Perezida Kagame yazamuye urukiramende ku rubyiruko rw’u Rwanda

Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko ko u Rwanda rubategerejeho umusanzu ukomeye wo guteza igihugu imbere.

Mu birori byo gusoza umwaka aho yakiriye abanyarwanda b’ingeri nyinshi, yarebye abiganje mu batumirwa be, maze abwira urubyiruko ati “Muri mwe rubyiruko muri hano, muri benshi mu baturage b’u Rwanda. Kuba 75% by’abaturage bafite munsi y’imyaka 30 ni imbaraga zikomeye cyane."

Aha, yababwiye ko izi mbaraga zigomba gushingira ku ndangagaciro Nyarwanda no ku mirimo ifite ifite agaciro, ibafasha kwiyubaka no kubaka igihugu.

Kagame yagize ati "Ntimushobora kubaka u Rwanda mutabanje kwiyubaka mbere. Ibyo ni byo mbasaba kandi ni byo mbifuzaho.”

Ubu butumwa buhuje n’icyerekezo cy’u Rwanda cyo kwimakaza ubushobozi bw’urubyiruko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi binyuze mu burezi no mu bucuruzi.

Gahunda zitandukanye, zirimo Politiki y’Igihugu y’Urubyiruko (National Youth Policy) zongereye amahugurwa y’ubumenyi n’ubushobozi, nubwo ubushomeri bw’urubyiruko bukiri hejuru ya 15%.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka