Ecole des Sciences de Musanze yujuje inyubako izatuma abana biga bisanzuye
Ku wa Gatanu tariki 29 Mata 2022, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, yitabiriye umuhango wo gufungura ku mugaragaro ibyumba by’amashuri muri Ecole des Sciences de Musanze, byuzuye bitwaye asaga miliyoni 180 z’Amafaranga y’u Rwanda, bikazafasha abana kwiga bisanzuye.

Ni igikorwa cyayobowe n’Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, Mgr Vincent Harolimana, wanahimbaje n’igitambo cya Misa mu rwego rwo gushimira Imana yatumye intego yo kubaka ibyo byumba by’amashuri igerwaho.
Ibyo byumba bije gufasha iryo shuri mu kurushaho kongera ireme ry’uburezi, aho abana baziga bisanzuye, ndetse banabona uburyo bwo kuzamura ubumenyi mu ikoranabuhanga, dore ko muri ibyo byumba byatashwe harimo n’ibigenewe ikoranabuhanga.

Iyo nyubako igeretse rimwe igizwe n’ibyumba 12, birimo umunani byo kwigiramo mu buryo busanzwe, byubatswe ku nkunga ya Guverinoma y’u Rwanda, n’ibyumba bine bigenewe kwigishirizwamo ikoranabuhanga (Smart classrooms), byubatswe ku ruhare rw’ababyeyi na Diyoseze Gatolika ya Ruhengeri.
Ecole des Sciences de Musanze ni ishuri rya Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri rifashwa na Leta, rikaba ribarirwa mu mashuri y’icyitegererezo (Schools of Excellence), aho ryahawe iryo zina mu 1981, nyuma y’uko ryari rifite izina rya Collège des Humanités Modernes, ubwo ryayoborwaga n’Umuryango w’Abafureri b’aba Maristes.



Ibitekerezo ( 5 )
Ohereza igitekerezo
|
Nabazaga niba muri École des sciences bakwemera ko umwana wange yigayo.Uwo mwana yatsinze neza O’level National Exam agira aggregate ya 52 mu mpera za 2023-2024. Cyakoze ubu amaze icyi gihembwe cya 1 cya 2024-2025 yiga muri S4 PCB mu iseminari...
MWARAKOZE KUTWEREKA aya makuru
Mpisempakunda cyane ni heza.Umwana wanjye niho bamuhaye kwiga umwaka wambere wamashuri 2024-2025
Mpisempakunda cyane ni heza.Umwana wanjye niho bamuhaye kwiga umwaka wambere wamashuri 2024-2025
Wao iyinyubako ninziza cyane mukomereze aho.