
Rayon Sports yari yamaze kugera i Benghazi
Mu itangazo Rayon Sports yashyize ahagaragara ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, iyi kipe yari yamaze kugera no muri Libya, yavuze ko nyuma y’ibiganiro byahuje impande zombi (amakipe) bumvikanye ko umukino ubanza n’uwo kwishyura yose yabera i Kigali ariko bakaba bategereje ko Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika ibyemeza.
Mu gihe CAF yabyemeza, hazatangazwa amatariki imikino yombi izaberaho. Umukino ubanza wari kuba kuri uyu wa Gatanu saa mbili z’ijoro muri Libya mu gihe uwo kwishyura uteganyijwe tariki 29 Nzeri 2023.
Igihugu cya Libya kugeza ubu kiri mu cyunamo kubera abantu basaga ibihumbi bitanu bamaze guhitanwa n’umuyaga wibasiye iki gihugu muri iki gihe.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Nibihanane ariko bazatsinde