Mu 2006, Umuhoza Rwabukumba ari mu Banyamabanga nshingwabikorwa ba mbere bashyizweho ubwo Guverinoma yashyiragaho uburyo bushya bw’imiyoborere mu nzego z’ibanze.
Abafite amafaranga muri Cogebanque biyongereye ku babitsa mu zindi banki icumi mu Rwanda, bagiye kujya bagendana amafaranga yabo muri telefoni igihe bazaba bari ku murongo wa MTN.
Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, Obadiah Biraro yagaragaje ko hari ingero zisaga ibihumbi 15 z’abantu bahabwa inguzanyo mu ma banki batatanze ingwate zifite agaciro.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente atangaza ko mu rwego rwo gushakira imirimo urubyiruko n’abagore hagiye guhangwa imirimo myinshi izabaha amafaranga.
Ambasaderi Arnout Pauwels wari umaze imyaka itatu ahagarariye u Bubiligi mu Rwanda, yatangaje ko ubwo asoje ikivi mu Rwanda ahandi agiye azaba umuvugizi w’u Rwanda nk’igihugu cy’intangarugero kandi cyuzuye amahirwe.
Senateri Makuza Bernard, Perezida wa Sena y’u Rwanda ahamya ko Paul Kagame ari umuyobozi ukwiye ku buryo Abanyarwanda bagikeneye kuyoborwa nawe.
Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame avuga ko buri Munyarwanda agomba kugerwaho n’amashanyarazi kuko aho ageze hagera iterambere byihuse.
Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame ubwo yiyamamarizaga mu Karere ka Karongi yavuze ko ikawa yera muri ako karere igiye kongererwa agaciro kurushaho.
Paul Kagame wiyamamarije i Rubavu, yababwiye ko nta mpungenge agifite zo gutsinda amatora kuko ngo “nta ntambara yatera ubwoba ufite abamushyigikiye benshi” nk’ab’i Rubavu.
Dr. Pierre Damien Habumuremyi yemeje ko Abanya-Musanze bakunda FPR-Inkotanyi n’umukandida wayo, Paul Kagame kandi bakaba babikora nta buryarya burimo.
Frank Habineza wiyamamariza kuba perezida w’u Rwanda avuga ko natorwa azahindura ibyemezo biri gufatwa n’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba EAC bigamije guca caguwa.
Paul Kagame yatangaje ko nta shiti azatsinda amatora, ubu hakaba hasigaye kurangiza neza umugenzo uteganywa n’amategeko ngo abe perezida wa repubulika watowe n’abaturage.
Nyagatare ngo nibahitamo gutora Paul Kagame wa FPR Inkotanyi bazaba bihitiyemo gukomeza kugera ku byiza bamazemo imyaka, nyuma y’ubuzima babayemo bahora bihishanwa n’inyamaswa zabaga muri pariki y’Akagera.
Frank Habineza umukandida uri kwiyamamariza kuba perezida wa Repubulika yihanganishije abashyigikiye FPR kubera impanuka bakoze mu gitondo kuwa 22 Nyakanga 2017.
Bamwe mu bahagarariye amadini bemeye ko bagiye kuzajya bigisha abayoboke babo mu nsengero ibijyanye no gutanga imisoro.
Ingengo y’imari ya 2017/2018 iragaragaramo ko Leta izagabanya imisoro yajyaga isoresha ku isukari, umuceri n’ingano biva mu bihugu byo mu karere u Rwanda ruherereyemo.
Umuntu wese utungiye Leta agatoki ku bashaka gukora ibyaha agiye kuzajya ahabwa uburinzi bwihariye, ubw’abavandimwe be ndetse anahabwe agahimbazamusyi.
Abanyamakuru barasaba inteko ishingamategeko y’u Rwanda kubakorera ubuvugizi,abakivuga ko itangazamakuru ryagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bakabireka.
Ukurikije imibare y’abashyingurwa mu irimbi rya Rusororo buri kwezi n’uko iryo rimbi ringana, rizaba ryuzuye mu mezi icumi, ntaho gushyingura rigifite.
Uzafatwa atanga cyangwa yakira amafaranga mu gikorwa cyo gusinyira abifuza kwiyamamaza mu matora ya Perezida wa Repubulika azakurikiranwa kuko icyo gikorwa gifatwa nka ruswa.
Abanyarwanda bagenda bagabanya umuvuduko wo kugura imodoka hanze, bitewe n’uko imisoro ku modoka zishaje yiyongereye cyane kandi n’inshya zikaba zihenze.
Paul Sanyangore, umupasitoro wo muri Zimbabwe yatunguye abayoboke b’idini rye ubwo bari mu materaniro afata telefoni ye igendanwa ahamagara Imana aho iri mu ijuru baravugana.
Mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda habereye amatora y’abadepite icyenda bazahagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga amategeko ya Kane y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba(4th EALA).
Abadepite mu Nteko ishinga Amategeko y’u Rwanda barasaba ko ibihugu bicumbikiye impunzi z’Abanyarwanda byabohereza iwabo kuko mu Rwanda ari amahoro.
Abadepite mu nteko ishinga amategeko barasaba guverinoma y’u Rwanda guha abaturage ibiti bita “Gelanium” bakabitera ku bwinshi nka bumwe mu buryo bwo kurwanya Malaria.
Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda barifuza ko siporo yaba umwe mu miti abanyarwanda bandikirwa na muganga.
U Rwanda rurateganya gushyiraho ikigo kigamije gutegura no kwirinda ibitero by’ikoranabuhanga bikorerwa kuri internet na mudasobwa.
Umugenzuzi w’imari ya Leta yatahuye ko hari abantu n’ibigo bakoresha amazi abarirwa ikiguzi cya miliyari zikabakaba 9RWf buri mwaka kandi ntibishyure.
Abanyeshuri 12 biga iby’ikoranabuhanga i Kigali bamuritse imodoka bakoze itwarwa n’ingufu z’imirasire y’izuba, igatwara abantu batatu, igenda ku muvuduko wa kilometero 50 mu isaha.
Abadepite bo mu nteko ishinga amategeko y’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EALA) batewe impungenge n’igihugu cy’u Burundi kitishyura umwenda gifite.