Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ifite icyizere cy’uko ibyumba by’amashuri byubakwa mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi bitangira kwakira abana muri Nzeri uyu mwaka, ibyo bikazagabanya ubucucike mu mashuri binafasha abana bajyaga biga bakoze ingendo ndende.
Tariki 15 Mata 1994 ni umunsi utazibagirana ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bafite ababo biciwe mu nyubako yahoze ari Cour d’Appel Ruhengeri.
Urwibutso rwa Kinigi mu Karere ka Musanze rushyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi 166, rufite amateka adasanzwe kuko imibiri irushyinguyemo ari iy’Abatutsi bishwe mbere ya 1994.
Mukamugema Immaculée wo mu murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze avuga ko mu gace atuyemo, ubukangurambaga ku bumwe n’ubwiyunge butarashinga imizi, aho yumva mu tundi duce tw’igihugu habaho gahunda yo gusaba imbabazi ku bakoze Jenoside no kuzitanga ku bayikorewe, ariko we akaba amaranye intimba igihe kinini, aho yifuza (…)
Ku muhanda wa Kaburimbo Musanze-Burera werekeza ku mupaka wa Cyanika, mu Murenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze habonetse umurambo w’umusore uri mu kigero cy’imyaka 25, ariko umwirondoro we ntiwahise umenyekana.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batujwe mu Mudugudu wa Susa, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, barasaba Ubuyobozi kugira icyo bukora byihuse, bukabasanira amazu; kuko ashaje hakaba harimo n’ashobora guhirima bidatinze mu gihe haba hatagize igikozwe mu maguru mashya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buratangaza ko bwatangiye umushinga ukomeye wo kubaka inzu nini yakira inama mpuzamahanga bamaze guha izina rya Musanze Convention Centre, muri gahunda y’ivugurura ry’umujyi rigiye gukorwa, aho igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Musanze kigaragaza ko uwo mujyi uzaba uri ku buso bwa hegitari (…)
Abacuruzi n’abaguzi b’ibiribwa cyane cyane amavuta yo guteka, baratangaza ko muri iki gihe amavuta arya umugabo agasiba undi, kubera ukuntu ahenze ku masoko.
Mukanoheli Josée wari ufite imyaka 10 muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aravuga ingorane yagiriye mu ivangura, ubwo yatotejwe yiga mu mashuri abanza kugeza ubwo yari mu bo batoranyaga mu ishuri ryabo ngo baheke isanduku yabaga yuzuyemo imitumba mu rugendo rwakorwaga rwitwaga urwo“Guhamba Rwigema”.
Umurambo w’umugabo witwa Ndahayo Abraham wasanzwe mu kirombe gicukurwamo umucanga, giherere mu mu Mudugudu wa Bazizana, Akagari ka Migeshi mu Murenge wa Cyuve Akarere ka Musanze.
Imbabazi Dominique Xavio wo mu Murenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, avuga ko ageze ku iterambere abikesha umushinga wo gukora ifumbire yifashishije iminyorogoto, akaba anorora n’inyo nk’ibiryo by’amatungo ndetse yorora n’ibinyamushongo nk’uburyo bwo gukemura ikibazo cy’imirire mibi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buratangaza ko icyiciro cya kabiri cy’imihanda ya kaburimbo irimo gutunganywa mu bice by’umujyi wa Musanze, kirimo kugana ku musozo.
Bamwe mu bakirisitu Gatolika bo mu Karere ka Musanze basengeye muri Parusasi Gatolika Katedarali ya Ruhengeri, kuri uyu munsi wa Pasika tariki 04 Mata 2021, baremeza ko bazukanye na Yezu, bakanishimira ko bagiye gusenga mu gihe mu mwaka ushize batagiyeyo kubera gahunda ya Guma mu rugo yatewe na Covid-19 bikabababaza.
Dr Mushimiyimana Isaie, umwarimu wigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’ubuhinzi, ubworozi n’ubuvuzi bw’amatungo (UR-CAVM), ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki 2 Mata 2021, nibwo byamenyekanye ko yashizemo umwuka.
