IABM ihangayikishijwe n’amatungo n’abajura bayangiriza ibigori

Koperative y’abahinzi, IABM, ihinga mu gishanga cya Makera mu Karere ka Muhanga iravuga ko ihangayikishijwe n’amatungo ndetse n’abajura bayangiriza ibigori.

Koperative IABM ivuga ko inzego z’ubuyobozi bw’ibanze zari zikwiye kujya zihana ababa bafashwe biba ibigori aho kubonereza kuri Koperative, kuko usanga abafashwe badakurikiranwa bigatuma ubujura no konesha bidacika.

IABM ivuga ko abajura bafatwa bayibye ibigori bakazanwa kuri koperative aho gukurikiranwa n'ababishinzwe
IABM ivuga ko abajura bafatwa bayibye ibigori bakazanwa kuri koperative aho gukurikiranwa n’ababishinzwe

Umuyobozi wa IABM, Mukankusi Alphonsine , avuga ko ibigori byibwa muri koperative yabo bica intege abahinzi kandi baba batakaje imbaraga mu buhinzi akaba yifuza ko inzego zibishinzwe zarushaho kuyifasha gukumira izo nka n’abajura.

Akomeza avuga ko muri rusange Koperative ikora neza ariko hagikenewe ubufatanye n’izindi nzego.

Agira ati “Turacyafite ikibazo cy’abajura n’abaragira inka ku gasozi batwangiriza. Nk’ejo bundi twafashe umunshumba watwibye ibigori ariko bamuzanye kuri koperative shebuja ntiyadufasha kumuhana”.

Mukankusi avuga ko koperative yabo ikora neza usibye abayoneshereza n'abayiba ibigori
Mukankusi avuga ko koperative yabo ikora neza usibye abayoneshereza n’abayiba ibigori

Ikindi kibazo cya IABM kikigaragara ngo ni ubwanikiro budahagije ugereranyije n’ibigori beza, kandi ubushobozi bwo kwiyubakira bukaba bukiri buke.

Ubwo itsinda ry’Abadepite ryasuraga IABM mu mpera za Mutarama 2016, Umuyobozi wayo yabagaragaje ko muri rusange ibikorwa byayo bigenda neza dore ko usibye kuba ihinga ibigori inafite uruganda rukora akawunga.

Hon. Mukama Abass yasuye IABM ayemerera ko abagore baba mu Nteko z'ibihugu biri muri EAC bazaza kuyisura bakayifasha
Hon. Mukama Abass yasuye IABM ayemerera ko abagore baba mu Nteko z’ibihugu biri muri EAC bazaza kuyisura bakayifasha

Visi Perezida wa Mbere w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Hon. Mukama Abass, yasabye ubuyobozi kuba hafi ya IABM kuko bigoye kubona Koperative nkayo ikora neza ngo kuko kuba ihagaze neza ari umusaruro mwiza ku karere n’Abanyarwanda muri rusange.

Hon. Mukama avuga ko usibye gufasha koperative kwiyubaka, Inteko izanayifasha kumenyekanisha ibikorwa byayo kugira ngo ibone abaterankunga benshi.

Yagize ati, “ihuriro ry’abagore b’abadepite bo muri EAC bazasura abo mu Rwanda nzabasaba baze kubasura kuko bashobora kubagira inama zabafasha gutera imbere”.

COP IABM igeze ku rwego rwo gutunganya akawunga
COP IABM igeze ku rwego rwo gutunganya akawunga

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye, Ndejeje François Xavier, avuga ko hamwe n’umukozi ushinzwe ubuhinzi mu murenge bagiye kongera gushyira imbaraga mu guca abacuruza ibigori bitetse kuko nabo babangamira IABM.

Abateka bakanacurirza ku mutwe ibigori ngo baba kandi bari muri bamwe bagura ibigori biba byibwe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nibyo rwose iriya cooperative ikora neza cyane. Ikindi kintu bazabafasha ni kubasanira umuhanda ukikije igishanga kuruhande rwa Cyeza,bakawuhuza n’uva i Nyamabuye, hagakorwa neza, ibiraro bigakorwa, kuburyo n’imodoka zazajya zicamo, kugirangu babashe kugeza ifumbire mumurima, ndetse n’umusaruro ugere ku isoko.

Titi yanditse ku itariki ya: 2-02-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka