Mukura iratora Komite nyobozi kuri iki cyumweru

Ikipe ya Mukura VS irateganya kongera gutora komite nyobozi nshya kuri iki cyumweru,nyuma y’aho Komite yari isanzweho irangije manda yayo y’imyaka ine,igikorwa kizabera mu nama y’inteko rusange izabera mu karere ka Huye

Kuri iki cyumweru taliki ya 26 Nyakanga 2015,mu cyumba cy’inama cy’akarere ka Huye harabera inama y’inteko rusange y’ikipe ya Mukura VS. Mu kiganiro Kigali Today yagiranye na Ntakirutimana Emmanuel,umunyamabanga mukuru w’ikipe ya Mukura, yadutangarije ko muri iyo nama hazaba hasuzumwa ingingo enye nyamukuru arizo:

1. Kwemeza no kwakira abanyamuryango bashya

Muri iyi nama hazanemezwa abanyamuryango bashya
Muri iyi nama hazanemezwa abanyamuryango bashya

2. Kureba raporo y’umutungo na raporo y’imikorere

3.Kwemeza ingengo y’imari y’umwaka w’imikino wa 2015/2016

Kuri iyi ngingo hazaba harebwa umubare w’amafaranga azakoreshwa uri shampiona itaha n’ubwo hataremezwa iyo shampiona izakinwa,niba izakinwa nk’uko isanzwe ikinwa cyangwa se ikazakinwa mu ma zones,cyane ko bishobora gutuma habaho impinduka zijyanye n’amafaranga.

Mukura mu mwaka ushize w'imikino yakoresheje Milioni zigera kuri 95 z'amanyarwanda
Mukura mu mwaka ushize w’imikino yakoresheje Milioni zigera kuri 95 z’amanyarwanda

Gusa ariko iyi kipe ya Mukura mu mwaka w’imikino ishize yari yakoresheje ingengo y’imari ingana na Milioni 95 z’amafaranga y’u Rwanda, aho iyi kipe yakiniraga imikino myinshi mu mujyi wa Kigali mu gihe ibibuga yifashishaga byari biri muri gahunda yo gusanwa.

Muri uyu mwaka w'imikino Mukura ntiyakunze gukinira imbere y'abafana bayo
Muri uyu mwaka w’imikino Mukura ntiyakunze gukinira imbere y’abafana bayo

4.Gutora komite nshya ya Mukura VS

Ku bijyanye no kwiyamamaza kandi nk’uko twabitangarijwe n’umuvugizi wa Mukura VS, icyo gikorwa kizakorerwa muri iyo nama,ndetse kandi uwerewe kwiyamamaza agomba kuba ari umunyamuryango wemewe kandi wasinye ku mategeko shingiro yatumye ikipe ibona ubuzima gatozi,cyangwa se yaremejwe n’inteko rusange,no kuba ufite ubumenyi kuri siporo.

Olivier Nizeyimana usanzwe ari Perezida wa Mukura
Olivier Nizeyimana usanzwe ari Perezida wa Mukura

Ubusanzwe Komite ya Mukura yari igizwe na Olivier NIZEYIMANA, ariwe Perezida,Visi Perezida Gervais BIZIRAMWABO,Umunyamabanga mukuru ni Emmanuel NTAKIRUTIMANA,Padiri MUGENGANA Wellars akaba umujyanama.

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka