Itorero Victorious Life Church ryahaye umunsi mukuru wa Noheli abana bo mu muhanda ndetse n’abandi bana baturuka mu miryango itishoboye basaga 500.
Abanyeshuri biga muri Green Hills Academy, ishuri riherereye i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali batunguye abantu ubwo bababonaga bacuranga ibicurangisho bya muzika bitandukanye.
Mu Karere ka Rulindo hashyinguwe imibiri itanu yabonetse ubwo hatunganywaga amaterase y’indinganire mu Mirenge ya Mbogo, Rusiga, Shyorongi na Tumba.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi yashyizeho ikirango gishyashya kiranga icyayi cy’u Rwanda bikazafasha kugitandukanya n’ubundi bwoko bw’icyayi bugemurwa mu mahanga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiturire (RHA) kirateganya ko mu myaka irindwi iri imbere mu gihugu hose hazimurwa ingo ibihumbi 205 zizatuzwa mu midugudu y’icyitegererezo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe Imicungire n’Imikoreshereze y’Ubutaka kiravuga ko umuntu ufite ubutaka butamwanditseho bikorewe imbere ya noteri, buba atari ubwe.
Abishyuzwa n’abishyura Parikingi z’imodoka baravuga ko banyuzwe n’uburyo bushyashya bwo kwishyuza amahoro ya parikingi hakoreshejwe ikoranabuhanga rya E-Pariking.
Umugore ukomoka muri Tanzania ufite ubuhanga mu gukina umupira w’amaguru yagaragaye mu Mujyi wa Kigali yarangaje abantu kubera “udukoryo” yakoraga.
Ababyeyi bavuga ko inzu nshya y’ibyariro (Materinite) y’Ibitaro bya Gahini izaborohereza ingendo bakoraga bajya konsa impinja zavutse zitagejeje igihe,kuko byabagoraga cyane dore ko baba batarakomera umugongo.
Bamwe mu baturage batangiye gushora imari mu bworozi bw’amafi bibabyarira inyungu, ku buryo na leta yatangiye kugira inama ba rwiyemezamirimo kubushoramo imari.
Mu mwaka wa 2016, mu Rwanda habaruwe abakobwa 17.000 baterwa inda bakiri bato. Muri bo abasaga 400 babaruwe mu Ntara y’Amajyaruguru.
Abatuye mu tugari twa Kimisagara, Katabaro na Kamuhoza mu Murenge wa Kimisagara bamaze amezi atanu nta mazi bafite kubera itiyo yayazanaga yacitse.
Iyo witegereje hirya no hino ku isi, usanga hari abantu bakora ibikorwa bibangamira abandi babyita uburenganzira bwabo, cyangwa se abandi bakamburwa uburenganzira bwabo ntibabimenye.
Habiyaremye Chreophas utuye mu Karere ka Kayonza yihangiye umurimo wo gukora imbaho mu rwiri n’ibirere nyuma yo kubona ko aho atuye ibiti bihenze.
Guhera mu kwezi k’Ukuboza uyu mwaka, serivisi nyinshi zatangirwaga mu mirenge ziratangira kumanurwa mu tugari, kugira ngo bigabanyirize abaturage gusiragira mu buyobozi.
Abaturage barema isoko rya Gasogororo ryo mu Karere ka Kayonza bavuga ko batarebanye neza n’abarituriye kubera kwanga kubugamisha mu gihe cy’imvura.
Abo bapasiteri 7 bimitswe biyemeje guhangana n’ibiyobyabwenge ngo bigaragara hirya no hino mu Mirenge aho batuye.
Itsinda ry’abavugabutumwa 76 ryitwa “New Life in Africa” ryaturutse muri Tanzania ryatangiye igikorwa cy’ivugabutumwa mu Rwanda.
Ubuyobozi bwa Isilamu mu Karere ka Kayonza n’abayobora imisigiti yo muri ako karere bavuga ko biyemeje guhangana n’abigira intagondwa.
Abatuye mu Murenge wa Mukarange muri Kayonza batangaza ko kwegerezwa umuyoboro w’amazi meza babifata nk’igitangaza kuko batari bazi ko yabageraho.
Abaturage b’i Kayonza bavuga ko biteze serivisi zinoze ku bayobozi kubera ko bagiye kujya bakorera mu biro bishya ahantu hisanzuye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza buhamya ko mu igenzura bakoze basanze hari imiryango ibarirwa mu bihumbi 11 itagira ubwiherero bigatuma abayigize biherera mu bisambu.
Mukeshimana Venuste wo muri Kayonza yahanze umurimo wo kubaza amashusho y’inyamaswa mu bisigazwa by’ibiti ku buryo hari ishusho agurisha ibihumbi 200RWf.
Abaturage batandukanye bivuriza ku Kigo nderabuzima cya Mukarange kiri muri Kayonza barinubira serivisi mbi bahabwa n’iryo vuriro.
Abaturage bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bugarijwe n’ubujura bw’amatungo n’ubw’imyaka bejeje.
Babifashijwemo n’ikigo SACCA abana babaga mu muhanda, bari imbata y’ibiyobyabwenge bahamya ko nyuma yo kubona ububu bwabyo bakabireka biteje imbere.
Ibi byagarutsweho ubwo inkongi y’umuriro yafashe inzu itunganya umuziki igashya igakongoka ngo biturutse ku nsinga z’amashanyarazi zitujuje ubuziranenge.
Ububyeyi wo mu Karere ka Kayonza ufite abana bafite ubumuga bw’uruhu ahamya ko abangamiwe n’abaturanyi bahora bamuha akato kubera abo bana.
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ifite Plaque RAB864L yakoze impanuka ikomeye ihitana babiri mu bari bayirimo, abandi 70 barakomereka.
Madame Jeannette Kagame yatembereje mugenzi we Claudine Talon umudugudu wa Ndatwa w’icyitegererezo wa Nyagatovu uherereye mu Karere ka Kayonza.