Niyonzima Tharcisse usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rutsiro wahawe ububasha bwo kuyobora Akarere by’agateganyo yijeje ko aho agasanze atazagasubiza inyuma mu iterambere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buvuga ko umuhigo bahize w’uko abaturage bazatanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza ku kigero cya 100% utagishobotse.
Inzego z’umutekano zagaruye abana babiri, umuhungu n’umukobwa bo mu Karere ka Rutsiro bari bagiye mu Mujyi wa Kigali gukorera amafaranga.
Ngiruwonsanga Maurice w’imyaka 30 na Ntakaburimvano Angelique w’imyaka 28 bapfiriye mu nzu yabo ku wa 14 Mutarama 2016 maze hakekwa kwa baba bishwe n’inkuba.
Amwe mu makoperative Umurenge Sacco yo mu karere ka Rutsiro aranengwa kudahera igihe abakuze amafaranga y’ingoboka ya VUP bagenerwa.
Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki 14/01/2016, abaturage b’Umurenge wa Rusebeya mu Karere ka Rutsiro baramukiye mu birori byo gutaha inyubako ya Station ya Polisi ya Rusebeya biyubakiye ubwabo.
Mu gihe Manda y’imyaka 5 igana ku musozo umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro Gaspard Byukusenge avuga ko atishimiye aho ubuhinzi buhagaze.
Nikuze Vestine wigisha ku Rwunge rw’Amashuri rwa Murama mu Murenge wa Musasa muri Rutsiro wagiye kwivuza impyiko ebyiri mu Buhinde, amafaranga yamubanye make.
Simbankabo Pierre w’imyaka 22 y’amavuko wari utuye mu Kagari ka Kirwa mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro yagwiriwe n’ikirombe ahita apfa.
Inama Njyanama y’Akarere ka Rutsiro, kuri uyu wa 06 Mutarama 2015 yemereye Murenzi Thomas wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ako karere kwegura inamusimbuza by’agateganyo.
Abaturage bo mu karere ka Rutsiro batangaza ko imishinga bari baratangiye mu 2015 ariko ntirangire bazayirangiza mu mwaka wa 2016.
Ntahorwagiye wo mu kagari ka Remera mu Murenge wa Rusebeya muri Rutsiro yiyiciye umugore we none na we bamusanze yiyahuye.
Hari abakobwa bo mu Karere ka Rutsiro bavuga ko bari bafite imyumvire y’uko haboneza urubyaro abakuze bigatuma babyarira iwabo.
Abigira kuboha ibyibo ku Kigo cy’Urubyiruko cya Rutsiro mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro baravuga ko nibamara kubimenya bizabavana mu bushomeri.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rutsiro bavuga ko gukoresha amaranga menshi basesagura mu minsi mikuru byamaze gucika kuko bitabubaka.
Icyizere ni cyose ku batuye Akarere ka Rutsiro, nyuma y’uko imirimo yo gukora umuhanda wa kaburimbo Perezida Kagame yabemereye yatangiye.
Abaturage batuye mu murenge wa Nyabirasi mu karere ka Rutsiro bibaza impamvu Umurenge batuye ari wo wonyine udacana amashanyarazi.
Uzamukunda Immaculée ufite imyaka 65 y’amavuko utuye mu Murenge wa Rugabano ho mu karere ka Karongi yasanzwe iwe yakaswe ijosi yapfuye.
Inzego z’ubuyobozi mu Ntara y’Uburengerazuba zatwatangiye igikorwa cyo gukangurira abaturage kuzatabira referendum ku itegeko nshinga iteganyijwe mu cyumweru gitaha.
Nyirantereye Gaudance w’imyaka 85 wari utuye mu Kagari ka Shyembe mu Murenge wa Gihango muri Rutsiro yasanzwe mu gikoni yitabye Imana bakeka ko yiyahuye.
Umusore witwa Haruna Kubwimana wo mu Kagari ka Karambo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Rutsiro yakubitiwe mu kabari aza kwitaba Imana.
Abadodera imyanda muri Santere ya Congo-Nil mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro banze gukorera mu gakiriro bavuga ko byabahombya.