Musanze: Meya na Gitifu bagaragaye mu myambaro batari bamenyerewemo (Amafoto)

Ku wa Mbere tariki 02 Gicurasi 2022, abayoboke b’Idini ya Islam mu Rwanda, bifatanyije n’isi yose mu isengesho risoza igisibo cy’ukwezi kwa Ramadhan, bizihiza umunsi w’Ilayidi(Eidil-Fit’ri). Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Musanze, ubwo bifatanyaga n’Umuryango mugari w’Abayisilamu bahabarizwa, bagaragaye mu myambaro ya kiyisilamu batari bamenyerewemo, mu rwego rwo kurushaho gusabana no kwifatanya na bo mu kwizihiza uyu munsi.

Ramuli na Manzi bifatanyije n'abayoboke b'Idini ya Islam mu kwizihiza Ilayidi bambaye nka bo
Ramuli na Manzi bifatanyije n’abayoboke b’Idini ya Islam mu kwizihiza Ilayidi bambaye nka bo

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Ramuli Janvier na Manzi Jean Pierre, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhoza, bagaragaye bambaye amakanzu n’ingofero, bimenyerewe kwambarwa n’abagabo b’Abayisilamu.

Benshi mu bari bitabiriye isengesho ryabereye ku kibuga cy’Urwunge rw’Amashuri rwa Muhoza ya II, basanzwe babona aba bayobozi babo barimba mu yindi myambaro nk’amakoti, amashati n’amapantaro; batunguwe no kubabona kuri uyu munsi bambaye amakanzu n’ingofero bya kiyisilamu, birabashimisha.

Meya Ramuli Janvier yari yarimbye mu ikanzu y’ibara ry’ubururu n’ingofero yiganjemo amabara bisa, mu gihe Gitifu Manzi, we yari yarimbye mu ikanzu y’ibara ry’ikijuju n’ingofero irimo amabara bisa.

Bamwe mu bayoboke b'Idini ya Islam batunguwe no kubona Mayor wabo yambaye uyu mwambaro ariko biranabashimisha
Bamwe mu bayoboke b’Idini ya Islam batunguwe no kubona Mayor wabo yambaye uyu mwambaro ariko biranabashimisha

Ni ibintu abari bitabiriye iri sengesho bafashe nk’ikimenyetso cy’uko ubuyobozi bwabo bubari hafi kandi bubashyigikiye. Mukanyarwaya Soumaya yagize ati: “Ni ubwa mbere mbonye Meya wacu yambaye iriya kanzu n’ingofero. Byantunguye mbanza gukeka ko atari we, kubera ko yari yambaye n’agapfukamunwa, byansabye kubanza kwitegereza neza, nza gusanga ari we. Yari aberewe koko! Byanshimishije cyane kuba yaje kwifatanya natwe, akagerekaho no kwambara yisanishije nka basaza bacu n’abagabo bacu. Ahubwo ajye ahora arimba kuriya pe!”

Mushinzimana Hussein na we wari witabiriye iri sengesho yagize ati: “Biragaragara ko ubuyobozi bwacu budukunda kandi buduha agaciro, bukubahiriza n’uyu munsi twizihiza w’Ilayidi. Kubona abayobozi bacu tudahuje idini, baje tukifatanya tudasobanya, bakisanisha natwe mu myambarire, byarushijeho gutuma twumva ko badushyigikiye kandi baturi hafi. Ni ibintu byadushimishije cyane”.

Kwifatanya n'Abayoboke b'Idini ya Islam, biri mu rwego rwo kurushaho gusabana na bo
Kwifatanya n’Abayoboke b’Idini ya Islam, biri mu rwego rwo kurushaho gusabana na bo

Meya Ramuli Janvier na Gitifu Manzi, ubusanzwe basengera mu itorero rya ADEPR. Bavuga ko kwifatanya n’Abayoboke b’Idini ya Islam, biri mu rwego rwo kurushaho gusabana na bo, no kurushaho gushimangira ubufatanye bw’inzego bwite za Leta n’Idini ya Islam.

Meya Ramuli n'Umunyamabanga nshingwabikorwa w'Umurenge wa Muhoza Manzi bari kumwe na Mufti wungirije w'u Rwanda Sheikh Nshimiyimana Saleh(uri hagati yabo)
Meya Ramuli n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhoza Manzi bari kumwe na Mufti wungirije w’u Rwanda Sheikh Nshimiyimana Saleh(uri hagati yabo)
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

inkuru zawe zirasobanutse.ziratwubaka.komereza aho

BAPFAKURERA EMMANUEL yanditse ku itariki ya: 4-05-2022  →  Musubize

Ndabakundacyane nkunda inkuruzanyu. Ngakunda byumwihariko akimana

Uwiringiye j. Damascene yanditse ku itariki ya: 3-05-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka