Umukandida wigenga ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, Philippe Mpayimana yasabye abatuye mu Karere ka Nyaruguru ko nubwo ikipe itsinda ntawe uyisimbuza ariko igihe kigeze ngo bagerageze amakipe mato bayashyire mu kibuga.
Abarokotse Jenoside b’i Mata mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko bahawe ubutabera kuko abagize uruhare muri Jenoside babihaniwe, na none ariko ngo bumva ubutabera bazabugeraho byuzuye umunsi abayoboye ubwicanyi na bo bafashwe bagahanwa kuko kugeza ubu batarafatwa.
Mu gihe Abanyarwanda bitegura amatora ya Perezida w’u Rwanda n’ay’Abadepite azaba tariki 15 Nyakanga 2024 imbere mu Gihugu, hari abatuye i Nyaruguru bavuga ko ntawe ukwiye kudatora abayobozi kuko ari uburenganzira ndetse n’inshingano za buri wese wujuje ibisabwa.
Abatuye mu Karere ka Nyaruguru bifuza ko ibitaro bya Munini bivurizaho byahabwa abaganga b’inzobere bajya babavura mu buryo buhoraho.
Mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Cyahinda mu Kagari ka Muhambara, Umudugudu wa Kubitiro hari umukoki uteye impungenge kuko umaze gutwara ubuzima bwa bamwe mu baturage.
Mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Cyahinda mu Kagari ka Muhambara, Umudugudu wa Kubitiro, kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Mata 2024 habaye impanuka y’umukingo waguye ku bagabo babiri, umwe akurwamo yanegekaye undi ahasiga ubuzima.
Mukeshimana Angélique utuye mu Mudugudu wa Cyaratsi uherereye mu Kagari ka Mukuge, Umurenge wa Ngera, Akarere ka Nyaruguru, avuga ko yize moto afite imyaka 37, bamuseka, none ubu akaba ayifashisha cyane cyane mu buhinzi.
Hari ababyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru bashima kuba umugore atagipfukiranwa nka kera, bakababazwa n’uko byaje bo bashaje.
Itsinda ry’abakunzi 46 ba Radio Maria mu Budage (Horeb), bari mu rugendo nyobokamana rw’iminsi itatu i Kibeho, bagamije kuhasura bakahamenya neza bityo bakazabasha kuhabwira n’abandi, kugira ngo na bo bahasure.
Mu gihe uruzinduko rwa Perezida wa Pologne arusoreza i Kibeho, kuri uyu wa 8 Gashyantare 2024, hari abibaza ibikorwa Kibeho ikesha iki gihugu. Kimwe muri byo ni ishusho nini cyane ya Yezu Nyirimpuhwe yazanwe n’Abanyapolonye iri ahitwa i Nyarushishi, hirya y’Ingoro ya Bikira Mariya, ikigo irimo, ‘Micity Cana’ na cyo kikaba (…)
Padiri François Harelimana, Umuyobozi w’Ingoro ya Bikira Mariya y’i Kibeho, avuga ko bishimiye ko Perezida wa Pologne, Andrzej Sebastian Duda, utegerejwe muri iyi ngoro tariki 8 Gashyantare 2024, azahandika amateka yo gusurwa bwa mbere n’Umukuru w’Igihugu.
Hirya no hino ku mbuga nkoranyamabaga haracicikana ibaruwa ya Martin Mbonizana, urega ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru kumwirukana binyuranyije n’amategeko, akanasaba indishyi y’akababaro ya miliyoni 900 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Hari urubyiruko rwo mu Karere ka Nyaruguru ruvuga ko haramutse hashyizweho ko ibyemezo (seritifika) by’uko abarangije amashuri yisumbuye bakoze urugerero biba inzira yo guhabwa serivise zimwe na zimwe, byatuma ubukorerabushake burushaho gushinga imizi.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Mata buvuga ko bubangamiwe n’uko imihanda ihagera iturutse ku minini ya Kaburimbo imeze nabi, bituma amakamyo ajyana amajyane batunganyije i Mombasa apakirira i Kibeho.
Nyuma y’uko Kiliziya Gatolika yemeye ubutumwa bwa batatu mu bakobwa babonekerewe i Kibeho, abaza kuhasengera bagenda biyongera uko ibihe bigenda bisimburana, kandi nubwo abenshi mu bahagenda ari Abanyarwanda, n’abanyamahanga batari bakeya baza kuhasengera.
Anathalie Mukamazimpaka, umwe mu babonekewe na Bikira Mariya i Kibeho, avuga ko ubutumwa bwahawe ababonekewe butagenewe abatuye i Kibeho cyangwa mu Rwanda gusa, ahubwo ko bwagenewe abatuye Isi bose.
Abatuye mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko bajyaga bumva iby’icuruzwa ry’abantu ntibabisobanukirwe, ariko ko aho babisobanuriwe basanze bagomba kugira uruhare mu kurirwanya.
Abepiskopi ba Diyosezi Gatolika zo mu Rwanda basabwe gufasha mu bukangurambaga bwo kwegeranya amafaranga miliyari eshatu na miliyoni magana atanu akenewe mu kwimura abafite ibikorwa ahazagurirwa Ingoro ya Bikira Mariya, i Kibeho.
Ishuri ryigisha abana batabona ry’i Kibeho, kuwa kabiri tariki 28 Ugushyingo 2023 ryakiriye impano y’Inkoni zera 110, ryashyikirijwe n’umuryango w’abatabona mu Rwanda (RUB).
Abarimu babiri bigisha ku kigo cy’amashuri abanza cya Bigugu n’icya Tangabo byombi biherereye mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko batishimiye kwibona ku rutonde rw’abasabye kwimurwa bakanabihabwa nyamara ntabyo basabye.
Abanyamuryango ba Koperative itubura imbuto y’ibirayi yo mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru (KAIMU), bavuga ko batumva impamvu babura imbuto y’ibirayi batubura nyamara harashyizweho uruhererekane rw’itubura.
Abatuye mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru, batashye ibikorwa bikomoka ku musaruro wa za Pariki, kuri uyu wa 24 Kanama 2023.
Mu gihe abakunze kujya i Kibeho bahakura amazi yo ku Isoko ya Bikira Mariya, bavuga ko yagiye abakiza byinshi, hari n’abahakura ibumba bavuga ko baryifashisha iyo barwaye bagakira.
Kuri uyu wa Mbere tariki 14 Kanama 2023, abakirisitu Gatolika baturutse mu bihugu bitandukanye ndetse no mu bice bitandukanye by’u Rwanda, bamaze kugera ku butaka butagatifu i Kibeho, kwizihiza umunsi mukuru w’Ijyanwa mu Ijuru rya Bikira Mariya (Assumption).
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burashishikariza abafite ubushobozi gushora imari muri aka karere, kuko hari amahirwe menshi baheraho bakagera ku iterambere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burasaba abahinzi b’icyayi kucyitaho bakurikije amabwiriza bahabwa, kugira ngo bajye babasha kweza cyinshi ku buso butoya.
Abatuye mu Kagari ka Rukore mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko bamaze kugera kuri byinshi babikesha kwibohora, igisigaye kikaba ari umuhanda muzima.
Urubyiruko rw’abakorerabushake rwo mu Karere ka Nyaruguru, rwizihije umunsi wo Kwibohora rugabira inka uwamugariye ku rugamba.
Viateur Kamanzi ukomoka mu Murenge wa Mata mu Karere ka Nyaruguru, avuga ko hamwe n’umuryango we barokotse Jenoside, abikesha uwari umujandarume bakomokaga hamwe, wakoze uko ashoboye abambutsa umupaka bahungira i Burundi.
Mu rwego rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, abakozi b’Ikigega cya Leta gifasha imishinga mito n’iciriritse (BDF), basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kibeho, banaremera abarokotse Jenoside bo muri aka Karere, igikorwa cyabaye ku wa 19 Kamena 2023.