Gicumbi hasorejwe agace ka gatatu ka shampiyona ya Volleyball y’abafite ubumuga (Sitting Volleyball) hanamenyekana amakipe azakina imikino ya kamarampaka (Playoffs) izakinwa muri Gicurasi.
Ikipe ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2023 y’uyu mwaka, REG BBC, yatangiye yitwara neza mu mukino ubanza wa Sahara Conference nyuma yo gutsinda ikipe ya Kwara Falcons yo muri Nigeria, amanota 64 kuri 48.
Kuri sitade ya Bugesera, ikipe ya Rayon Sports kuri iki Cyumweru yanganyije na AS Kigali 1-1, mu mukino w’umunsi wa 23 wa shampiyona itakaza umwanya wa kabiri.
Kuri uyu wa Gatandatu ikipe ya APR FC yatsindiye Marine FC kuri stade Umuganda ibitego 3-2 ikomeza kuba iya mbere, mu gihe Bugesera FC yatsinze Police 2-1.
Umutoza w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Carlos Ferrer, avuga ko imikino ibiri izabahuza na Benin n’ubwo itazaba yoroshye, ariko biteguye kuyibonamo umusaruro mwiza.
Ku mugoroba wo ku itariki ya 09 Weryurwe 2023, Ambasaderi w’u Rwanda muri Senegal, Jean Pierre Karabaranga yasuye abakinnyi b’ikipe ya Basketball, REG BBC, bari muri Senegal aho bitabiriye imikino y’irushanwa rya Basketball Africa League /BAL (Sahara Conference), ribaye ku nshuro yaryo ya gatatu.
Kuri uyu wa gatandatu no ku cyumweru taliki ya 11 na 12 mu karere ka Gicumbi ho mu majyaruguru y’urwanda harabera shampiyona ya volleyball y’abafite ubumuga (Sitting Volleyball) agace ka gatatu (Phase 3).
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Carlos Alos Ferrer yatangaje urutonde rw’abakinnyi 30 bategura imikino ibiri izabahuza na Bénin muri uku kwezi
Ikipe ya Etincelles FC isanzwe ikina mu kiciro cya mbere muri shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, yamaze kubona umufatanyabikorwa mushya, basinyanye amasezerano y’igihe kirekire.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko ibiganiro yagiranye na FERWAFA bitumye yemera kugaruka mu gikombe cy’Amahoro