Ambasaderi Valentine Rugwabiza, intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, ndetse n’Umuyobozi w’Ubutumwa bw’Umuryango ugamije kugarura amahoro muri Santrafurika (MINUSCA), basuye Ingabo z’u Rwanda zoherejwe mu Karere ka Sam- Ouandja.
Kuri iki Cyumweru tariki 26 Gashyantare 2023, ubwo hasozwaga isiganwa rya Tour du Rwanda ryari rimaze iminsi umunani ribera mu Rwanda, Perezida Kagame yitabiriye agace ka nyuma k’iri siganwa.
Urubuto rw’umwembe rukomoka muri Aziya y’Amajyepfo, ariko ubu ruhingwa no ku yindi migabane itandukanye. Ubushakashatsi bugaragaza ko rukize ku byitwa ‘antioxydants’ bifasha umubiri w’umuntu gukora neza nk’uko urubuga www.bbc.com rwabisobanura.
Hennok Mulueberhan ukinira ikipe ya Green Project ni we wegukanye isiganwa "Tour du Rwanda" ryari rimaze iminsi umunani ribera mu Rwanda
Abaturage bo mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, hamwe n’Ubuyobozi uhereye ku rwego rw’iyi Ntara n’Uturere, bifatanyije mu muganda wibanze ku gutunganya ibikorwa remezo, byiganjemo imihanda, kubakira abatishoboye batagiraga aho kuba, hamwe no kurwanya isuri.
Mu Buhinde, umuhungu w’imyaka 17 y’amavuko, yagize ubwoba bwinshi nyuma yo kwisanga mu cyumba cyo gukoreramo ibizamini ari wenyine mu bakobwa amagana, ahita yikubita hasi atakaza ubwenge ahita ajyanwa ku bitaro.
Abesamihigo b’Akarere ka Gakenke bakiriye inka y’Ubumanzi hamwe n’iyayo, bagenewe na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), nyuma y’uko ako karere kabaye aka mbere ku rwego rw’Igihugu, mu gukoresha neza Urugerero rw’Inkomezabigwi 10 rwo mu mwaka wa 2022/2023.
Ku wa Gatandatu tariki 25 Gashyantare 2023 hakinwe imikino itatu y’umunsi wa 21 wa shampiyona, aho wasize Rayon Sports itsinze Rutsiro FC 2-0, Kiyovu Sports itsinda Bugesera FC 1-0.
Abayobozi b’ibibuga by’indege bo mu bihugu 53 bya Afurika, hamwe n’abayobozi batandukanye bo mu Rwanda, kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Gashyantare 2023, bifatanyije n’abaturage bo mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Mwurire mu bikorwa by’umuganda.
Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Ngoma, ku wa Kane tariki ya 23 Gashyantare 2023, yafashe umusore w’imyaka 28 ucyekwaho gukora no gukwirakwiza mu baturage amafaranga y’amiganano.
Umukobwa w’imyaka 17 wo mu Karere ka Ruhango yasanzwe mu cyumba cye aho yararaga yapfuye, hakaba hataramenyekana icyo yazize kuko ngo ku munsi wo ku wa 24 Gashyantare 2023, yiriwe ari muzima.
Minisitiri w’Umutekano, Alfred Gasana, yasabye abasore n’inkumi binjijwe muri Polisi y’Igihugu, kuzakorana neza n’abandi babanjirije mu kazi, gukorana ishyaka n’umurava mu kazi, kuba inyangamugayo no guharanira ishema ry’u Rwanda, banirinda icyakwangiza isura y’Igihugu n’iya Polisi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, yasabye Abanyamabanga Ashingwabikorwa b’Utugari tugize Intara y’Iburasirazuba, gukumira ibibazo byugarije umuryango nyarwanda birimo amakimbirane, ubuharike, imiryango ibana itashyingiwe mu mategeko, abangavu baterwa inda, ubuzererezi n’ibindi.
Ikipe ya REG Basketball Club yasubiriye ikipe ya Patriots BBC, iyitsinda muri shampiyona amanota 83 kuri 69, nyuma yo kuyibuza guhagararira Igihugu mu mikino ya BAL umwaka ushize.
Abahanzi 60 bafite impano zitandukanye batsinze mu cyiciro cya kabiri cy’irushanwa ArtRwanda-Ubuhanzi, baravuga ko bafite icyizere ko nta kabuza amasomo bahawe azabafasha kubyaza umusaruro impano zabo.
Mu gace kabanziriza aka nyuma ka Tour du Rwanda kakinwe kuri uyu wa Gatandatu, Umutaliyani Manuele Tarozzi ni we wegukanye umwanya wa mbere.
Abayobozi ba Nigeria bafashe icyemezo cyo gufunga imipaka yo ku butaka y’icyo gihugu yose, mu rwego rwo kugira ngo amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite yatangiye uyu munsi ku itariki ya 25 Gashyantare 2023 agende neza, nta buriganya bujemo nk’uko byatangajwe n’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri icyo gihugu.
Ikigo Nyarwanda cy’ubucuruzi cyitwa Heart of Africa Trading Ltd. gisanzwe gikorera mu Bushinwa, kigiye gutangira gukorera i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), aho kizajya gitanga serivisi zitandukanye mu bikorwa by’ubucuruzi ku batumiza n’abohereza ibicuruzwa mu Rwanda n’ahandi ku Isi.
Ikiganiro Ed-Tech Monday, gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation, kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, binyuze mu nsanganyamatsiko zitandukanye, cyongeye cyagarutse.
Abasenateri basabye ko uburyo bwa Kinyarwanda (Rwandan solutions) bwongerwa mu ngamba Igihugu cyafashe, zijyanye no gukemura ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe.
Umuyobozi ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Nyabweshongwezi ya kabiri, Akagari ka Nyabweshongwezi, Umurenge wa Matimba, afungiye kuri RIB Sitasiyo ya Matimba akekwaho gusambanya umukobwa w’imyaka 17 akanamutera inda.
Ishuri ry’imyuga n’Ubumenyingiro rya Mutobo (Mutobo TVET School), ryatangiye kwigwamo n’abatahuka bavuye mu gisirikari cyo mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) ndetse n’abandi baturage basanzwe, ryatwaye Miliyoni 800 z’Amafaranga y’u Rwanda, ryafunguwe ku mugaragaro ku wa Kane tariki 23 Gashyantare (…)
Umutoza w’ikipe ya Etincelles FC, Radjab Bizumuremyi, avuga ko abakinnyi be babayeho nabi kuko bamaze igihe kingana n’amezi abiri badahembwa.
Abaturage basanzwe bakora imirimo y’ubuvumvu mu nkengero za Pariki ya Gishwati batangaza ko umusaruro w’ubuki ugenda ugabanuka umunsi ku wundi bitewe n’itemwa ry’amashyamba atarakura hamwe no gukoresha imiti yica udusimba mu myaka.
Gutwitira inyuma ya nyababyeyi (Une grossesse extra-utérine/grossesse ectopique), bivugwa iyo igi ry’umugore rigumye aho ryahuriye n’intangangabo, ni ukuvuga mu muyoborantanga, cyangwa se rikamanuka rikajya hasi ku nkondo y’umura nk’uko rishobora no kujya ahandi hakikije ibyo bice.
Abanyeshuri basura Ikigo gishinzwe iterambere ry’inganda mu Rwanda (NIRDA), baravuga ko bahungukira ubumenyi bwiyongereye ku byo biga mu mashuri, kuko icyo kigo gifite ikoranabuhanga rihanitse kandi kakaba gakenewe mu byo biga n’ibyo bazakora basoje amasomo yabo.
Abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba barifuza ko umusoro ku nyungu wagabanywa kimwe n’uw’ubutaka ndetse no kujya begerwa hakamenyakan impamvu hari icyemezo batubahirije aho kwihutira kubaca amande.
Ikipe ya Etincelles FC kuri uyu wa gatanu yatesheje amanota AS Kigali banganya 2-2 mu mukino w’umunsi wa 21 wa shampiyona wabereye kuri Sitade Umuganda.
Umworozi witwa Ngirumugenga Jean Marie Pierre utuye mu kagari ka Cyanya mu murenge wa Kigabiro akarere ka Rwamagana avuga ko ubworozi bw’inuma bwatangiye kumwinjiriza amafaranga ndetse bukanamuha ifumbire.
Inteko rusange y’umuryango w’abibumbye (ONU/UN) yateraniye i New York tariki ya 23 Gashyantare 2023 ibihugu 141 byatoye umwanzuro usaba Uburusiya guhagarika intambara no gukura abasirikare bayo muri Ukraine.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Gashyantare 2023, Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro, yakiriye indahiro z’abayobozi bakuru ba Polisi, DCG Félix Namuhoranye na CP Vincent Sano.
Abahinzi b’ibirayi mu Karere ka Rubavu batangaza ko bizeye kongera kubona umusaruro w’ibirayi mu mezi atatu ari imbere bitewe n’igabanuka ry’igiciro cy’ifumbire n’imbuto.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda) kivuga ko imvura y’Itumba izagwa mu mezi ya Werurwe, Mata na Gicurasi 2023, muri rusange izaba ihagije ariko ikaba ifite icyerekezo cyo kuba nke ugendeye ku bihe by’Itumba byashize.
