Ikipe ya APR FC itsinze Bugesera FC igitego 1-0 gitsinzwe mu minota y’inyongera, bituma APR FC isubira ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsindwa kwa Kiyovu Sports
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Mata 2022, nibwo hamenyekanyekanye inkuru y’incamugongo mu muryango wa siporo, yo gutabaruka kwa Nshuti Yves wari umunyezamu wa Rutsiro FC wazize impanuka, akaba yari afite myaka 26 y’amavuko.
Mu mikino y’umunsi wa 23 wa shampiyona yakinwe kuri uyu wa Gatandatu, Rayon Sports yatsinze Gorilla naho Mukura na Gicumbi nazo zitsindirwa hanze
Kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Mata 2022 hakinwe imikino ibiri y’umunsi wa 23 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, yaranzwe no kuba Gasogi United yabonye amanota n’amafaranga nyuma yo kwihaniza Kiyovu Sports iyitsinda ibitego 2-0, ukaba ari umukino wa kane iyitsinze.
Ikigo gifite uburyo bwo gutega ku mikino (betting) buzwi nka Gorilla Games, kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Mata 2022, cyerekanye abanyamahirwe batatu batomboye amatike abemerera kujya i London mu Bwongereza kureba umukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere uzahuza amakipe ya Arsenal na Manchester United.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Mata 2022 saa cyenda zuzuye, ikipe ya Gasogi United mu mukino w’umunsi wa 23 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, irakira Kiyovu Sports kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo, mu mukino wavuzweho byinshi na Perezida wa Gasogi United, Kakoza Nkuriza Charles (KNC).
Minisiteri ya Siporo yatangaje amabwiriza azagenderwaho n’abakora ibikorwa bya Siporo mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Ku bufatanye na AIDS Healthcare Foundation Rwanda n’irerero ry’abana ryigisha umupira w’amaguru rya Umuri Foundaton ryashinzwe n’umunyabigwi mu mupira w’amaguru mu Rwanda, Jimmy Mulisa, bahuguye abatoza basaga 20 b’amarerero atandukanye, ku buzima bw’imyororokere, nka bamwe mu babana n’abangavu n’ingimbi igihe kirekire.
Ikipe y’ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu ikina umukino wa Volleyball (REG VC), yamaze gutandukana bidasubirwaho n’uwari umutoza wayo mukuru, Bavuga Benon, wayigiyemo mu kwezi k’Uwakira 2018.
Mu mikino y’igikombe cy’Amahoro yabaye kuri uyu wa Kabiri, amakipe ya APR FC na Mukura VS zakuye amanota hanze, mu gihe AS Kigali itabashije kwivana i Rubavu
Ikipe y’Igihugu y’abagore mu mukino wa Cricket yaraye isesekaye i Kigali yakirwa gitwari, nyuma yo kwegukana igikombe itsinze ikipe ya Nigeria.
Irushanwa ry’umupira w’amaguru rihuza Utugari tugize Umurenge wa Karama ku bagabo n’abagore, ryitwaga Benshobeza Cup ryari rimaze igihe ridakinwa, rigiye kugaruka ryitwa ‘Ubumwe bwacu’ ndetse n’imiryango itishoboye yishyurirwe ubwisungane mu kwivuza.
Ishuri ry’abana ry’umukino wa Karate rimaze kumenyerwa mu gutoza no guteza imbere uwo umukino, The Champions Academy, ryongeye gutegura imikino mu biruhuko nyuma y’uko abana bavuye ku mashuri, banazamura intera y’abagera kuri 34 muribo.
Mu mikino ibanza ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro, amakipe ya Rayon Sports na Police ntizabashije kubona intsinzi, mu gihe Kiyovu yatsinze Marine FC i Rubavu
Kuri iki cyumweru i Kigali hateraniye umwiherero wahuje abakinnyi bakinnye imikino Olempike mu bihe bitandukanye yaba abahagaritse gukina ndetse n’abagikina, wari ugamije ahanini ubukangurambaga no gusobanurirwa byinshi ku mikino Olempike yo mu bukoje (winter Olympic games) ndetse banakira abakinnyi (Olympians) bashya.
