Ikipe ya Rayon Sports na Police FC zanganyije igitego 1-1 mu mukino wa shampiyona wabereye i Nyamirambo, abarayons baririmba Bugesera bibutsa abakinnyi ko bagomba kuyitsinda.
Abakinnyi b’ibyamamare mu ikipe ya Paris Saint Germain (PSG), Sergio Ramos, Keylor Navas na Julian Draxler, bageze i Kigali ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022, aho baje gusura u Rwanda muri gahunda ya Visit Rwanda.
Ikipe ya AS Kigali yongeye gutsinda Gasogi United bwa kabiri yikurikiranya, mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Abanyamahirwe batatu ari bo Makuza Patrick, Mukundente Fiona, na Nahasoni Innocent, baherutse gutsindira amatike abemerera kwerekeza mu Bwongereza kureba umukino wa shampiyona wahuje amakip ya Arsenal na Manchester United.
Ikipe ya sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG BBC) iri mu irushanwa rya BAL (Basketball Africa League) yamaze guhabwa ikiruhuko muri shampiyona mu rwego rwo kwitegura iyi mikino izabera i Kigali.
Mu gihe habura iminsi itari myinshi kugira ngo muri Kamena hatangire imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, irimo gushakirwa imikino ya gicuti kugira ngo iyifashe kwitegura.
Guhera kuri uyu wa Gatanu harakinwa imikino y’umunsi wa 25 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, aho abakinnyi 13 batemerewe gukina kubera amakarita
Ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs igiye kujya ikinira imikino yayo isigaye ya shampiyona kuri Stade Kamena, kubera imirimo yo kuvugurura
Mu mikino ibanza ya ½ ya UEFA Champions League yasojwe kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Liverpool yatsinze Villareal yo muri ESPAGNE ibitego 2-0
Ikipe ya APR FC yateye intambwe ya mbere igana muri ½ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, nyuma yo gutsindira Marine FC i Rubavu ibitego 2-0 mu mukino ubanza
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Nzabonimpa Emmanuel, akomeje gushishikariza abaturage kuba hafi y’ikipe yabo ya Gicumbi, mu mikino mike isigaje ya Shampiyona, aho yemeza ko icyizere cyo kutamanuka mu kiciro cya kabiri kigihari.
Nyuma y’amezi hafi abiri uwari umuyobozi w’ikipe ya Espoir FC, Kamuzinzi Godfroid yeguye ku mirimo ye na bamwe mu bo bari bafatanyije, iyo kipe yabonye ubuyobozi bushya binyuze mu nteko rusange yateranye ku wa Mbere tariki 25 Mata 2022.
Mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro, amakipe ya Rayon Sports, Police FC na AS Kigali zatsinze imikino ibanza, KNC wa Gasogi avuga ko atanyuzwe
Uwase Delphine (Ortha) wamenyekanye cyane muri filime nyarwanda cyane cyane muri filime y’uruherekane ya ‘Bamenya’ agiye gufungura ishuri rya siporo yise ‘Kigali Elite Sports Academy’.
Mu mpera z’iki Cyumweru ni bwo hatangiye shampiyona y’icyiciro cya mbere cya muri Handball,a ho amakipe akomeye yatangiye atsinda imikino yayo.
Nk’uko babitangaje binyuze ku rubuga rwabo rwa twitter, nyuma yo gutandukana n’uwari umutoza wabo mukuru, Mugisha Benon muri Werurwe uyu mwaka, ikipe y’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu, REG VC, yemeje ko yamaze gusinyisha umutoza mukuru, Kwizera Pierre Marchal.
Ikipe ya AS Kigali yamaze gusezerera abatoza babiri bakomoka mu gihugu cya Uganda, nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports mu mukino wa shampiyona uheruka
Mu mukino w’umunsi wa wa shampiyona wabaye kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, Rayon Sports yatsinze AS Kigali igitego 1-0.
Mu gihe ikipe y’Igihugu y’u Rwanda (Amavubi) irimo kwitegura gutangira urugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2023, imikino yayo itatu yo mu rugo ruzayakirira kuri sitade mpuzamahanga ya Huye, aho kuba i Kigali.
Umunya-Bosnia Jusuf Nurkić ukina mu ikipe ya Portland Trail Blazers yo muri Shampiyona ya Basket ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari mu Rwanda aho yaje mu bikorwa by’ubukererugendo
Amakipe umunani yose azakina imikino ya ¼ mu gikombe cy’Amahoro yaraye amenyekanye, nyuma y’umukino umwe wari usigaye wahuje APR FC n’Amagaju
Umukinnyi w’Umunyarwandakazi wabigize umwuga muri Volleyball, Mukandayisenga Benitha, arerekeza muri Kenya kuri uyu wa Gatanu, aho agiye mu ikipe ya Kenya Commercial Bank (KCC).
Ku wa Gatatu tariki 20 Mata 2022 mu Rwanda hakinwe imikino itatu ya 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro. Iyo mikino yasize Rayon Sports itsinze Musanze FC 3-1 irayisezerera.
Abanyeshuri bo ku bigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye bitandukanye byo hirya no hino mu gihugu baravuga ko babangamirwa no kutagira aho bidagadurira hahagije. Ubusanzwe abana iyo bari ku ishuri uretse amasomo bakurikirana ariko bagira n’umwanya wo kuruhuka, akenshi bakawukoresha bakina imikino itandukanye, ituma barushaho (…)
Nyuma ya tombola yaraye ibaye igaragaza uko amakipe agabanyije mu matsinda yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika, hagaragajwe n’ingengabihe y’imikino
Mu ruzinduko rw’iminsi ibiri Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yagiriye muri Barbados, yijejwe ubufatanye n’abanyabigwi bamamaye mu mukino wa Cricket, bamwizeza ubufatanye mu guteza imbere uyu mukino mu Rwanda binyuze mu gutoza.
Muri tombola y’amatsinda yo guhatanira itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika kizabera muri Côte d’Ivoire mu mwaka wa 2023, u Rwanda ruri mu itsinda rimwe na Senegal.
Ikipe ya Kiyovu Sports ntibashije kurenga imikino ya 1/8 mu gikombe cy’Amahoro nyuma yo gutsindwa na Marine FC mu mukino wo kwishyura wabereye i Nyamirambo
Ubuyobizi bw’ikipe ya APR FC binyuze ku muyobozi wayo, Lt General Mubarakh Muganga, bwavuze ko kapiteni w’iyo kipe, Jacques Tuyisenge, ari mu bihano bishobora no gutuma asezererwa kubera imyitwarire mibi.
Umunyabigwi w’Umuholandi wakiniye ikipe ya Manchester United ari umunyezamu Edwin Van der Sar yavuze ko Sadio Mane akwiriye kuba yahabwa Ballon d’Or ya 2022 mu gihe benshi bari guha amahirwe Karim Benzema.