
Bigirimana Abedi
Amakuru Kigali Today ifite avuga ko uyu musore wari umaze imyaka ibiri akinira Kiyovu Sports, yumvikanye na APR FC kuyisinyira imyaka ibiri agahabwa Miliyoni 35Frw. Uretse aya mafaranga kandi Bigirimana Abedi azajya ahebwa umushahara ungana na Miliyoni 1,5Frw.
APR FC yaherukaga gusinyisha umuvandimwe we bakomoka mu gihugu kimwe cy’u Burundi, banabana mu nzu ari we Nshimirimana Ismael Pitchou. Aba basore bombi uko ari babiri bavuzwe muri Rayon Sports bayica Miliyoni 35Frw buri umwe, ariko yo ikabaha Miliyoni 25Frw.
APR FC kugeza ubu imaze gusinyisha abakinnyi batandatu bashya, barimo batanu b’Abanyamahanga ndetse na Danny Ndikumana uzajya akina nk’Umunyarwanda, ikaba yaranongereye amasezerano Mugisha Gilbert.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|