Nyuma yo kugenzura isuku mu karere ka Gicumbi ahacururizwa ibiribwa no muri za restora itsinda rishinzwe kugenzura abo bacuruzi rirasaba abatereka ibyo bacuruza ku muhanda kubireka kuko imyanda ijyamo yangiza ubuzima bw’abantu.
Abatuye mu murenge wa Rutare mu karere ka Gicumbi bemeza ko igitebo bita “Umuhuza” cyagabanyije amakimbirane yo mungo aturuka ku gutinda gutegura amafunguro yo mu rugo hagati y’umugore n’umugabo.
Umugore witwa Uwamariya Christine wo mu Murenge wa Rubaya, Akarere ka Gicumbi, ariko akaba atuye i Kigali afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Byumba aho akurikiranyweho icyaha cyo kwiba umwana.
Intumwa za Minisitiri w’Intebe, kuva tariki 25-26/03/2013, zari mu karere ka Gicumbi mu rwego rwo gufasha abahesha b’inkiko kurangiza imanza z’imitungo z’abarokotse Jenoside no gukemura n’ibindi bibazo by’abacitse ku icumu bijyanye no kurangiza kwishyurwa imitungo yabo.
Mu rwego rwo kurushaho kwiyubakira ibikorwa by’iterambere, Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, tariki 25/03/2013, yifatanyije n’abaturage ba Gicumbi kwagura umuhanda uhuza utugari twa Ruvumu na Karushya.
Intumwa zaturutse mu gihugu cy’Ubudage mu ntara ya Rhenanie Paratinat ifitanye umubano ushingiye kuri jumelage n’u Rwanda batashye amashuri yubakiye akarere ka Gicumbi mu murenge wa Giti.
Inyubako z’ishuri ry’Uryunge rw’Amashuri rwa Tanda ziherereye mu kagali ka Tanda, umudugu wa Tanda, umurenge wa Giti, akarere ka Gicumbi, zatashywe ku mugaragaro, igikorwa kitabiriwe n’intumwa zaturutse mu Budage, mu ntara ya Rhenanie Platinat ifitanye umubano wihariye n’u Rwanda.
Abagize njyanama y’akarere ka Gicumbi biyemeje kurushaho gukorera hamwe hagamijwe guteza imbere abaturage bagize akarere ka Gicumbi nyuma yo kunengwa kudatanga umusaruro ukwiye, mu mwiherero Nama Njyanama yari imazemo iminsi.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru yakoranye umuganda n’abaturage mu kagali ka Musenyi mu murenge wa Mutete mu Karere ka Gicumbi maze basana amazu ameze nabi y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994.
Umwana w’umunyarwanda w’imyaka 13 witwa Kabarebe mwene Byamugisha Cyprien wo mu mudugudu wa Kagugu akagari ka Gishari mu murenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi yazanywe n’inzego z’ubuyobozi bwa Uganda ari umurambo.
Ikipe y’Akarere ka Gicumbi yagarutse muri shampiyona y’igihugu y’umukino wa hand ball, tariki 24/02/2013, nyuma y’imyaka ibiri yari imaze itayitabira.
Ndemezo Appolinaire utuye mu murenge wa Shagasha mu karere ka Gicumbi arasaba ko akarere kamufasha kwishyurwa amafaranga miliyoni n’igice yatsinzemo uwahoze ari umupolisi wa komini ya Rushaki mu mwaka w’1997 nyuma yo kumurasa akamuca akaguru.
Umushinga L’APPEL France urimo gusura ibikorwa by’imiyoboro y’amazi bakoreye mu karere ka Gicumbi bareba niba byaruzuye neza bakaba bari no gutegura kubitaha ku mugaragaro.
Nyuma yo kwimura ikimoteri cyashyirwagamo imyanda yo mu mujyi wa Byumba kigashyirwa mu kagari ka Nyarutarama hepfo yo Kumukeri ahitwa ku Kasehoma na n’ubu gikomeje kubangamira ibidukikije.
Iyo ukigera muri santere ya Rukomo iherere mu karere ka Gicumbi usanganirwa n’umwanda ukomoka ku bantu bacururiza ku mbaraza z’amaduka ariko mu bwiherero (WC) ho hateye ubwoba ku buryo bidakosowe ubuzima bw’abantu bahafatira ifunguro bwahazaharira.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cya Community Policing tariki 12/02/2013, uturere dutandukanye tugize intara y’Amajyaruguru twakoze igikorwa cyo gukwika no kumena ibiyobyabwenge byafashwe ndetse bikorerwa imbere y’abaturage mu rwego rwo kubakangurira ububi bwabyo.
Abayobozi bahagarariye akarere ka Gicumbi n’akarere ka Kabare ko muri Uganda, tariki 11/02/2013, bashyize imikono ku masezerano ashingiye ku gufashanya mu bikorwa bimwe na bimwe bahuriyeho kuko utu turere duhana imbibi.
Mu gihe habura iminsi mike ngo hizihizwe umunsi mukuru w’abakundana (Saint Valentin) Abanyagicumbi benshi bavuga ko barangije kugura impano bazaha abakunzi babo kuri uwo munsi.
Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi yataye muri yombi abagabo batatu aribo Daniel Habumuremyi, Emmanuel Nshimiyimana na Jean Pierre Maniriho bakekwaho gutwara forode y’inzoga ya Chief Waragi.
Amaresitora ane yo mu karere ka Gicumbi (Giramata, Restaurant ya La Confiance, New STAR RESTAURANT na BAR ahahoze ari OBEX) yafunzwe tariki 06/02/2013 kubera umwanda wo mu bikoni no mu bwiherero.
Ministeri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) irashakisha uburyo abahinzi bo mu karere ka Gicumbi babona aho bagurisha umusaruro wabo w’ingano nyuma y’aho byagaragariye ko inganda zikora ibituruka ku ifaraini zitagura izo ngano bavuga ko zitavamo ifaraini nziza.
Abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ryigisha abasirikare bo mu rwego rwo hejuru (RDF Command Staff College), tariki 28/01/2013, basuye akarere ka Gicumbi mu bushakashatsi ku ikoranabuhanga, gukoresha amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba ndetse no kwikoreshwa rya biogaz.
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi batangaza ku munsi w’Intwari z’igihugu uteganyijwe tariki 01/02/2013, bazirikana cyane intwari Major General Gisa Fred Rwigema, kuko bemeza ko aza ku isonga mu bitangiye igihugu.
Akarere ka Gicumbi kishimiye ko kabonye ivuriro ry’amatungo ry’icyitegererezo kandi ubu bakaba batazongera kuvura indwara batazi kuko mbere bavuranaga urujijo.
Nyuma y’aho wageraga mu mujyi wa Byumba ugasanganirwa n’ivumbi gusa ndetse ukabona ko umujyi waho utajyanye n’igihe tugezemo ubu akarere ka Gicumbi kari gutunganya imihanda ishyiramo kaburimbo bikazatwara akayabo ka miliyoni zirenga 199.
Ubuzima bwongeye kugaruka nk’ibisanzwe mu duce twegereye umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda, Nyuma y’imyigaragambyo yoroheje y’abatuye mu gice cya Uganda, biturutse ku rupfu y’urupfu rw’umugande watwikiwe mu modoka n’abagizi ba nabi.
Akarere ka Gicumbi niko keguriwe inzu Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yubakiye abanyabukorikori bo muri ako karere, mu rwego rwo kugira ngo kabe ariko kajya kagenzura imikorere yabo n’uburyo biteza imbere.
Mu ijoro rishyira kuri uyu wa 18/01/2013 ahitwa Rwafandi mu Murenge wa Rutare mu Karere ka Gicumbi abagizi ba nabi bahatwikiye umugande witwa Tinyinondi Dickson mu modoka ubwo yari avuye mu mujyi wa Kigali kuvunjisha amadorari.
Mu minsi itatu Guverineri Bosenibamwe Aime amaze aganira n’abaturage b’akarere ka Gicumbi baho asanga imyumvire y’abaturage b’ako karere yarazamutse cyane kuko bitabira neza gahunda za Leta ndetse bakanazishyira mu bikorwa babikunze.
Umugabo witwa Munyensanga Philipe wo mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Gicumbi arashimira Kigali Today yanditse inkuru ku bukene n’uburwayi bw’uruhu yari afite kuko nyuma y’iyo nkuru ubuyobozi bw’umurenge bwahise bwihutira kumufasha.