Ku munsi wa mbere w’amakipe ahagarariye u Rwanda mu irushanwa rya ECAHF riri kubera muri Tanzania, amakipe y’u Rwanda yitwaye neza
Mu nama rusange yabaye tariki 27 Ugushyingo 2021 kuri Sitade Amahoro i Remera yahuje abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri (RAF), hagaragajwe ibikorwa byagezweho muri 2021 ndetse n’ibiteganywa gukorwa n’igihe cy’amatora ya komite nshya.
Abanyamuryango ba Federasiyo ya Basketball mu Rwanda, mu mpera z’icyumweru gishize bateraniye mu nteko rusange isanzwe y’uyu mwaka, baganira kuri gahunda zitandukanye z’iri shyirahamwe ndetse banatangaza amakipe yamaze kwiyandikisha mu cyiciro cya kabiri.
Amakipe 19 ni yo yatangajwe azitabira Isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda, rizaba kuva tariki 20 kugeza tariki 27/02/2022
Ku nshuro ya mbere, ikipe y’ishuri ryisumbuye yitabiriye irushanwa rihuza amakipe yo muri Afurika y’I Burasirazuba no hagati muri Handball (ECAHF)
Umunyezamu Kwizera Olivier wari umaze iminsi atagaragara mu ikipe ya Rayon Sports yamaze kumvikana na rayon Sports kongera kuyikinira
Ku nshuro ya karindwi, umunya-Argentine Lionnel Messi yaraye yegukanye Ballon d’Or, mu birori byabereye mu nyubako izwi nka Théâtre du Châtelet
Mu gihe gahunda ya Minisiteri ya Siporo ivuguruye harimo no kongera ibikorwa remezo birimo n’ibibuga by’imikino, i Matimba muri Nyagatare bo basa n’abakoze ibitandukanye n’iyi gahunda kuko n’ikibuga cy’umupira cyahuzaga ibigo by’amashuri bine ubu bagishyizemo isoko ry’imyenda n’ibiribwa.
Umutima n’ibihaha ni bimwe mu bigize umubiri w’umuntu bifatanya mu kohereza umwuka mwiza wa oxygen mu maraso kugira ngo umutima ubashe gukora neza. Ni yo mpamvu umuntu agomba gukora imyitozo ngororamubiri ifasha umutima n’ibihaha gukomeza gukora neza kuko biri mu bifite uruhare runini mu mikorere y’umubiri.
Mu mukino wa mbere wo gushaka itike yo kwerekeza mu matsinda ya CAF Confederation Cup, APR yanganyije 0-0 na RS Berkane
Nyuma y’igihe bivugwa ko hazashyirwaho ishuri ry’umupira w’amaguru ry’ikipe yo mu Bufaransa Paris Saint-Germain, ryatangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2021, mu Karere ka Huye.
Mu isiganwa ry’amagare ryabaye kuri uyu wa Gatandatu, Ingabire Diane na Manizabayo ba Benediction ni no begukanye ibihembo by’umwanya wa mbere
U Rwanda rwakiriye icyamamare Raimundo Souza Veira de Oliveira, uzwi nka Rai wahoze akinira ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG), waje mu ruzinduko rw’iminsi itatu.
Umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi Niyonzima Olivier, nyuma yo guhagarikwa mu ikipe y’igihugu ashinjwa imyitwarire mibi yamaze kwandika asaba imbabazi
Nyuma y’ihagarikwa ry’imikino yaberaga kuri Stade Umuganda bitavuzweho rumwe, Minisiteri ya Siporo yongeye kwemera ko kuri Stade Umuganda habera imikino ya shampiyona
Umukino wa CAF Confederation Cup uzahuza APR FC na RS Berkane kuri iki Cyumweru, watumye imwe mu mikino yari iteganyijwe kuri Stade ya Kigali izaberaho uwo mukino yimurwa
Mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona wahuje ikipe ya APR FC na Rayon Sports, bamwe mu bafana bari mu byishimo mu gihe abandi byari agahinda
Mu mukino wari utegerejwe na benshi wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, APR FC yahatsindiye Rayon Sports ibitego 2-1
Binyuze muri Tombola, abanyamahirwe batatu bazafashwa kureba umukino wa shampiyona y’u Bwongereza uzahuza Arsenal na Manchester United tariki 23 Mata 2022.
Kuri iki Cyumweru hafunguwe ku mugaragaro ikibuga cya Handball giherereye muri Kigali Arena, aho hanashimiwe abagize uruhare ry’umukino wa Handball
Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 20 Ugushyingo 2021 muri Kigali Arena haberaye umukino usoza umwaka w’imikino muri Basketball yo mu Rwanda. Ni umukino wahuje abakinnyi b’ibihangange muri Basketball yo mu Rwanda (All-Star Game).
Ku mukino wa shampiyona w’umunsi wa gatatu wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, Rayon Sports yatsinze shampiyona mbere y’uko icakirana na APR FC
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru yaraye ikomeje, aho ikipe ya Police Fc na Kiyovu Sports zanganyije, mu gihe Gasogi yakuye amanota atatu kuri Rutsiro.
Ku munsi w’ejo taliki ya 20 Ugushyingo 2021, muri Kigali Arena hateganyijwe umukino w’ibihanganjye muri Basketball yo mu Rwanda (All Star Game), gusa amatike yo kuwitabira amaze iminsi 3 yarashize.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC yifuzaga ko umukino ugomba kuyihuza na Rayon Sports usubikwa, kugira ngo yitegure umukino uzayihuza na RS Berkane
Nyuma y’uko Minisiteri ya Siporo ihaye uburenganzira za Federasiyo bwo gusubukura ibikorwa bya Siporo, Federasiyo ya Kung-fu Wushu na yo irasubukura ibikorwa byayo bahera kuri Shampiyona.
Ikipe ya AS kigali yatsinze gorilla igitego kimwe cyatsinzwe na Shaban Hussein Tchabalala ku munota wa 8 w’igice cya mbere, nyuma y’umupira wari uhinduwe neza na Rukundo Denis.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangaje ko imikino ya shampiyona yagombaga kubera i Rubavu yasubitswe kubera iruka rya Nyiragongo
Umufaransa Didier Gomes da Rosa uheruka gusezererwa muri Simba SC, yamaze kugirwa umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu ya Mauritania.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Ugushyingo 2021, ikipe ya Basketball y’abagore, REG WBBC, irerekeza muri Tanzania mu irushanwa ry’akarere ka gatanu, igahamya ko itagiye mu butembere aho kuzana igikombe.