• Bamwe mu bivuza indwara zitandura bagaragaje ko batakibona imiti ku mavuriro

    Ibitaro bya Ruhengeri bigiye gukorerwa ubuvugizi buzatuma bitanga serivisi inoze

    Itsinda ry’aba Senateri bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu muri Sena y’u Rwanda, ririzeza abagana ibitaro bikuru bya Ruhengeri gukora ubuvugizi, buzatuma ibyo bitaro byongererwa ubushobozi, kugira ngo serivisi zihatangirwa zizarusheho kunogera ababigana.



  • Ubwo bamushyikirizaga inzu nshya bamwuzurije

    Musanze: Bubakiye inzu uwari mwarimu wabo kera wabaga mu yenda kumugwira

    Umusaza witwa Mitima Elie wo mu Kagari ka Kabushinge mu Murenge wa Rwaza mu Karere ka Musanze, ari mu byishimo bidasanzwe nyuma yo gushyikirizwa inzu yubakiwe n’abo yigishije guhera mu 1985, nyuma y’uko bishyize hamwe bakusanya inkunga y’amafaranga asaga miliyoni eshanu agenewe icyo gikorwa cyo kumwubakira.



  • Musanze: Umuturage yakomerekejwe n’Imbogo yatorotse Pariki

    Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gicurasi 2022, imbogo yatorotse Pariki y’Ibirunga, ubwo yarimo yirukanka mu mirima y’abaturage iri hafi yaho, ikubitana n’umuhungu w’imyaka 14 iramukomeretsa.



  • Bahagurukiye kugabanya igwingira mu bana

    Musanze: Ababyeyi baremera uruhare rwabo mu igwingira ry’abana

    Ababyeyi bo mu Karere ka Musanze baremera ko bafite uruhare mu bibazo abana babo bagize by’igwingira riterwa n’imirire mibi, nyuma y’uko bagiye bagurisha amata n’ifu ya Shishakibondo.



  • Urugo basanze nyirarwo yarinangiye kurukiza umwanda basiga bahakoze isuku, agacibwa amande

    Musanze: Bavumbuye uburyo bwo guhashya burundu umwanda mu ngo

    Mu kurushaho kwimakaza isuku no gukebura abatarayigira umuco, abaturage bo midugudu itandukanye igize Umurenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, bamaze igihe barishyiriyeho gahunda yo kujya bazenguruka mu ngo bagenzura isuku, aho urugo basanzemo umwanda bafatanya gukebura nyirarwo, bakanamukorera isuku, barangiza bakamuca (…)



  • Ramuli na Manzi bifatanyije n

    Musanze: Meya na Gitifu bagaragaye mu myambaro batari bamenyerewemo (Amafoto)

    Ku wa Mbere tariki 02 Gicurasi 2022, abayoboke b’Idini ya Islam mu Rwanda, bifatanyije n’isi yose mu isengesho risoza igisibo cy’ukwezi kwa Ramadhan, bizihiza umunsi w’Ilayidi(Eidil-Fit’ri). Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Musanze, ubwo bifatanyaga n’Umuryango mugari w’Abayisilamu bahabarizwa, bagaragaye mu myambaro ya (…)



  • Igisibo cy

    Abayisilamu bizihije Eid Al Fitr biyemeza gukomera ku muco wo kurwanya ikibi

    Mufti w’u Rwanda wungirije, Sheikh Nshimiyimana Saleh, yahamagariye Abayisilamu bo mu Ntara y’Amajyaruguru kwimika umuco wo kugandukira Imana, baharanira kurwanya ikibi, kugira ngo babashe kubaho, bagendera kuri gahunda nzima ari nako buzuza inshingano z’ibyo basabwa gukora mu buzima bwabo bwa buri munsi.



  • Ecole des Sciences de Musanze yujuje inyubako izatuma abana biga bisanzuye

    Ku wa Gatanu tariki 29 Mata 2022, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, yitabiriye umuhango wo gufungura ku mugaragaro ibyumba by’amashuri muri Ecole des Sciences de Musanze, byuzuye bitwaye asaga miliyoni 180 z’Amafaranga y’u Rwanda, bikazafasha abana kwiga bisanzuye.



  • Abasirikari, Abapolisi n

    Musanze: Bungutse ubumenyi mu gukora igenamigambi rihuriweho

    Abasirikari, Abapolisi n’Abasivili 29 baturutse mu bihugu 9, bigize umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba uhora witeguye gutabara aho rukomeye (Eastern African Standby Force-EASF), ku wa Gatanu tariki 29 Mata 2022, basoje amahugurwa, bungukiyemo ubumenyi mu birebana n’igenamigambi rihuriweho.



  • Basuye ingoro ndangamateka y

    Gusura ibice ndangamateka y’igihugu babifata nk’intwaro yo guhangana n’abagipfobya Jenoside

    Abaturage bo mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, basanga gusura ibice ndangamateka biri ahantu hatandukanye mu gihugu, ari kimwe mu bizatuma barushaho gusobanukirwa byimbitse, ubukana bwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ingaruka zayo n’icyo bakora ngo baharanire ko itazongera ukundi.



  • Umwe mu mihanda igiye kubakwa

    Musanze: Miliyari icyenda zigiye gushorwa mu iyubakwa ry’imihanda na ruhurura

    Mu nama yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze n’Intumwa za Banki y’Isi, ku itariki 26 Mata 2022, yasuzumiwemo imyiteguro yo kubaka ikindi cyiciro cy’imihanda mishya ya kaburimbo na ruhurura ya Rwebeya (RUDP II/Phase 3) mu mujyi wa Musanze.



  • Abaforomo bakoraga mu ikingira rya Covid-19 bahagaritswe bavuga ko barenganye

    Musanze: Ubuyobozi ntibuvuga rumwe na bamwe mu baforomo ku mpamvu bahagaritswe mu kazi

    Bamwe mu baforomo bakoreraga mu bigo nderabuzima byo mu Karere ka Musanze, muri gahunda zijyanye no gukingira icyorezo cya Covid-19, bavuga ko bahangayikishijwe no kuba ubuyobozi bwarahagaritse amasezerano yabo y’akazi, bakisanga mu bushomeri, biturutse ku kuba batarahise basubiza amafaranga y’imishahara y’imirengera, bagiye (…)



  • Abaturage bafatanyije gukura imyanda igaragara mu bice binyuranye mu mujyi wa Musanze

    Musanze: Bahagurukiye kurwanya umwanda

    Abaturage bo mu Karere ka Musanze by’umwihariko mu bice by’Umujyi wa Musanze, biyemeje guhagurukira ikibazo cy’umwanda ugaragara mu bice bimwe na bimwe, bisa n’aho wari utangiye gufata indi ntera; mu rwego rwo kurushaho kwimakaza umuco w’isuku no kubungabunga ibidukikije.



  • Hategekimana avuga ko abaturage bose muri ako gace baza kuvona ku iriba ry

    Sobanukirwa ‘Nkotsi na Bikara’ aho Abami b’u Rwanda bimikirwaga, uwahavogereye yaburiwe irengero

    Mu Rwanda hari uduce tunyuranye tubumbatiye amateka y’igihugu yo ku bw’Abami, ahenshi hagenda hitirirwa amazina abiri akomatanye, urugero ni ahiswe ‘Rwabicuma na Mpanga’ mu Karere ka Nyanza, ‘Butamwa na Ngenda’, ‘Burera na Ruhondo’, ‘Nkotsi na Bikara’ n’ahandi.



  • Imibiri isaga 800 y

    Guca umuco wo kudahana bizatuma Jenoside idasubira ukundi - Dr Faustin Ntezilyayo

    Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Faustin Ntezilyayo, arasaba Abanyarwanda gukumira umuco wo kudahana, mu rwego rwo kwirinda kugera ikirenge mu cy’ubutegetsi bwa mbere ya Jenoside, bwimitse uwo muco kugeza ubwo bigejeje u Rwanda mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi.



  • Abakoze Jenoside n’abayirokotse babanye bate?

    Nyuma y’Imyaka 28 ishize, Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ihagaritswe, abayirokotse ndetse n’abatarahigwaga, bahamya ko bakomeye ku ntego yo kwimakaza imibanire izira ivangura ry’amoko, no gushyigikira ko ubumwe n’ubwiyunge bukomeza gushinga imizi mu Banyarwanda, kugira ngo bikomeze kubabera umusemburo w’iterambere ryifuzwa.



  • Abiga muri IPRC Musanze basabwe kubaka amateka adafitanye isano n’amacakubiri

    Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Dancille Nyirarugero, arahamagarira abarimu n’urubyiruko rwiga mu Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro, IPRC Musanze, kubaka amateka adafite aho ahuriye n’amacakubiri, kuko aribwo bazabasha gushyira mu bikorwa ibyo igihugu kibakeneyeho.



  • Umushinga wo kubaka ibitaro bya Ruhengeri umaze imyaka ikabakaba icumi uvugwa ariko na n

    Musanze: Baribaza irengero ry’imishinga irimo n’uwo kubaka ibitaro bya Ruhengeri

    Imyaka iri hagati y’itanu n’irindwi ndetse ishobora kuba inarenga, irinze ishira mu matwi ya benshi mu batuye mu Karere ka Musanze n’abakagenderera, humvikana inkuru z’imishinga inyuranye, ibumbatiye iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza, bakishimira ko harimo imwe n’imwe igenda ishyirwa mu bikorwa, ariko hakaba n’indi (…)



  • Musanze: Mu rugo rw’umuturage hatahuwe ingunguru zirindwi z’inzoga z’inkorano

    Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nkotsi bufatanyije n’inzego zishinzwe umutekano, zatahuye ingunguru zirindwi zuzuye inzoga z’inkorano mu rugo rw’uwitwa Karekezi Théogène.



  • Bafashwe bazira gukubita umugore (Ifoto BTN)

    Musanze: Polisi yataye muri yombi abagaragaye bakubitira umugore mu muhanda

    Polisi y’u Rwanda, iratangaza ko yataye muri yombi, Gasominari Ndahiriwe Jean Claude, wagaragaye akubitira umugore mu ruhame, ndetse na Habimana Faustin bari kumwe.



  • Bubakiye uturima tw

    Aba DASSO biyemeje kurwanya igwingira batanga amatungo banubaka uturima tw’igikoni

    Abagize Urwego rwunganira Akarere mu gucunga Umutekano (DASSO) mu Karere ka Musanze, binjiye mu rugamba rwo guhangana n’ikibazo cy’igwingira mu bana, bahereye ku kubaka uturima tw’igikoni no koroza amatungo magufi agizwe n’inkoko zitera amagi, aho kuva ku wa Gatatu tariki 6 Mata 2022, batangiye kubishyikiriza abagore (…)



  • Bize ku ngingo zizifashishwa mu guteza imbere abantu bafite ubumuga

    Mu Rwanda harigwa igenamigambi rigamije guteza imbere abantu bafite ubumuga

    Mu Karere ka Musanze ku wa Gatatu tariki 06 Mata 2022, hasojwe inama yateguwe n’Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga (NCDP), igamije kunoza igenamigambi rizifashishwa mu mihigo u Rwanda rwahigiye mu nama mpuzamahanga igamije kurushaho guteza imbere abantu bafite ubumuga.



  • Musanze: Yatawe muri yombi nyuma yo gufatanwa litiro 3,500 z’inzoga z’inkorano

    Uwitwa Kwitonda Mubaraka, yafatanwe Litiro 3,500 z’inzoga z’inkorano, bikekwa ko yari akuye mu Karere ka Kayonza, azijyanye mu Karere ka Rubavu.



  • Bunamiye imibiri iruhukiye mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Busogo

    Gukomera ku mahitamo y’Ubumwe, intwaro yo gukumira ingengabitekerezo ya Jenoside – Meya Ramuli

    Muri iki gihe Abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi, abaturage bo mu Karere ka Musanze, barahamagarirwa gukomera ku mahitamo y’Ubumwe butajegajega, kwirinda imvugo cyangwa imigirire n’imitekerereze iganisha ku ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko ariyo ntwaro izatuma babasha (…)



  • Musanze: Umugore ukekwaho gushyira umwana ku ngoyi yafashwe

    Umugore witwa Mukamana Florence washakishwaga kubera icyaha akekwaho cyo guhohotera umwana we, aho yamuhambiriye amaboko yombi akoresheje imigozi, yafashwe ku wa Gatatu tariki 6 Mata 2022.



  • Basanze imodoka nyinshi zisohora imyuka yanduza ikirere ku gipimo cyo hejuru

    REMA yahagurukiye ikibazo cy’imodoka zisohora imyuka ihumanya ikirere

    Ku bufatanye na Polisi, Ikigo cy’igihugu gitsura ubuziranenge (RSB) na Rwanda Space Agency, Ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA), gikomeje ubukangurambaga mu Ntara zose z’Igihugu n’umujyi wa Kigali, mu rwego rwo gukumira imyuka ihumanya ikirere isohorwa n’ibinyabiziga, igatera ingaruka ku buzima bw’abantu.



  • Nyuma yo kwiga bakaminuza bagarutse guteza imbere ku ivuko

    Nyuma yo kuminuza bakomeje kugeza iterambere ku ivuko

    Abaturage bo mu Kagari ka Rungu, Umurenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, barashimira abagize Umuryango Ireme Education for Social Impact (IESI), ku bikorwa by’iterambere bakomeje kugeza mu gace k’iwabo, cyane cyane ku kigo cy’amashuri abanza bizeho.



  • Aravugwaho guhambira umwana we akamusiga amukingiranye mu nzu

    Musanze: Umubyeyi akurikiranyweho guhohotera umwana we

    Umugore witwa Mukamana, ufite imyaka 30, ari gushakishwa nyuma y’uko basanze umwana we akingiranwe mu nzu, ahambiriye amaboko yombi n’imigozi, ibifatwa nk’ihohoterwa rikorerwa umubiri kikaba n’igihano cy’indengakamere.



  • Urugomero rwa Mukungwa II

    Basanze umurambo mu mugezi wa Mukungwa

    Umurambo w’umugabo kugeza ubu utaramenyekana imyirondoro ye, wasanzwe mu mugezi wa Mukungwa, mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 5 Mata 2022. Uwo murambo wabonywe n’abakozi b’urugomero rwa Mukungwa ya II rutunganya amashanyarazi, mu gice cyegereye urwo rugomero, ruherereye mu Mudugudu wa Karambi, Akagari ka Bikara, Umurenge (…)



  • Ibishyimbo bikungahaye ku butare babyitezeho kurwanya imirire mibi

    Musanze: Ubuhinzi bw’ibishyimbo bikungahaye ku butare buzafasha mu kurwanya imirire mibi

    Abaturage bo mu Karere ka Musanze, bahamya ko imbuto nshya y’ibishyimbo bikungahaye ku butare (fer) bakunze kwita Mwirasi, bakomeje guhinga ku buso bwagutse, byatangiye kubaremamo icyizere cyo kugabanya ibipimo by’imirire mibi mu bana.



Izindi nkuru: