Mu Kagari ka Nyagahinga, mu Murenge wa Cyanika ho mu Karere ka Burera, hatoraguwe uruhinja rwapfuye, ariko ntabashobora kumenya uwaruhataye.
Abaturage bo ku kirwa cya Birwa I kiri mu Karere ka Burera, batangaza ko ubwato bahawe n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwazamuye imibereho yabo ikaba myiza.
Imbogo yavuye muri Pariki y’Ibirunga ikomeretsa umuturage wo mu Murenge wa Rugarama, muri Burera, ajyanwa mu bitaro na yo bahita bayica.
Abayobozi b’imirenge ibiri yo muri Burera bahagaritswe ku mirimo yabo bazira imikorere mibi irimo n’uburiganya muri Girinka.
Gasutamo ihuriweho n’u Rwanda na Uganda igiye kubakwa ku mupaka wa Cyanika, mu Karere ka Burera izuzura itwaye miliyari 6 n’igice z’amafaranga y’u Rwanda.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Burera rutangaza ko rugiye kwifashisha interineti mu kurwanya ingengabitekerezo ya Joniside igaragara ku mbuga zitandukanye.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Karere ka Burera barasabwa gukumira ibiza byakwibasira ibigo bayobora, bakagura imirindankuba izabafasha kwirinda inkuba zahakubita.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko mu bana 5.001, bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bari barataye ishuri, 3.710 bamaze kurisubizwamo.
Abaturage bo mu Karere ka Burera bavuga ko ibishyimbo bise “Kiryumukwe” babyubaha cyane, kubera uburyo bibinjiriza amafaranga menshi kurusha ibisanzwe.
Ikaragiro ry’amata rya Burera rikunze kubura amata, ntirikore uko bikwiye kubera ikibazo cy’amakusanyirizo y’amata kiri muri ako karere.
Bamwe mu bikorera bo mu Karere ka Burera bavuga ko kimwe mu bibazo basigaranye kibadindiza ari icyo kutamenya indi z’amahanga.
Sena y’u Rwanda irasaba Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera kwandika amateka ya Rukara rwa Bishingwe kugira ngo atazibagirana.
Sena y’u Rwanda irasaba abafite amahoteli y’ubukerarugendo mu Karere ka Burera korohereza Abanyarwanda, babagabanyiriza ibiciro mu rwego rwo kubakundisha iby’iwabo.
Imvura yaguye mu Karere ka Burera yateje umwuzure uhitana umwana w’umuhungu, wuzura mu kigo nderabuzima cya Rugarama unangiza imyaka y’abaturage.
Uwayisaba Bernad wo mu Karere ka Burera yatsindiye amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni ebyiri mu mukino wo gutega ku makipe y’umupira w’amaguru uzwi nka “Betting”.
Mu rwego rwo gukomeza gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, Abanyaburera batanze inkunga ibarirwa muri miliyoni 44Frw yo kubafasha no kubaremera.
Depite Semasaka Gabriel yasabye abaturage bo mu Karere ka Burera kutajenjeka mu kurwanywa ingengabitekerezo ya Jenoside ikiri mu mitima y’abaturage.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu avuga ko nta kintu runaka giteganyirizwa abayobozi b’uturere bashoje manda ariko ngo aho bishoboka bashobora gufashwa gusubira mu buzima busanzwe.
Ababyeyi bo mu Karere ka Burera barasabwa guca ukubiri no kwigisha abana babo urwango n’amacakubiri ahubwo bakabigisha ibyiza.
Nyuma y’imyaka umunani Beyonce na Jay Z bakoze ubukwe hagaragajwe bimwe mu bintu bitari bizwi byabaye ku munsi w’ubukwe bwabo.
Abaturiye n’abatuye muri santere ya Rwibikonde yo mu Karere ka Burera batangaza ko ibatera ubwoba kubera urugomo ruyirangwamo.
Umugabo witwa Ntawizera Claude wo mu Karere ka Burera atangaza ko agiye kwiyuzuriza inzu y’ibyumba bitatu n’uruganiririro, abikesha akazi ke ko gutwara imizigo ku ngorofani.
Umunyonzi witwa Rushingabigwi wari utuye mu Karere ka Burera yishwe akaswe ijosi mu ijoro rya tariki 12 Werurwe 2016.
Abunzi bo mu Karere ka Burera bashimira telefone bahawe ariko bakavuga ko bahawe n’inkweto za bote n’amagare byabafasha mu kazi.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru arasaba aba-DASSO bo mu karere ka Burera kutishongora ku muturage ngo bamuhohotere kandi ariwe bakesha umurimo bakora.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera buri mu rugamba rwo guhangana n’abatubahiriza gahunda yo guhuza ubutaka bagahinga amasaka ahagenewe guhingwa ibihingwa byatoranyijwe.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Bosenibamwe yasabye abikorera bo mu karere ka Burera kwishyira hamwe bakubaka amazu agezweho ku mupaka wa Cyanika.
Hari icyizere ko noneho isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika ryaba rigiye kubakwa nyuma y’imyaka itatu kubakwa bigenda bisubikwa.
Abahinzi bo mu Karere ka Burera baravuga ko bahangayikishijwe no kubura imbuto y’ibirayi ku buryo ngo bashobora kubura ibyo bazatera.
Abaturage bo mu ntara y’Amajyaruguru barasaba abayobozi bitoreye kurushaho kubegera, bakabagezaho ibikorwa by’iterambere bityo nabo bakava mu bukene.