Abakiri batoya barashishikarizwa kujya basura ishyinguranyandiko kandi bakagira umuco wo gusoma kugira ngo bagire uruhare mu kuzuza ahakiri icyuho mu makuru.
Urukiko rwo mu Karere ka Iringa, rwahanishije igihano cyo gufungwa burundu no kwishyura amande y’Amashilingi Miliyoni eshanu ya Tanzania, umugabo witwa Method Muhimba w’imyaka 33, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gufata ku ngufu umwana w’imyaka icumi (10), wiga mu mwaka wa Gatanu w’amashuri abanza.
Abaturage basaga 200 bari batuye mu Midugudu ya Nshuli mu Murenge wa Rwempasha n’uwa Rwinyemera mu Murenge wa Karangazi, batangiye guhabwa ibyangombwa by’ubutaka bamaze imyaka isaga 10 batuyemo.
Mu minsi ishize, umwe mu bacuruzi bafite ahantu hacururizwa ikawa yo kunywa mu Rwanda, yahuye n’ikibazo cyahungabanyije ubucuruzi bwe ku buryo n’ubu butarongera gusubira ku rwego bwari buriho.
Abantu 10 bari bavuye mu bukwe baguye mu mpanuka y’imodoka ya bisi bari barimo yagonze ‘rond-point’, Polisi ikaba yatangaje ko umushoferi yatawe muri yombi kuri uyu wa mbere.
Komisiyo y’ubujurire y’amatora ya FERWAFA yatangaje imyanzuro ku bakandida bajuriye, yemeza ko ubujurire bwa Gacinya Chance Denis ari bwo bwonyine bufite ishingiro
Amwe mu mateka y’inyito z’ahantu usanga asobanura ibintu biba byarabayeho kera ariko abantu benshi ntibamenye inkomoko yabyo. Uyu munsi tugiye kubagezaho inkomoko y’insigamigani “Guta inyuma ya Huye” hamwe n’amateka y’ibisi bya Huye.
Kuri uyu wa Mbere, Umuhanga mu guhanga imideri, Turahirwa Moses yitabye urukiko aho agiye kuburana ubujurire yatanze ku cyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge cyo kumufunga iminsi 30 y’agateganyo.
Ubushakashatsi bwagaragaje ko kunywa umutobe (jus) wa beterave, bifasha mu guhangana n’indwara z’umutima, ndetse bunasaba abarwayi bazo ko bajya bawunywa buri munsi.
Ibiro by’umurenge wa Shyira ni imwe mu nyubako zasenywe n’ibiza byibasiye akarere ka Nyabihu, tumwe mu turere tunyuranye tugize Intara y’Iburengerazuba hamwe n’iy’Amajyaruguru.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe buvuga ko ahitwa mu Dusego mu Murenge wa Gasaka, mu Karere ka Nyamagabe hagiye gukatwa ibibanza, hakazubakwa inzu zimeze kimwe, zijyanye n’umujyi.
Mu Karere ka Rubavu abagera ku 5000 basenyewe n’ibiza bari mu nkambi ku ma site atandukanye, mu rwego rwo kwita ku mikurire myiza y’umwana, ku mafunguro y’abana n’abagore batwite hariyongeraho igi.
Mu Bushinwa, umugabo yirukanywe n’umukoresha we kubera ko yamaraga umwanya munini cyane mu bwiherero, kandi ari mu masaha y’akazi, aho bivugwa ko yajyaga mu bwiherero akamaramo igihe kiri hagati y’iminota 47 n’amasaha atandatu (6).
Ku Cyumweru tariki 11 Kamena 2023, mu umuhango wo gutambagiza Isakaramentu ritagatifu, umukirisitu umwe yavuze ko igituma abikora ndetse atabisiba, ari uko bimuha ibyishimo kuri uwo munsi ndetse no mu buzima bwe bwa buri munsi.
Polisi y’ahitwa Osun muri Nigeria, yafashe umujura wiba za telefone uzwi cyane ku izina rya Saheed Abioye, ariko bakunda kwita ‘Anini’, nyuma yo kwiba telefone 10 z’abakirisitu mu rusengero nyuma agahita arusinziriramo.