Bamwe mu bana n’ababyeyi bo mu Karere ka Rulindo, baremeza ko imyumvire yahindutse, aho bafataga imyuga nk’amashuri y’abaswa, ubu bakaba bamaze kuyabonamo ubukungu.
Mu rwego rwo kumenyekanisha u Rwanda ndetse n’ibihakorerwa, ikigo gishinzwe gucunga no guteza imbere AkadomoRw (RICTA), kirahamagarira abafite ibigo bikoresha ikoranabuhanga byo mu Rwanda gukoresha akadomoRw (.rw), kuko bigaragaza ibyo bakora byihuse mu Rwanda n’ahandi.
Umusuwisi Matteo Badilatti ni we wegukanye agace ka gatandatu ka Tour du Rwanda kakinwe abakinnyi bava i Rubavu basoreza mu karere ka Gicumbi
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Antonio Guterres, yagize Umunyarwandakazi Aissa Kirabo Kacyira, Umuyobozi w’ibiro by’uyu muryango muri Somalia, United Nations Support Office in Somalia (UNSOS).
Abamotari bo mu Karere ka Huye baribaza igihe ikibazo cy’ubwishingizi (assurance) buhenze bwa moto kizakemukira, nyuma y’uko mugenzi wabo wo mu Ruhango yari yakigejeje kuri Perezida Kagame, agasezeranywa ko mu mezi abiri kizaba cyakemutse.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe uburezi (REB), kirasaba ababyeyi gufasha abana kuzamura ubushobozi bw’ubumemyi binyuze mu mikino, kugira ngo ibyo umwarimu yamuhaye bibashe kuzamuka mu mpande zombi.
Perezida Paul Kagame ku wa Kane tariki ya 23 Gashyantare 2023, yakiriye mu biro bye Sylvan Adams, washinze ikipe y’amagare ya Israel Premier Tech, imwe mu makipe kuri ubu arimo guhatana muri Tour du Rwanda irimo kuba ubu.
Kuri uyu wa Gatanu ni bwo hakinwe agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda, aho abakinnyi bahagurutse i Rubavu berekeza mu Karere ka Gicumbi.
Abaturiye ndetse n’abakomoka ku basizi bakomeye bazwi mu Rwanda, bifuza ko ahazwi nko ku Ntebe y’abasizi mu Karere ka Huye hakubakwa urugo rw’umusizi, kugira ngo bongere basubire mu nganzo.
Ikigo gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubuworozi mu Rwanda (RAB), kiributsa abahinzi n’abandi bafatanyabikorwa ibikwiye kwitabwaho mu gihe cyo gukoresha ubwanikiro bw’imyaka, mu rwego rwo kurushaho kubungabunga umusaruro w’ubuhinzi n’umutekano w’ababukoresha.
Ku wa Gatatu tariki ya 22 Gashyantare 2023, Polisi y’u Rwanda yafatiye mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge umugabo w’imyaka 25 y’amavuko, wakaga abaturage amafaranga abasezeranya kuzabona uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga.
Abatahutse mu Rwanda bavuye mu mitwe yitwara gisirikari, ibarizwa mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), bahawe ibikoresho by’imyuga, babitezeho kubabera imbarutso yo gushyira mu bikorwa no kunoza imishinga yo kwiteza imbere.
Itsinda ry’abacuruzi n’abashoramari baturutse mu Rwanda bitabiriye inama y’ubucuruzi ibahuza na bagenzi babo bo muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu mu rwego rwo kugaragaza amahirwe y’ishoramari n’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.
Paschal Kaigwa Mariseli w’imyaka 21, w’ahitwa Bukoba muri Tanzania, akekwaho kwica uwitwa Hadija Ismail w’imyaka 29, babanaga mu nzu amukubise ikintu mu mutwe, ubu ari mu maboko ya Polisi yo mu Ntara ya Kagera, nyuma yo kumara iminsi itandatu (6) yihishe , maze inzara ikamuvana aho yari yihishe.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) hamwe n’umufatanyabikorwa witwa ’Akazi Kanoze Access’, bavuga ko abagana ibigo by’urubyiruko ari abashomeri badatinda kubuvamo iyo bahuguwe.
Habanabakize Olivier, uheruka kuvurirwa indwara y’amagufa mu Gihugu cy’u Buhinde, yari yaratumye amugara irubavu, arifuza kuzaba muganga w’abana bagize ikibazo cy’ubumuga.
Ku bufatanye bwa Zipline n’umuryango Ishuti mu Buzima, ku wa Gatatu tariki ya 22 Gashyantare 2023, hatangijwe ubushakashatsi mu mushinga ugamije gutanga serivisi zo gushyikiriza abarwayi ba diyabete imiti mu rugo hifashishijwe indege zitagira abapilote (Drones) ndetse abarwayi bagasuzumwa na muganga hifashishijwe telefoni.