
Uwitwa Ntagorama agira ati "Urumva ahantu hakoreraga abantu bagera nko muri 15, ahantu hatahiye ni ah’abantu babiri gusa, babiri rwose bo haruguru ni bo kizimyamoto yahageze (inyubako) zitarafatwa, ni hafi ya kose".
Iyo nkongi bataramenya icyayiteye ngo yadutse ahagana saa munani z’igicuku mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Nyakanga 2023, ikaba yatwitse imbaho n’imashini zizitunganya ndetse n’amaresitora yahakoreraga.
Abahaturiye bavuga ko gaz yakoreshwaga mu guteka amafunguro muri ayo maresitora yaturikaga nk’ibisasu, bamwe bakagira ngo ni ibitero bya gisirikare.

Uwitwa Mutiganda ati "Jyewe nagize ngo Igihugu cyatewe, byari biteye ubwoba".
Ntabwo turabasha kuvugana n’inzego z’ubuyobozi mu Murenge wa Ndera ngo zidusobanurire ikigiye gukorwa, nyuma y’uko benshi batakarije imitungo muri ako Gakiriro.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police Sylvestre Twajamahoro, yatangarije ikinyamakuru Taarifa ko bakirimo gukusanya amakuru ku cyaba cyateye iyo nkongi.

Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|