Abafite ubumuga barasaba ko barushaho kwegerezwa insimburangingo n’inyunganirangingo, ku buryo babibonera ku rwego rw’Akarere kandi ku bwisungane mu kwivuza (Mituweli), kuko ahenshi bazibona bibahenze.
Abakinnyi bakina hanze y’u Rwanda bakomeje kugera mu mwiherero w’Amavubi, aho abatangiye imyitozo uyu munsi ari Usengimana Faustin na Rubanguka Steve
Aborozi bo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza, boroje abaturage 32 batishoboye harimo n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu rwego rwo kubafasha kugira imibereho myiza.
Leandre Essomba Willy Onana wakiniraga Rayon Sport yasinyiye Simba SC yo muri Tanzania amasezerano y’imyaka ibiri.
Umusore witwa Mukiza Willy Maurice, mu kiganiro yahaye abitabiriye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 29 urubyiruko rwishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gifite insanganyamatsiko igira iti “Igihango cy’Urungano”, yavuze ko amahitamo ye ari ugufatanya n’abandi Banyarwanda kubaka Igihugu, ntajye mu murongo umwe na se (…)
Kuri iki Cyumweru habaye Isiganwa Mpuzamahanga rya Kigali ryitiriwe Amahoro 2023 George Onyancha aryegukana muri Marathon yuzuye y’ibirometero 42,195 KM, mu gihe Kennedy Kipyeko yegukanye umwanya wa mbere muri 1/2 cya Marathon.
Perezida wa Guinée-Bissau, Umaro Sissoko Embalo, agiye gukorana n’ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, kuko batsindiye imyaka 54 mu nteko ishinga amategeko, nk’uko byagaragajwe n’ibyavuye mu matora y’Abadepite, byatangajwe ku itariki 8 Kamena 2023.
Abanyeshuri baje gutangira amasomo tariki 5 Kamena 2023 mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye, bibaza niba iriya tariki yo gutangira yaratunguye abacunga amacumbi, kubera akavuyo kagaragaye mu kuyatanga.
Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, yasabye Umujyi wa Kigali kunoza ubukerarugendo, harimo kugaragaza gahunda y’ingendo mu modoka z’amagorofa zishinzwe gutembereza abantu.
Umunya-Kenya w’umunyarwenya umaze kwamamara mu Karere no ku mugabane wa Afurika, Eric Omondi n’umukunzi we, umunyamideli n’umushabitsikazi, Lynne, batangaje ko bitegura kwibaruka umwana wabo wa mbere.
Kuri uyu wa Gatandatu ,ikipe Manchester City yatsinze Inter igitego 1-0 itwara igikombe cya UEFA Champions League ku ku nshuro ya mbere mu mateka yayo mu mukino wa nyuma wabereye kuri Ataturk Olympic Stadium muri Turkey.
Abana bane bava inda imwe basanzwe mu ishyamba rya Amazone, nyuma y’iminsi 40 habaye impanuka y’indege yabaye tariki ya 01 Gicurasi 2023, igahitana abapilote babiri na mama w’abo bana.
Umuhanzi Ossama Masut Khalid, umaze kwandika izina nka Okkama, ari mu byishimo bikomeye nyuma yo kwibaruka imfura y’umwana w’umuhungu.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Gicurasi 2023, yakiriye muri Village Urugwiro, Yo-Yo Ma, inzobere mu gucurangisha igikoresho cya Cello, ndetse akaba yaranatsindiye Grammy Award inshuro 19.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Kamena 2023, nibwo i Kigali hasinywe amasezerano ya nyuma yemeza icyicaro gikuru cy’ikigo gishinzwe iby’imiti muri Afurika (African Medicine Agency/AMA), kigomba kuba mu Rwanda.
Umukobwa w’imyaka 19 y’amavuko wo muri Colombia, yavugishije benshi cyane cyane abakoresha imbuga nkoranyambaga, nyuma yo kuvugira kuri Televiziyo yitwa TV Malambo yo muri icyo gihugu, ko yaba yaratewe inda n’imbaraga zidasanzwe.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), cyatangaje ko ibiciro byiyongereyeho 14.1% mu kwezi kwa Gicurasi 2023, ugereranyije na Gicurasi 2022.
Nyuma y’uko ibiza byatewe n’imvura idasanzwe yaguye mu ijoro ryo ku ya 2 rishyira itariki 03 Gicurasi 2023 bisenyeye abaturage, 135 bahaburira ubuzima, ubushakashatsi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe umutungo kamere w’Amazi (RWB), bwagaragaje ko umugezi wa Sebeya n’uwa Mukungwa iza ku mwanya wa mbere mu byateje ibyo biza.
Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwahamije uwitwa Rusumbabahizi wo mu Karere ka Ruhango, icyaha yo kwica umugore we n’umwana yari atwite, rumukatira igifungo cya burundu.
Ikigo cya Leta zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe Iterambere (USAID) mu Rwanda, cyatangaje ko cyongereye igihe cyo gutera inkunga gahunda zo guteza imbere ubuzima mu gihugu, zari zaratangiye mu 2020 zigomba kurangirana na Kamena uyu mwaka.
Abanyeshuri biga muri Bigigwe TSS, bakomeje gahunda yo kwegera abahinzi n’aborozi baturiye iryo shuri, bakemura ibibazo bafite, bibanda ku kubavurira amatungo.
Mu ishuri ya Lycée de Kigali, habereye umuhango wo guha ibikoresho amashuri yatoranyijwe muri gahunda y’umushinga wa ‘ISONGA-AFD’, ugamije guteza imbere impano z’abakiri bato mu mikino itandukanye binyuze mu bigo by’amashuri binyuranye, wari umaze imyaka ibiri waratangijwe ariko udakora.
Umuraperi w’icyamamare, Tupac Amaru Shakur, umaze imyaka 27 yishwe, yahawe inyenyeri muri ‘Hollywood Walk Of Fame’ ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa yagezeho.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yatangaje ko ingendo Abadepite batangiye mu mpera z’Ukwezi gushize kwa Gicurasi, zikomereza mu Mujyi wa Kigali kuva kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Kamena 2023.
Ku wa Gatanu tariki ya 9 Kamena 2023 mu Karere ka Rulindo habereye igikorwa cyo gutora Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, uwatowe akaba ari Rugerinyange Theoneste wasimbuye Mutsinzi Antoine wahawe inshingano zo kuyobora Akarere ka Kicukiro.
Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Kamonyi barasaba ko igihe giteganyijwe cyo kumurika no gucuruza ibyo bakora cyakongerwa, kugira ngo ibyo baba bazanye babone umwanya wo kubicuruza no gukomeza guha amakuru ababagana.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, yabwiye Abofisiye bakuru baturutse mu bihugu 11 byo ku mugabane wa Afurika ko bahanzwe amaso mu kubakira ku bumenyi bakesha amasomo bahawe, abasaba kurushaho gusigasira ubusugire bw’ibihugu bakomokamo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye abayobozi baturutse muri Volkswagen aho bari mu Rwanda mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka itanu y’ubufatanye buri hagati y’u Rwanda n’uru ruganda.
Madamu Jeannette Kagame arashishikariza Abanyarwanda muri rusange, n’urubyiruko by’umwihariko, kwibona nk’abanyamigabane mu kubaka u Rwanda.
Abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu kuri moto mu Karere ka Nyagatare bafite impungenge ko ibinyabiziga byabo bishobora gutezwa cyamunara kubera kunanirwa kwishyura amadeni y’amakosa batakoze, bikekwa ko biterwa n’abahindura ibirango by’ibinyabiziga.
Ku wa Kane tariki 08 Kamena 2023, mu Karere ka Ngoma batashye gare yuzuye itwaye Amafaranga y’u Rwanda Miliyoni 750, ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira imodoka hagati ya 150 na 200, yubatswe na Jali Investment Group.
Umuyobozi w’ishuri ribanza rya Birembo, Rukundo Jean Baptiste, mu Kagari ka Mpushi, Umurenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi, avuga ko ibyumba bitatu barimo kubakirwa bigiye gukemura ikibazo cy’abana basangiraga icyumba kimwe cy’ishuri batiga mu mwaka umwe.
I Kigali hakomeje kubera umwiherero wa Komite Ihoraho y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ugamije kwiga aho amavugurura yakozwe mu nzego z’uyu muryango ajyanye n’imikorere yawo ageze ashyirwa mu bikorwa.