Ibiro bishya by’Akarere ka Rutsiro bigomba kuzasimbura ibyari ibya Komini ntibigitashywe muri Nyakanga 2016 kuko hakiri imirimo igikorwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro burasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri kwitwararika bagatanga urugero ku bandi birinda ingeso mbi.
Abatuye mu kagari ka Gabiro mu Murenge wa Musasa muri Rutsiro, baribaza impamvu badahabwa amashanyarazi kandi amapoto amaze igihe ashinze.
Ibigo nderabuzima bimwe na bimwe byo mu Karere ka Rutsiro birinubira ko bikoresha abakozi bake kandi bakira abarwayi benshi.
Ubuyobozi bwa Farumsi y’Akarere ka Rutsiro buratangaza ko ibigo nderabuzima n’Ibitaro bya Murunda bikomeje kwica igenamigambi ryayo.
Umusore w’imyaka 20 w’i Murunda muri Rutsiro yiyahuye nyuma y’imyaka itandatu na nyina yiyahuye.
Nzayisenga Sylvestre, w’imyaka 23 utuye mu Murenge wa Boneza muri Rutsiro afuzwe afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kayove akekwaho gutema inka y’umuturanyi bahoraga baterana amagambo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buraburira abagura amata na SOSOMA bitangwa ku mavuriro mu kurwanya imirire mibi, kuko abazabifatirwamo bazahanwa.
Musenyeri wa Diyosezi ya Nyundo, Anaclet Mwumvaneza, arasaba urubyiruko kuba abakirisitu bubaha Imana ariko bakazirikana gukora bikorwa by’iterambere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buraburira abahawe amafaranga y’inguzanyo ya VUP ariko banze kuyagarura, ko hafashwe ingamba zo kubishyuza vuba na bwangu.
Abavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 biyemeje kwibuka, kugira ngo bamenye amateka ya Jenoside batazajya bayabarirwa nk’abanyamahanga.
Aborozi bo mu Murenge wa Kigeyo muri Rutsiro, ikusanyirizo ry’amata ryuzuye ariko ntirikore rituma babura aho bagemura amata yabo akabapfana.
Imiryango yo mu Karere ka Rutsiro yibuka abayo yabuze baguye mu Kivu ikomeje gusaba ko ahashyinguye iyo mibiri hakubakwa urwibutso.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko mu bana basaga 3780 mu mashuri abanza n’ayisumbuye bari barataye ishuri, 2500 bamaze kurisubizwamo.
Ikirombe kiri mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro cyagwiriye abasore babiri bagicukuragamo Koruta bahita bapfa.
Umuyobozi mushya w’Umuryango FPR - Inkotanyi mu Karere ka Rutsiro, Ayinkamiye Emerence, yijeje abanyamuryango ko agomba guhangana n’ibibazo byugarije akarere birimo gusubiza abana mu ishuri no kurwanya ikibazo cy’imirire mibi.
Abanyamuryango ba FPR/INKOTANYI bo mu Karere ka Rutsiro binenze kubera ko batabashije gutanga imisanzu bari bariyemeje.
Uwitonze Beatrice w’imyaka 16 wo mu Karere ka Rutsiro yagaruriwe mu nzira agiye gukorera amafaranga amafaranga mu Karere ka Muhanga ataye ishuri.
Abatuye mu Murenge wa Musasa mu Karere ka Rutsiro bemeza ko inyigisho zitangwa mu biganiro by’icyunamo byafasha urubyiruko kwirinda Jenoside.
Abanyeshuri bize mu kigo cy’ubumenyi ngiro VTC/Bumba muri Rutsiro batangaza ko ubumenyi bahawe bwabafashije kurwanya ubushomeri babona akazi.
Abatuye mu Murenge wa Manihira uri Rutsiro barinubira ko abayobozi babaka ruswa yiswe “ikiziriko” kugira ngo bahabwe inka za Girinka.
Mwiseneza Fidele wari watorewe kuba Umujyanama Rusange mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro yasezeye kuba umwe mu bagize Inama Njyanama y’Akarere ka Rutsiro atanamaze ukwezi arahiye.
Inama Njyanama nshya y’Akarere ka Rutsiro yasabye ubuyobozi bw’akarere kugaruza amafaranga ya VUP yanyerejwe.
Byukusenge Gaspard, Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro ucyuye igiye, ngo yatawe muri yombi kuri uyu wa gatatu tariki 2 Werurwe 2016.
Hoteli ya mbere irimo kubakwa mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro ikomeje kudindizwa n’ubwumvikane buke hagati ya rwiyemezamirimo n’akarere.
Umwarimukazi Nikuze Vestine wigisha ku Rwunge rw’Amashuri rwa Murama muri Rutsiro, wagiye kwivuriza mu Buhinde, aratangaza ko ikibazo cy’impyiko yari afite cyakemutse kuko yavuwe.
Bamwe mu baturage n’abakozi b’Akarere ka Rutsiro bishimiye ko akarere kabo kagiye guhindura amateka kakava mu nyubako z’icyari komini kakajya mu biro bijyanye n’igihe.
Abakobwa babyariye iwabo bo mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro bemerewe kwandikisha abana mu bitabo by’irangamimerere ku buntu.
Koperative y’abamotari COTRATAMORU ikorera muri Rutsiro ivuga ko itegeko rya RURA ribasaba kuzuza moto 100 bakabona guhabwa ibyangombwa ribabangamiye.
Byukusenge Gaspard wayoboraga Akarere ka Rutsiro na Nyirabagurinzira Jacqueline wari umwungirije ashinzwe imibereho myiza, bavuga ko bashoje manda y’imyaka 5 hari ibyo batagejeje ku baturage.