Abaturage bo mu Murenge wa Butaro barataka inzara nyuma yo kubuzwa guhinga ibirayi bizezwa ko hagiye guhingwa Stevia bagategereza bagaheba.
Angelique Kidjo, umuhanzikazi wo muri Benin, yongeye gutsindira igihembo cya Grammy Awards, agitura abahanzi bagenzi be bo muri Afurika.
Abatuye mu kagari ka Nyagahina, mu murenge wa Cyanika, muri Burera, binubira uburyo abiyamamariza ubuyobozi babasezeranya kubagezaho amashanyarazi ariko ntibabikore.
Abagore bo mu Karere ka Burera barasaba abagore batorewe kubahagararira kubakorera ubuvugizi bakava mu bukene.
Abashinzwe iby’umuhinzi mu Karere ka Burera bahamya ko babashije guhashya byimazeyo forode y’ifumbire mvaruganda yari yarabaye nk’icyorezo mu bahinzi b’aka karere.
Abaturage b’Umurenge wa Cyanika mu Karere ka Burera barasabwa gufatanya bakarwanya ibiyobyabwenge kuko uwabinyoye adashobora kuba intwari.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arasaba abakozi b’akarere ka Burera kumvira umuyobozi w’inzibacyuho kugira ngo akarere katazasubira inyuma mu iterambere.
Ubuyobozi bwa VUP mu karere ka Burera buri gushaka uburyo amafaranga y’inguzanyo ahabwa abaturage yajya yishyurwa ku gihe hatagize n’umwe ukererwa.
Abanyaburera babarirwa muri 14% ni bo badafite Mitiweli mu gihe habura amezi atanu gusa ngo umwaka wayo urangire.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yari ihetse ibitaka byo kubaka umuhanda mu Karere ka Burera, yibiranduye mu muhanda, batatu bari bayirimo barakomereka bikomeye.
Perezida Paul Kagame yatangarije isi ko ikoranabuhanga rifite akamaro gakomeye kuko rihuza abantu rikabaha ibisubizo.
Mu rwego rwo gukomeza kujijura Abanyaburera, hagiye kwifashishwa Intore zo ku Rugerero zizigisha abatazi gusoma, kwandika no kubara basigaye.
Umwaka wa 2015 waranzwe n’ibikorwa bitandukanye by’imyidagaduro mu Rwanda birimo ibitaramo by’ibyamamare isi yose ihora yifuza kubona.
U Rwanda rurakomeza gusaba ibihugu bigicumbikiye abakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi, kubata muri yombi bagashyikirizwa ubutabera.
Icyicaro gikuru cy’Ishuri Rikuru ry’Afrika ry’Ubumenyi mu Mibare (AIMS), guhera mu mwaka utaha wa 2016, kigiye kwimurirwa mu Rwanda kivuye muri Afurika y’Epfo.
Abagabo bo mu murenge wa Bugeshi barahamagarirwa kureka umuco wo guharika abo bashakanye kubera amafaranga ava mu musaruro w’ibirayi.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo avuga ko gahunda ya “Kora Wigire”, ihura n’ingorane ziturutse ku myuvire ya bamwe mu baturage.