Mu nama y’Inteko rusange y’ihuriro ry’amarerero y’umupira w’amaguru mu Rwanda “IJABO RYAWE RWANDA”, Sheikh Habimana Hamdan yongeye gutorerwa kuriyobora
Nyuma y’uko imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cyo muri 2022 kizabera muri Qatar irangiye muri Afurika, yasize amakipe atanu azahagararira Afurika mu gikombe cy’Isi amenyekanye. Ayo makipe asanzwe amenyereye iri rushanwa.
Tombola y’igikombe cy’isi isize abakinnyi b’ibihangange bagiye gucakirana, mu gihe u Bufaransa n’u Bwongereza busa nk’aborohewe
Tombola ya 1/8 mu gikombe cy’Amahoro isize ikipe ya Rayon Sports itomboye ikipe ya Musanze FC, mu gihe APR FC na Kiyovu Sports nizikomeza zizahurira muri ¼ cy’irangiza
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), kuri uyu wa Kane tariki 31 Werurwe 2022, ryameshyeje abanyamuryango baryo ko batazongera gusabwa gupimisha abakozi mbere y’umukino.
Ku wa Kabiri tariki 29 Werurwe 2022 nibwo hatangajwe ko umunya-Espagne Carlos Alós Ferrer ari we mutoza mushya w’Amavubi mu gihe cy’umwaka umwe uri imbere, akaba asimbuye umutoza Mashami Vincent.
Mu nama y’Inteko Rusange y’Ishyirahamwe ry’umukino wa Kung Fu Wushu muri Afurika (AWKF), yabaye mu mpera z’icyumweru gishize tariki 24 kugeza 27 Werurwe 2022 i Cairo mu Misiri, yatoye Uwiragiye Marc, usanzwe ari Perezida w’Ishyirahamwe ry’umukino wa Kung Fu Wushu mu Rwanda (RKWF), nka Visi Perezida.
Mu ijonjora ry’ibanze ry’igikombe cy’Amahoro ryakomeje kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya La Jeunesse yongeye gutungurana isezerera Espoir FC yo mu cyiciro cya mbere
Ku wa Kabiri tariki 29 Werurwe 2022 nyuma y’imikino ya kamarampaka yo kwishyura, nibwo hamenyekanye amakipe atanu azahagararira umugabane wa Afurika mu gikombe cy’Isi cya 2022 kizabera mu gihugu cya Qatar.
Ikipe y’igihugu ya Gambia mu bagabo na Ghana mu bagore nizo zizahagararira umugabane wa Afurika mu marushanwa ahuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza ‘Commonwealth games’, iteganyijwe kubera mu gihugu cy’u Bwongereza i Birmingham muri nyakanga kugeza muri Kanama uyu mwaka.
Ikipe y’umupira w’amaguru igizwe n’abacuruzi b’ibirayi (Umurabyo) yo mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu, niyo yegukanye igikombe ‘Ubumwe bwacu imbaraga zacu’, cyateguwe n’Umurenge wa Busasamana mu gufasha abaturage gushyira hamwe no kwishimira gutsinda icyorezo cya Covid-19.
Umunya-Espagne Carlos Alós Ferrer ni we wagizwe umutoza mushya w’Amavubi asimbuye Mashami Vincent
Cristiano Ronaldo kuri ubu ufite imyaka 37 y’amavuko, avuga ko ariwe wenyine wo gufata icyemezo ku hazaza he mu ikipe y’igihugu cye cya Portugal.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryasabye amakipe yo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri mu bagore, kwiyandikisha mu gikombe cy’Amahoro 2022 giteganyijwe gutangira muri Mata 2022, bukaba ari ubwa mbere azaba yitabiriye icyo gikombe.
Mu gihe ikipe ya Manchester United ikomeje gushaka umutoza mukuru uzayitoza kuva mu mwaka w’imikino wa 2022-2023, Eric Ten Hag umwe mu bahabwa amahirwe yaburiwe na Louis Van Gaal ko atari ikipe nziza yo guhitamo.