Abana 150 baturuka mu miryango itishoboye bo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze biganjemo abiga mu mashuri abanza, bari barabuze uko basubira kwiga kubera kubura ibikoresho by’ishuri, babishyikirijwe bahita barisubiramo.
Umurambo w’umusore w’imyaka 28 witwa Tuyisenge, bikekwa ko amaze iminsi apfuye, wasanzwe mu nzu yabagamo iperereza ku cyamwishe rihita ritangira.
Mu gihe imirimo yo kubaka za Maternité ku bigo nderabuzima birimo ibitari bizifite n’ibyagiraga izitakijyanye n’igihe byo mu Karere ka Musanze irimbanije, ababigana biganjemo abo mu Mirenge biri kubakwamo n’iyo bihana imbibi, bari mu byishimo by’uko niziramuka zuzuye zigatangira gutanga serivisi ku bazigana, ingendo ababyeyi (…)
Miliyoni 508 z’amafaranga y’u Rwanda zigiye gushorwa mu kubaka ibiraro 11 by’amabuye, biramba kandi byubatswe mu buryo bugezweho budahenze.
Gahunda yo kwagura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, yabanjirijwe no gushaka ubundi butaka buzubakwaho umudugudu w’icyitegererezo, uzatuzwamo imwe mu miryango 510 yo mu Karere ka Musanze ifite ubutaka muri zone izagurirwaho iyi Pariki.
Amakipe y’abantu bafite ubumuga mu Karere ka Musanze, arashimirwa uburyo yitwaye nyuma yo gutwara ibikombe byinshi mu bikinirwa mu gihugu, mu marushanwa atandukanye ahuza abafite ubumuga.
Ba Ofisiye 23 bo mu Mutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye muri Afurika y’Iburasirazuba (EASF) baturutse mu bihugu bitandatu byo ku mugabane wa Afurika, barishimira ubumenyi batahanye nyuma y’ibyumweru bibiri bamaze mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (RPA), bahabwa amahugurwa abategurira kuzigisha abandi.
Abacururiza mu isoko rishya ry’ibiribwa rya Musanze rizwi nka ’Kariyeri’, binubira ko ibicuruzwa byabo bikomeje kwangirika, bitewe no kutagira abaguzi, bikabashyira mu gihombo gikomeye.
Mu Murenge wa Nyange, Akarere ka Musanze, hagiye kuzura uruganda rugiye kujya rwenga inzoga mu birayi yitwa VODKA.
Ku nkengero z’Ikiyaga cya Ruhondo, hagiye kubakwa umujyi uzatwara miliyari zisaga 400 z’amafaranga y’u Rwanda, umushinga uri kunonosorwa hagamijwe kurushaho kwagura ubukerarugendo bukorerwa kuri iki kiyaga no kubuteza imbere.
Abakora Irondo ry’Umwuga bo mu Kagari ka Mpenge, mu Murenge wa Muhoza Akarere ka Musanze, bahawe ibikoresho bagiye kujya bifashisha mu kazi kabo ka buri munsi, aho bemeza ko bizaborohereza mu gukumira ibikorwa bihungabanya umudendezo w’abaturage.
Bamwe mu bagore bo mu Mirenge ya Kinigi na Nyange, bavuga ko bagiye gushyira imbaraga mu kuvugurura uturima tw’igikoni mu buryo tuba utwihagije mu bwoko bw’imboga zinyuranye bityo babashe guhangana n’ibibazo by’imirire mibi.
Ba ofisiye 23 bo mu Mutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye muri Afurika y’Iburasirazuba (EASF), bateraniye mu Rwanda mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (RPA), mu mahugurwa y’ibyumweru bibiri bagiye kumara bahabwa amasomo azabafasha guhugura bagenzi babo.
Minisitiri w’urubyiruko no guteza imbere ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, aranenga abantu basiga insengero nziza aho batuye, bakajya gushakira Imana mu buvumo no mu butayu, ahantu hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.
Bamwe mu baturage baganiriye na Kigali Today mu turere dutandukanye tw’igihugu, barishimira uburyo babona serivise zitandukanye zitangwa binyuze ku rubuga Irembo.
Mu imurikagurusha ry’Intara y’Amajyaruguru riri kubera muri sitade Ubworoherane, ibiribwa birimo brochette, ibirayi ndetse n’ahagaragara ibikinisho by’abana, nibyo biri kwitabirwa kurusha ibindi, dore ko aho bicururizwa hakomeje kugaragara umubyigano cyane mu masaha y’umugoroba.
Mu Karere ka Musanze abanyamabanga nshingabikorwa b’Imirenge yako, bahinduriwe iyo bayoboraga, bimurirwa mu yindi ariko n’ubundi y’aka Karere.
Abana b’abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye, bo muri imwe mu Mirenge igize Akarere ka Musanze, barimo kongererwa ubumenyi mu gukora za Robot zikoranywe ikoranabuhanga, zishobora kwifashishwa mu mirimo itandukanye.
Padiri Hagenimana Fabien umwe mu bapadiri barindwi ba Diyosezi ya Ruhengeri bahimbaza Yubile y’imyaka 25 y’Ubusaserudoti muri uyu mwaka wa 2024, yavuze uburyo yishimira umuhamagaro we wo kwiha Imana.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC)ishami rya Musanze, Kayiru Desire, arizeza abatuye Akarere ka Musanze ko hari kwigwa uko ikibazo cy’amazi cyakemurwa mu buryo burambye, ahatangijwe umushinga wo kwagura uruganda rw’amazi rwa Mutobo.
Mu Murenge wa Cyuve Akarere ka Musanze, kuwa Kane tariki 01 Kanama 2024, hatangijwe ikigo kidasanzwe kije gufasha abana kuvuga no kumva nyuma y’uko bavukanye ubwo bumuga bwo kutumva no kutavuga.
Imiryango 48 yo mu Karere ka Musanze ifite abana bafite ubumuga bukomatanyije, igiye kujya yunganirwa mu bikorwa bituma imibereho y’abo bana igendera ku muvuduko uri ku rwego rumwe n’urwo abandi bariho.
Mu nkengero z’umujyi wa Musanze mu Kagari ka Kigombe, Umurenge wa Muhoza mu muhanda Musanze-Kigali, habereye impanuka y’imodoka, abantu batatu bari bayirimo bajyanwa mu bitaro bya Ruhengeri nyuma yo gukomereka mu buryo bukomeye.
Abacuruzi bo mu Ntara y’Amajyaruguru, bari kwigishwa uko ishoramari bakora, baribyazamo imishinga igamije kurengera ibidukikije hagamijwe kugabanya ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe, nk’ikibazo gikomeje guhangayikisha isi.
Mu mirenge itandukanye y’igice cy’Umujyi wa Musanze, hari gutunganywa site zishyirwamo imihanda mishya y’ibitaka, mu rwego rwo kunoza imiturire, kandi uretse n’ibi, abafite ubutaka hafi y’aho ziri gutunganywa, bishimira ko ubutaka bwabo bugiye kurushaho kugira agaciro, ndetse imigenderanire hagati yabo ikarushaho kunoga.
Ikipe ya Musanze FC na Ikirenga Art and Culture Promotion, kuwa 19 Nyakanga 2024, basinyanye amasezerano y’imyaka itanu yo kuzamura impano muri siporo afite agaciro ka miliyoni 300 z’amafranga y’u Rwanda.
Bokota Labama wahoze ari rutahizamu mu makipe atandukanye mu Rwanda ndetse no mu ikipe y’Igihugu Amavubi, yongewe mu itsinda tekinike ry’abatoza ba Musanze FC asimbuye Mugiraneza Jean Baptiste Miggy uheruka gutandukana n’iyi kipe.
Umusore witwa Nahimana Eric yapfuye nyuma yo kumara icupa ry’inzoga y’urwagwa mugenzi we yari yamutegeye, ubwo bari mu kabari bishyira abaturage mu rujijo.
Abatuye Akarere ka Musanze, baracyari mu byishimo nyuma yo kumva ko Paul Kagame abenshi bari bashyigikiye mu matora atsinze ku kigero gishimishije (99,15%), gusa bakibaza aho ibice byaburiye ngo Musanze itore 100% nk’uko bari babigize intego mbere y’amatora.
Kimwe n’ahandi mu Gihugu, abaturage bo mu Karere ka Musanze bazindukiye mu gikorwa cy’Amatora ya Perezida wa Repubulika ndetse n’abagize Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite.