Ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 20/09/2013, ubwo yafunguraga ku mugaragaro iri huririro ryahuje kaminuza zitandukanye ryari ryakiriwe na Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR).
Minisitiri yavuze ko RUFORUM ifite byinshi imaze guhindura mu mwuga w’ubuhinzi ukorwa n’Abanyarwanda benshi kugeza ubu, kuko ryafashije abanyeshuri barenga 20 kwiga amashuri y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Masters).
Minisitiri w’intebe yashimye ko gahunda za RUFORUM zihura na gahunza ya IDPRS ya kabiri kuko bihurira ku kongera umusaruro mu buhinzi. Yijeje iri huriro ubufatanye busesuye na leta y’u Rwanda.
Prof Manasse Mbonye, umuyobozi w’agateganyo wa kaminuza Nkuru y’u Rwanda, yatangaje ko aho RUFORUM ikorera mu bihugu bitandukanye mu myaka 10, hagaragara iterambere ku buryo no mu Rwanda hari kugaragara iterambere kuko mu buhinzi bahashyize ingufu nyinshi.
Yakomeje avuga ko aba banyeshuri barihiwe aya mashuri muri za kaminuza zigize iri huriro ziri mu bihugu bitandukanye mu karere, ngo bari gufasha byinshi mu bushakashatsi mu buhinzi kandi ngo bari no gufasha kuzamura ubuhinzi muri rusange.
Mu bushakashatsi kaminuza nkuru y’u Rwanda ishami ry’ubuhinzi (faculty of Agriculture) yakoze, abarihiwe na RUFORUM baragaraza umusaruro mu guteza imbere ubuhinzi mu gihugu.
Iri huriro rikorera mu bihugu bigera kuri 18 byo muri Afurika harimo n’u Rwanda.
Gerard GITOLI Mbabazi
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
- “Nta mahane abatuye habi bagomba guteza, imibare iteye ubwoba”, Ministiri w’Intebe
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|