Umugore utazwi amazina arashakishwa n’inzego z’umutekano nyuma yo kwiba uruhinja mu bitaro bya Gahini biri mu Karere ka Kayonza.
Abakora mu bigo byigenga cyane cyane iby’uburezi, barakangurirwa kugana sindika z’abakozi.
Nyuma yo kumara umwaka nta mvura igwa bigatera amapfa, muri Kayonza noneho haguye imvura idasanzwe isenya amazu y’abaturage inangiza urutoki.
Abantu 60 bize mu ishuri ryigisha gutunganya imisatsi n’inzara bahawe impamyabushobozi bishimira ko badashobora kuzajya mu bushomeri.
Abaturage barenga ibihumbi 24 bo mu karere ka Kayonza bibasiwe n’amapfa bari gufashwa guhangana nayo bahabwa imbuto yo gutera n’ifumbire.
Abaturage 318 bibumbiye mu makoperative akora isuku mu mihanda iri muri Rulindo batangaza ko bamaze amezi atanu badahembwa kandi bakora.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yasabye abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge, kwimakaza ubuyobozi bwiza butarangwamo ruswa kugira ngo bageze abaturage ku cyerekezo kizima.
Abayobozi b’inego z’ibanze mu Karere ka Rulindo basabwe kurushaho kwegera abaturage bayobora kugira ngo bafatanyirize hamwe kwicungira umutekano.
Itorero ry’Igihugu, kuva kuri uyu wa 22-28 Kanama 2016, ririmo guhugura abakozi b’Akarere ka Nyarugenge n’abatowe kuva ku midugudu kugera ku karere, ku kunoza imikorere.
Kuwa 18/08/2016 Minisiteri ifite imicungire y’ibiza mu nshingano (MIDIMAR) yahaye inkunga y’amabati ya miliyoni enye imiryango 23 yasenyewe n’imvura idasanzwe.
Umutoniwase Edwige w’imyaka 18 yashushanyije ifoto ya Madame Jeanette Kagame mu rwego rwo kumushimira byimazeyo agaciro aha abakobwa.
Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Rulindo bagaragaje ko bazashyira amafaranga arenga miliyari mu bikorwa by’imihigo y’uyu mwaka wa 2016-2017.
Urubyiruko n’abagore bo mu turere abenshi bavuga ko batazi ntibanasobanukirwe n’imikorere y’Ikigego cy’imari (BDF), mu gihe cyari cyashyiriweho kubafasha guteza imbere imishinga yabo.
Abanyeshuri 25 b’abakobwa batsinze kurusha abandi ibizamini bisoza amashuri yisumbuye bari gukurikirana amasomo y’ikoranabuhanga muri TCT (Tumba College of Technology) bavuga ko ntacyabarutira ikoranabuhanga.
Minisitiri ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Amb. Valentine Rugwabiza, arasaba abaturage kurangwa n’ishyaka ryo kwikemurira ibibazo bibareba batagombye gutegereza inkunga zituruka ahandi.
Uruganda rutunganya isombe “Shekinna” rukorera kuri Nyirangarama mu Karere ka Rulindo, rwashyize ku isoko isombe irimo inyama n’irimo amafi n’ibirungo, ihira iminota itanu gusa.
Mu imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Rulindo abikorera n’abandi basabwe kunoza no kongera ibyo bakora kuko iyo umutekano uhari nta kidashoboka.
Itsinda ry’abagore 12 ryitwa “Abizerarana” ryo mu Karere ka Rulindo, ryoroje inka buri munyamuryango wese babikesha ubuhinzi bw’inkeri n’ibinyomoro.
Abatuye Akagali ka Rutonge gaherereye mu Murenge wa Shyorongi mu Karere ka Rulindo, bujuje ibiro by’akagari bivuye mu ngufu n’amafaranga byabo.
Ba veteineri b’imirenge ya Rukozo, Uwiragiye Assiel, n’uw’Umurenge wa Ngoma, Nganimana Appolinaire, bafunzwe bakurikiranyweho kunyereza inka za gahunda ya “Girinka.”
Akarere ka Rulindo n’abafatanyabikorwa bako bishatsemo inka 970 zizorozwa abatishoboye, hagamijwe kwihutisha igenamigambi ryo koroza inka imiryango 15.500 biyemeje kugeraho bitarenze umwaka wa 2017.
Umugore witwa Nzamwitakuze Vestine w’imyaka 40 wari ukurikiranyweho gushaka gukata igitsina cy’umugabo we asinziriye, ku munsi w’ejo yapfuye urupfu rutunguranye.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Murenge wa Base mu Karere ka Rulindo boroje inka 12 imiryango itishoboye kugira ngo yivane mu bukene.
Ababashinwa babiri bakorera mu Karere ka Rulindo bakubise umusore w’Umunyarwanda bakoreshaga ajya muri koma, nyuma y’uko bari bamaze umwanya baterana amagambo.
Imani Bora urangije ku Kigo cy’Ubumenyingiro cya Tumba College of Technology, yakoze konteri z’amazi zizakuriraho WASAC igihombo gisaga miliyari 10Frw.
Musabyimana Ferdinand wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Rulindo afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 15Frw ahimba ibintu bitandukanye.
Niyigena Marthe ukora ubuvuzi gakondo, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Shyorongi muri Rulindo, akurikiranyweho urupfu rw’umugabo yavuriraga iwe.
Umukozi wari ushinzwe imibereho myiza mu Murenge wa Masoro muri Rulindo, afunzwe akekwaho kunyereza amafaranga ya VUP no guha inka abatazigenewe.
Abarokotse bo mu Karere ka Rulindo barasaba abatarahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gutanga amakuru bafite y’ahashyinguwe imibiri y’abishwe.
Komisiyo ya Sena ishinzwe Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano irashishikariza abaturage kubyaza umusaruro amahirwe u Rwanda rufite yo kuba mu Muryango w’Afurika y’Uburasirazuba.