Kayonza: Impanuka ikomeye yahitanye babiri ikomeretsa 70

Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ifite Plaque RAB864L yakoze impanuka ikomeye ihitana babiri mu bari bayirimo, abandi 70 barakomereka.

Iyi mpanuka yabaye ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki ya 2 Ukuboza 2016, ibera mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza.

Iyi modoka ya Fuso ifite plaque 864 L yahitanye babiri ikomeretsa 70.
Iyi modoka ya Fuso ifite plaque 864 L yahitanye babiri ikomeretsa 70.

Aba baturage yari itwaye ngo bavaga ku biro by’Umurenge wa Kabare guhabwa ibiribwa, nyuma y’amapfa bahuye nayo ntibabashe kweza.

CIP Emmanuel Kabanda, umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yahamije amakuru y’iyi mpanuka, avuga ko bagishakisha uwari utwaye iyi modoka wahise utoroka.

Yagize ati “ Aba baturage batse lifuti umushoferi w’iyi modoka arayibaha, bageze ahitwa kamarashavu ihita yibirandura hapfamo babiri ako kanya, abandi 70 barakomereka”.

CIP Kabanda akomeza avuga ko muri abo 70 barokotse 15 bakomeretse bikomeye, bakaba bahise bajyanwa kwa muganga mu Bitaro bikuru bya Rwinkwavu, abandi ku kigo nderabuzima cya Cyarubale, abandi baherezwa i Kigali ku Bitaro bikuru bya CHUK.

Yavuze ko mu gihe polisi ikiri gukora iperereza ngo imenye icyateye iyi mpanuka, igikomeje no gushakisha umushoferi w’iyi modoka wahise utoroka ikimara kugwa.

CIP Emmanuel Kabanda yemeje iby'iyi mpanuka
CIP Emmanuel Kabanda yemeje iby’iyi mpanuka

Bamwe mu baturage bari muri iyi modoka bavuga ko ngo mbere, iyo modoka yashatse kugwa inshuro zirenga eshatu bagasaba kuvamo, ariko shoferi akababwira ngo nibihangane bakomeze urugendo ntakibazo.

Ubwanyuma imodoka ijya kugwa ngo ni bwo shoferi yababwiye ko ifite ikibazo cya feri abasaba gufata cyane bagakomeza.

Abarokotse iyi mpanuka bahise bagezwa mu bitaro bitandukanye kwitabwaho
Abarokotse iyi mpanuka bahise bagezwa mu bitaro bitandukanye kwitabwaho
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

Yooooo.

Twihanganishije imiryango yavuze ababo.

Ikigaragara nuko amakosa Ari ayashofeli waruziko imodoka itarinzima urumva ko imodoka yahereyekare ishaka kugwa

mupenzi yanditse ku itariki ya: 14-12-2016  →  Musubize

Ndasabako abashoferi bajyabitondera gutwara imodoka zitujuje ubuzintenge

Mugisha gabriel yanditse ku itariki ya: 4-12-2016  →  Musubize

Olala! Nibihangane ntakundi.

L’enfant de Nyamagabe yanditse ku itariki ya: 4-12-2016  →  Musubize

Yo ndababaye gsa bihangane imana irabazi kd abavuye mu mubiri nabo ibakire mubayo kd twifanije nabo!

Utazirubanda jean d Dieu yanditse ku itariki ya: 4-12-2016  →  Musubize

1 uwo mushoferi numusazii fuso se itwara abantu 70 gîte 2 abashinzwe ubuzira nenge nabo bakwiye gusobanura ziliya modoka batema bakazihindura zigiye kumara abantu bazice cy zize uko zakozwe

gakuba yanditse ku itariki ya: 4-12-2016  →  Musubize

TWIHANGANISHIJE IMIRYANGO YAGIZE IBYAGO BIHANGANE IMANA YITEGUYE GUKIZA IZO NKOMERE.

HABARUREMA yanditse ku itariki ya: 4-12-2016  →  Musubize

ABA BATURAGE NIBIHANE

ALIAS GAVANA yanditse ku itariki ya: 4-12-2016  →  Musubize

Abazize Iyi Mpanuka Imana Ikire Mu Bayo. Ariko N’abatwara Ibinyabiziga Bakurikize Amategeko Kuko Ubuzima Burahenze.

Emmanuel yanditse ku itariki ya: 3-12-2016  →  Musubize

twihanganishije abagize impanuka imana ibakire mubayo

trezoro yanditse ku itariki ya: 3-12-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka