Ruhango: Urubyiruko rwabonye abajyanama mu bucuruzi

Urubyiruko rwo mu karere ka Ruhango rwashyiriweho abajyanama mu by’ubucuruzi babafasha kwiga imishinga yabo no kuyibatunganyiriza. Abo bajyanama bakorera muri buri murenge bazajya batunganya imishinga y’urubyiruko ku buntu maze rugane ibigo by’imari rwake inguzanyo rukore rutere imbere.

Urubyiruko rwavugaga ko ruhura n’imbogamzi zitandukanye zituma rutagana ibigo n’amabanki ngo rwake inguzanyo kuko rusabwaga ingwate kandi kuyibona bitaboroheye.

Umukozi wa Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda ushinzwe guteza imbere imishinga mito n’iciriritse, Nshimiyimana Ivan, arasaba urubyiruko kutitinya rakabyaza umusaruro aya mahirwe bamaze kwegerezwa aho batuye mu mirenge.

Nshimiyimana Ivan, umukozi wa MINICOM ushinzwe guteza imbere imishinga mito n'iciriritse.
Nshimiyimana Ivan, umukozi wa MINICOM ushinzwe guteza imbere imishinga mito n’iciriritse.

Iribagiza Innocent utuye mu murenge wa Ruhango wamaze gukorana n’aba bajyana mu by’ubucuruzi avuga ko butiki nto yari afite itiyongeraga kubera gutinya inguzanyo nyamara nyuma yo kuyaka mu murenge sacco wa Ruhango amaze kugira iyisumbuyeho, kwiyubakira inzu yo kubamo ndetse akaba anarihirira abavandimwe be.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka