Umuyobozi w’ishuri ribanza rya Birembo, Rukundo Jean Baptiste, mu Kagari ka Mpushi, Umurenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi, avuga ko ibyumba bitatu barimo kubakirwa bigiye gukemura ikibazo cy’abana basangiraga icyumba kimwe cy’ishuri batiga mu mwaka umwe.
Inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, barasaba abaturage kwirinda kwihanira ahubwo bagakumira ibyaha bitaraba, mu rwego rwo kwirinda ubwicanyi buturuka ku makimbirane mu miryango.
Abanyamuryango ra RPF Inkotanyi mu Ntara y’Amajyepfo biyemeje kongera ubuso bwuhirwaho mu rwego rwo kongera umusaruro w’ubuhinzi mu gihe Abanyarwanda binjiye mu gihe cy’impeshyi.
Mushimiyimana Laurette avuga ko itariki ya 02 Kamena 1994, ari itariki y’umuzuko kuri we kuko Inkotanyi zamurokoye i Kabgayi amaze iminsi itatu agerageje kwiyahura kubera uburwayi bwa macinya yari afite kandi nta muti abona.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi i Kabgayi mu Karere ka Muhanga bavuga ko kuva ku butegetsi bwa Repubulika ya mbere n’iya kabiri, Abatutsi bahohotewe bagakorerwa Jenoside ariko babanje guhangayikishwa, ku buryo bishwe baramaze guteshwa agaciro bikanatuma ntawe ubasha kwirwanaho.
Umucuruzi wari umenyerewe mu by’akabari mu Mujyi wa Muhanga mu Murenge wa Nyamabuye, Vincent Nsengimana, yitabye Imana azize urupfu rutunguranye.
Abari bafungiye ibyaha birimo guhohotera abagore, ubujura, ubuhemu n’ibindi byaha bito biyemeje kwisubiraho bakabana neza n’abandi mu muryango Nyarwanda.
Minisiteri y’Ikoranabuhanga, n’abafatanyabikorwa bayo baravuga ko hari gahunda yo kuzamura ibikorwa remezo by’ikoranabuhanga, kugira ngo abiga mu mashuri atandukanye barusheho kurikoresha, biborohereze mu myigire yabo.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof. Jeannette Bayisenge, avuga ko kwica umugore bigamije kurimbura umuryango, kuko ari we utwita akanabyara naho kwica umwana bikaba bigaragaza kwica ejo hazaza h’Igihugu, byose bikaba byari bikubiye mu mugambi wo kurimbura burundu Umututsi muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abanyeshuri n’abarimu bo ku ishuri ribanza rya Urukundo Foundation mu Karere ka Muhanga, baravuga ko bigiye byinshi mu gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kabgayi, ruruhukiyemo imibiri isaga ibihumbi 10 y’abiciwe i Kabgayi.
Abakorera ibigo 18 bya Diyosezi ya Kabgayi birimo iby’uburezi, ubuvuzi n’izindi serivisi bibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barimo n’abari abakozi babyo, biyemeza gukomeza kubumbatira ubumwe no guharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Senateri Antoine Mugesera asobanura ko kugira ngo u Rwanda rugire ubuyobozi buzaramba imyaka n’imyaka, bisaba abayobozi gukomeza kubumbira hamwe abanyagihugu, kuko kugira ngo Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ishoboke, byavuye ku buyobozi bucamo ibice Abanyarwanda.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Murenge wa Mbuye, baravuga ko mu rwego rwo gukomeza gusigasira amateka, bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside, iterera umusozi wa Nzaratsi ugana ku rutare rwicirwagaho Abatutsi, wiswe Karuvariyo.
Umubyeyi witwa Urujeni Therese warokotse Jenoside mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango atangaza ko, ababyeyi be ba batisimu banze kumuhisha mu gihe cya Jenoside biba gukabya inzozi ze, kuko n’ubundi ngo na mbere yajyaga abirota.
Imiryango y’Abapasitoro 81 biciwe i Gitwe mu Karere ka Ruhango, iratangaza ko mu rwego rwo kubungabunga amateka y’ababo bazize Jenoside, bagiye kubaka inzu ibumbiye hamwe amateka yabo.
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga (PSF), bibutse bagenzi babo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, baremera imiryango 18 y’abatishoboye barokotse Jenoside, batujwe mu Mudugudu wa Kabingo, Akagari ka Tyazo mu Murenge wa Muhanga.
