Abanyamahanga biganjemo abaturuka mu bihugu birimo amakimbirane ku mugabane w’Afrika barifuza ko u Rwanda rwagira icyo rukora kugirango amahoro rumaze kugeraho ruyatange no ku bandi.
Umukuru w’Igihugu Paul Kagame arahumuriza Abanyarwanda baba hanze ko n’iyo baba barakoze ibyaha bituma baba mu buhunzi bashobora kubabarirwa bagataha mu rwababyaye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye Minisiteri y’Uburezi gukemura ikibazo cy’amafaranga ya buruse agenerwa Abanyarwanda biga mu Budage atinda kubageraho.
Perezida Paul Kagame arakangurira Abanyarwanda bari hanze bashishikajwe no gusenya igihugu cyabo gutaha bagafatanya n’abandi kubaka igihugu cyabo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, atangaza ko iterambere ry’igihugu cy’u Rwanda riri mu maboko y’Abanyarwanda.
Mu munsi wa Rwanda Day uri kubera mu Buhoandi, Perezida wa Repubulika yasobanuriye Abanyarwanda ko bashobora kubaho nk’Abaholandi kubera ubushake, imikorere n’imbaraga.
Abanyarwanda baba mu mahanga baravuga ko bafata gahunda ya Rwanda Day nk’ikimenyetso cya demokarasi nyarwanda itagira uwo iheza inyuma.
Amabasaderi w’u Rwanda mu Buholandi Ignace Karabaranga avuga ko Abanyarwanda baba mu Burayi, mu Buholandi by’umwihariko, bishimiye ko Perezida Paul Kagame yabageneye umwanya akabasura.
Abanyarwanda baba mu mahanga bavuga batazatezuka mu gushaka no gushyigira ikintu cyose kizamura iterambere ry’u Rwanda.
Ubwo Perezida Kagame ari na we mushyitsi mukuru ubwo yageraga ahari kubera ibirori bya Rwanda Day yakiranwe ubwuzu n’urugwiro rudasanzwe.