Mu Karere ka Musanze hatangijwe ubukangurambaga bwiswe “Irondo ry’isuku” nk’umuyoboro wo gukurikiranira hafi uko isuku y’ahantu n’iyabantu ishyirwa mu bikorwa, bifashe guca umwanda.
Umushinga YALTA Initiative, ukomeje intego yawo yo guteza imbere ubuhinzi bubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, aho urubyiruko rufatwa nk’ipfundo ry’ubwo buhinzi mu rwego rwo gutegura iterambere rirambye.
Urubyiruko rw’abakorarerabushake mu Karere ka Musanze, rukomeje gahunda yo gusukura inzibitso za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 zubatse muri ako karere, runatanga ubutumwa bunyuranye bwo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.
Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Kigali (UoK), burasaba abanyeshuri bayigamo kujya bagaragaza ibibazo byabo bakabigeza ku babishinzwe muri Kaminuza, mu rwego rwo kwirinda ko hari uwacikanwa n’amasomo bitewe n’ubukene yakururiwe n’ingaruka za COVID-19.
Abarwariye mu bitaro bikuru bya Ruhengeri badafite amikoro, nyuma yo kugenerwa ubufasha n’itsinda ryitwa One love family, batangaje ko bibongereye ihumure.
Umukecuru witwa Nyirabukara Feresita w’imyaka 90 wo mu kagari ka Ruhengeri mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, arasaba urubyiruko kubyaza umusaruro amahirwe anyuranye rufite, arusaba kwirinda kwiyandarika.
Imiryango ibiri ivuga ko yirukanywe mu mitungo yayo, nyuma yo gusinyishwa ko iguriwe ubutaka bwose kubera kutamenya gusoma no kwandika, ubu ibayeho mu buzima bwo guhingira abandi ngo ibone uko yaramuka.
Ayingeneye Léonie utuye mu Kagari ka Ruhengeri mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, arishimira ko akiriho nyuma y’uko yari yarihebye abona ko nta gihe asigaje ku isi.
Guverineri mushya w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancilla, nyuma yo gushyikirizwa ibitabo bikubiyemo imishinga y’Intara y’Amajyaruguru yabwiwe ko hari ibibazo byinshi bigikeneye gukemuka.
Imirimo yo kubaka Umudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi mu Karere ka Musanze (Kinigi Integrated IDP Model Village), igeze kuri 63% aho biteganywa ko uzuzura muri Kamena 2021.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi Jean Mari Vianney, yabwiye Umuyobozi umusimbuye ku nshingano zo kuyobora Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancilla, ko ibanga rya mbere rizamugeza ku ntsinzi ari ukwita ku baturage, abakira mu gihe cyose bamwitabaje haba mu ijoro cyangwa ku manywa.
Abiganjemo urubyiruko rurimo n’urwarangije kwiga imyuga itandukanye bo mu Karere ka Musanze, baratagaza ko kutagira aho gukorera hisanzuye biri mu byatumaga batabona uko bashyira mu ngiro ibyo bize, bikabatera ubushomeri none icyo kibazo kigiye gukemuka.
Abasore bo mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze ngo babangamiwe n’icyemezo cyafashwe cyo kubuzwa kubaka inzu muri ako gace, aho bemeza ko basaziye mu nzu z’ababyeyi babo bikaba bitangiye kubateranya n’abakobwa bakundana.
Ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri, ribimburiye andi mashuri makuru mu gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri barangije mu byiciro binyuranye, hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga, ngo ukaba ari n’umusaruro w’ibyo bigisha.
Imiryango ibiri y’abantu 10 ituye mu Kagari ka Ruhengeri, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, ikomeje kunyagirirwa hanze nyuma yo gusohorwa mu nzu zayo, aho ngo bazira amasezerano y’ubugure basinyishijwe kubera kutamenya gusoma no kwandika.
Abaturage bakoreshwa na Kampani yitwa Resilience mu mihanda mishya ya kaburumbo mu mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo bari bamaze igihe barambuwe, bamaze guhembwa nyuma yo kwigira inama yo kujya kuryama ku karere ku itariki 15 Werurwe 2021, bishyuza amafaranga yabo.