Abize imyuga baturuka mu miryango itishobye yo mu Murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango, barimo n’abahoze mu muhanda, bahawe ibikoresho byo kubafasha kwihangira imirimo, basabwa kutabipfusha ubusa nk’uko bijya bigenda kuri bamwe mu bahabwa amatungo bakayarya.
Abaturage bo mu Mirenge ya Rugarika na Runda, baravuga ko bahangayikishijwe n’iyangirika ry’ikiraro kibahuza, ku buryo nta modoka ikibasha kucyambuka, ubu imigenderanire ikaba yarahagaze, guhahirana bikaba bigoye cyane, ariko igihangayikishije cyane kikaba abana bato bambuka icyo kiraro bajya banava ku mashuri, kuko hari (…)
Abarokokeye Jenoside mu Murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango, baravuga ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hari interahamwe z’abakobwa zabaga kuri bariyeri zishinzwe kwica abakobwa n’abagore b’Abatutsikazi, zitwaje ko ngo babatwaraga abagabo kubera ubwiza bwabo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), kiratangaza ko kigiye gutangira gutanga urukingo rw’indwara y’amashamba iterwa na virusi, kuko rusanzweho ariko rukaba rutari ruri ku rutonde rw’inkingo zihabwa abana mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko imihanda ya Kaburimbo ireshya na kilometero 12, yubatswe ku nkunga ya Banki y’Isi, ishobora kuba yuzuye bitarenze Gicurasi 2023, kuko icyiciro cyayo cya nyuma kireshya na kilometero esheshatu, kigeze kuri 75% gikorwa.
Uwizeye Jean de Dieu wari warabaswe n’inyigisho z’ingengabitekerezo ya Jenoside aratangaza ko yanze buruse ya Leta yari yahawe, ngo kubera ko atari yizeye kubona akazi keza kuri Leta y’Inkotanyi, ahubwo akumva ko aramutse yize akaminuza zazamwica.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buratangaza ko kubera ikibazo cyo kuzura kwa Nyabarongo igafunga umuhanda Muhanga – Ngororero - Mukamira, hari guteganywa kwimura igice cyawo kirengerwa n’amazi ahagana mu gishanga cya Nyabarongo mu Murenge wa Gatumba, kikanyuzwa ku musozi ugahingukira mu isantere ya Gatumba.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango barasaba abajyanama babahagarariye mu rwego rw’Akarere, gukomeza kubakurikiranira iby’impinduka ku misoro y’inzego z’ibanze n’ibiciro by’ibiribwa ku isoko kuko hari ibitubahirizwa.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Murenge wa Musambira Akarere ka Kamonyi, baravuga ko gutanga ubuhamya bw’ibyababayeho muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bigenda bibafasha kubohoka, kuko n’ubundi batanze imbabazi ku babiciye.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango basimbuje inzuri zabo amashyamba, barahamya ko mu minsi mike batangira kuyabyaza umusaruro, bakayagira ingwate muri banki bakiteza imbere, mu gihe izo nzuri zari zimaze kuba agasi zabatezaga imyuzure mu mibande bahingamo bakicwa n’inzara.
Mu biganiro bigamije gukangurira ababyeyi bakoze Jenoside kugira uruhare mu guha abana amakuru nyayo, no kubabwiza ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, hakomeje kugaragazwa ko hakiri ababyeyi babeshya abana babo ku byo bakoze muri Jenoside, bagasabwa kuvugisha ukuri bityo abana babo babohoke.
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yikorera imizigo, yataye umuhanda yinjira mu nzu y’ubucuruzi yangiza ibyarimo ariko ntihagira uhasiga ubuzima.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, arashishikariza Abanyarwanda guhindura imyumvire mu guteka ibishyimbo, by’umwihariko abatekera abantu benshi nko mu bigo by’amashuri, mu rwego rwo kugabanya ibiti bitemwa no kubungabunga ibidukikije, aho abasaba kubanza kubitumbika mu mazi.
Ubuyobozi Bukuru bwa Banki ya Kigali (BK) bwaganiriye n’abakiriya bayo ba Muhanga, basezerana gukomeza ubufatanye kugira ngo bakomeze kwagura ishoramari ryabo, by’umwihariko abafite ibikorwa binini birimo n’inganda ziri kubakwa mu cyanya cy’inganda cya Muhanga, abacuruzi n’abandi bikorera.