Aba banyeshuri bavuga ko batungujwe ikizamini gisoza icyiciro cya mbere cy’amashuri makuru y’ubuforomo n’ububyaza, habura iminsi itandatu gusa ngo bakore iki kizamini kandi hari hashize imyaka itatu batazi ko iki kizamini kibaho.
Icyi kizamini cyakozwe tariki 29/10/2012, abanyeshuri ba ISPG bakaba baranze kugikora ngo kuko bagitungujwe bakaba basaba inzego zitandukanye kumva ikibazo cyabo.

Abanyeshuri barindwi gusa ngo bafite ubushuti bwihariye n’ikigo bemeye gukora iki kizamini ngo nibo bahawe izi ndangamonota gusa ngo ntizigaragaraho amanota y’iki kizamini cya Leta bakoze ngo ahubwo ziriho igiteranyo cy’amanota yo mu myaka itatu bari bamaze kwiga, bakibaza impamvu bo batazihawe; nk’uko aba banyeshuri babitangaza.
Twashatse kumenya impamvu aba banyesuri barindwi aribo bahawe indangamanota abandi 150 ntibazihabwe, umuyobozi w’iri shuri ISPG, Rugengande Jered, ahakana aya makuru avuga ko nta munyeshuri n’umwe bahaye izi ndangamanota ko ahubwo ari abanyeshuri barimo guharabika ishuri.
Eric Muvara
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|