Ikipe ya APR Fc inyagiye Marines FC ibitego 6-0 mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona wabereye kuri Stade Huye, AS Kigali nayo itsinda Bugesera
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “Ferwafa” ryatangaje ko imikino ya shampiyona yagombaga kubera i Rubavu isubikwa, ndetse n’imikino y’amakipe arwanira kutamanuka
Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yatangaje ingamba nshya z’ibikorwa bya siporo zirebana no guhangana na COVID-19
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko Kayiranga Baptiste yagizwe umutoza w’agateganyo mu mikino ya shampiyona isigaye
Umutoza Guy Bukasa watozaga Rayon Sports amaze gusezera nyuma yo gutsindwa na APR FC.
Mu mikino y’umunsi wa gatanu wa shampiyona, ikipe ya APR FC na AS Kigali zikomeje gukubana nyuma yo kubona amanota atatu buri yombi
Rutahizamu w’ikipe ya Musanze FC, Imurora Japhet bakunda kwita Drogba, arasezera gukina umupira w’amaguru kuri uyu wa Kane tariki 17 Kamena 2021.
Kuri uyu wa Gatatu harakinwa imikino y’umunsi wa gatanu wa shampiyona, aho umukino utegerejwe na benshi ari umukino ikipe ya Rayon Sports iza kwakiramo APR FC.
Ikipe ya Police FC yamaze guhagarika abatoza bayo batatu ibashinja umusaruro mubi, isigaranwa n’umutoza w’abanyezamu Nkunzingoma Ramadhan
Ku wa Gatandatu tariki 12 Kamena 2021, umukino wari wahuje ikipe y’igihugu ya Denmark n’iya Finland mu rwego rw’imikino ya EURO 2020, wabayemo impanuka yatumye abenshi mu bawurebye bacikamo igikuba, abandi batangira kurira nyuma y’Umukinnyi Christian Eriksen w’Ikipe y’igihugu ya Denmark yikubise hasi bitunguranye umutima (…)
Ikipe ya Urartu ikina mu cyiciro cya mbere muri Armenia, bwatangaje ko bwamaze kongerera amasezerano myugariro w’umunyarwanda Nirisalike Salomon.
Umuyobozi w’ikipe ya APR FC Lt Gen Mubarakh Muganga, yatangaje ko bashobora kwemera gutakaza igikombe aho gutakaza intego yo kugira ikinyabupfura mu ikipe ya APR FC.
Komite nshya y’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball, yatangaje ko muri uyu mwaka w’imikino hongerewe umubare w’amarushanwa azakinwa ndetse n’ibihembo bizajya bitangwa
Mu mikino y’umunsi wa kane wa shampiyona yabaye kuri iki Cyumweru, AS Kigali na APR FC zabonye amanota atatu, Rayon Sports ntiyabasha kwikura i Rubavu
Mu masaha ya nimugoroba ku wa 11 Kamena 2021, abatuye i Kigali bitabiriye umugoroba wo gukora sport mu mihanda y’uwo mujyi biganjemo ahanini abirukanka, benshi muri bo bakifuza ko icyo gikorwa cyajya kiba kenshi.
Abakinnyi b’ikipe ya Paris Saint-Germain bagaragaje bimwe mu byiza bitatse u Rwanda` bifuza gusura, ndetse banakangurira abandi gusura u Rwanda.
U Rwanda rugiye kwakira amarushanwa mpuzamahanga ya ‘2021 FIVB Beach Volleyball World Tour’ azatangira ku itariki ya 14 kugera tariki 18 Nyakanga 2021, akazaba ari ku rwego rwa kabiri mu marushanwa mpuzamahanga ya Volleyball World.
Uruganda rwenga inzoga zisembuye n’izidasembuye SKOL nyuma ya Rayon Sports na SACA, ndetse na Fly Cycling, rugiye gutangira kwambika n’ikipe y’amagare ya Muhazi Cycling Generation.
Mu mikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona, ikipe ya AS Kigali zabonye amanota atatu hanze, Police Fc na Rayon Sports zinganya 1-1
Umuyobozi w’abafana b’ikipe y’Akarere ka Nyagatare, Sunrise FC, avuga ko nta mpungenge bafite z’uko ikipe ishobora kumanuka mu cyiciro cya kabiri kuko iby’ingenzi byose bihari, icyaburaga ari ugushyiramo imbaraga gusa.
Kaje Elie yagizwe Kapiteni w’ikipe ya REG BBC asimbuye Kazingufu Ally werekeje muri APR BBC mu gihe Ngando Bienvenue yagizwe umutoza wa kabiri wungirije. Ni impinduka zikozwe nyuma y’uko uwari kapiteni w’iyi kipe Kubwimana Kazingufu Ally yerekeje muri APR BBC mbere y’uko umwaka w’imikino utangira.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Kamena 2021, abatuye mu Mujyi wa Kigali n’abandi babyifuza baritabira isiganwa rizwi nka “Kigali Night Run” rikinwa mu masaha ya nijoro.
Komisiyo y’amatora muri Ferwafa yatanagaje ko abakandida babiri ari bo bemerewe kwiyamamaza mu matora azaba tariki 27/06
Kuri uyu wa Kane harasubukurwa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru, aho umukino utegerejwe ari uzahuza ikipe ya Police Fc na Rayon Sports
Abakinnyi b’ikipe ya Rayon Sports bakoze imyitozo ibanziriza iya nyuma, yo gutegura umukino uzayihuza na Police FC kuri uyu wa Kane
N’Golo Kante ni umukinnyi ukunzwe cyane kandi urimo kuvugwa cyane muri iyi minsi kubera uko akina neza ndetse akanagira n’imyitwarire myiza muri bagenzi be bakinana, abamufana bo batangiye no kuvuga ko akwiye guhabwa igihembo cya ‘ballon d’or’ ubundi gihabwa umukinnyi w’umupira w’amaguru witwaye neza mu mwaka wose.
Mu mukino wa kabiri wa gicuti wabereye kuri Stade Amahoro, Amavubi yatsinze Centrafrika ibitego bitanu ku busa. Amavubi yatsinze igitego ku munota wa gatatu gusa w’umukino, ku mupira watanzwe nabi n’umunyezamu wa Centrafrika, Muhadjiri Hakizimana ahita awohereza mu izamu. Mbere gato y’uko igice cya mbere kirangira, (…)
Abakinnyi bazahagararira u Rwanda mu mikino paralempike izabera I Tokyo, baratangaza ko bahagaze neza mu myitozo mbere yo kwerekeza ahazabera iyi mikino mu kwezi gutaha
Minisiteri ya Siporo yatangaje amabwiriza azagenderwaho mu gusubukura imikino irimo n’iy’abatarabigize umwuga. Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 31/05/2021, yashyizeho amabwiriza mashya arimo no gusubukura imikino ikinirwa hanze hatari mu mazu y’imikino.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi umunyezamu wa Rayon Sports Kwizera Olivier, aho akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge.