Abagore bagize Inama y’Igihugu y’Abagore ku rwego rw’Umujyi wa Kigali bahize gukemura ikibazo cy’ubuzererezi bw’abana hakemurwa amakimbirane kuko ari yo ateza ibyo bibazo. Ni ibyatangarijwe mu Nama Rusange y’Inama y’Igihugu y’Abagore ku rwego rw’Umujyi wa Kigali yabaye tariki ya 11/9/2022, yitabiriwe na komite ihagarariye (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 13 Nzeri 2022 mu Rwanda habonetse umuntu umwe wanduye Covid-19, akaba yabonetse mu bipimo 2,331.
Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 13 Nzeri 2022, Polisi y’u Rwanda, yasezeye ku mugaragaro ku bapolisi 155 bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru mu muhango wabereye ku cyicaro cya Polisi y’u Rwanda, giherereye ku Kacyiru.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 07 Nzeri 2022 mu Rwanda habonetse abantu 8 banduye Covid-19 bakaba barabonetse mu bipimo 2,067.
Abagize Inama y’Igihugu y’Abagore mu Karere ka Kicukiro basanga umugore aramutse akoresheje uko bikwiye imbaraga afite mu muryango, byinshi mu bibazo biwugarije byakemuka. Ibi babigarutseho ubwo bari mu nama rusange y’Inama y’Igihugu y’abagore iterana rimwe mu mwaka n’ikindi gihe bibaye ngombwa.
Mu mukwabu wo kurwanya ubujura bw’amashanyarazi ukorwa buri gihe na Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) ifatanyije n’Inzego z’umutekano ndetse n’abaturage, mu kwezi kwa Kanama 2022, abantu 8 barafashwe bakekwaho kwiba amashanyarazi mu ngo abandi bakekwaho kwiba ibikoresho by’amashanyarazi.
Polisi y’ u Rwanda (RNP) mu Karere ka Ngoma, tariki ya 01 Nzeri 2022 yafashe uwitwa Mutabazi Emmanuel, ukurikiranyweho gukwirakwiza amafaranga y’amahimbano mu Karere ka Ngoma no mu turere duturanye na ko.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 03 Nzeri 2022 mu Rwanda habonetse umuntu umwe wanduye Covid-19 akaba yabonetse mu bipimo 4,385.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 02 Nzeri 2022 mu Rwanda habonetse abantu batanu banduye Covid-19 bakaba babonetse mu bipimo 4,693.
Umuhanzi Bruce Melodie wari warafatiwe i Burundi n’inzego zaho z’umutekano, amakuru aturukayo aravuga ko yarekuwe, ndetse ibitaramo ahafite kuri uyu wa gatanu no ku wa Gatandatu bikaba bigomba kuba.
Mu gihe imirimo yo gukwirakwiza amashanyarazi hirya no hino mu gihugu irimbanyije, ni nako abaturage bashishikarizwa kuyabyaza umusaruro, akababera inkingi ya mwamba y’iterambere ryabo, ntibigarukire ku gucana amatara gusa no gucomeka ibikoresho byifashishwa mu buzima bwa buri munsi nka telefoni, televiziyo, radiyo, frigo, (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 31 Kanama 2022 mu Rwanda habonetse abantu 12 banduye Covid-19 bakaba barabonetse mu bipimo 2,922.
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Huye, tariki ya 29 Kanama 2022 bwakiriye dosiye bukurikiranyemo umukobwa w’imyaka 20 ukekwaho kuba ku itariki ya 18/08/2022 yarasambanyije umwana w’umuhungu w’imyaka 10 mu Mudugudu wa Rurenge, Akagari ka Kibu, Umurenge wa Mugombwa, Akarere ka Gisagara.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye mu Gihugu cya Senegal, tariki 27 Kanama 2022 bizihije umunsi mukuru w’Umuganura. Uyu munsi mukuru w’Umuganura ubusanzwe wizihizwa buri wa Gatanu wa mbere w’ukwezi kwa Kanama mu Gihugu hose no mu mahanga.
Abaturage 116 bo mu miryango 29 yo mu Mirenge itatu yo mu Karere ka Bugesera ari yo Nyamata, Juru na Gashora, barashima inyigisho bari bamaze amezi hafi atatu bahabwa n’umuryango w’urubyiruko witwa Rwanda we Want ku bufatanye na Interpeace Rwanda, kuko zatumye imibanire muri iyo miryango irushaho kuba myiza.
Nyuma y’uko bigaragaye ko abakoresha benshi bakoresha abakozi nyamara batabafiteho amakuru ahagije yerekeranye n’aho baba barakoze cyangwa yerekeranye n’imyitwarire yabo, bityo bagira n’ibyo bangiza kubabona bikagorana, ikigo cyitwa DIRECA Technologies, cyatangije umushinga w’ikoranabuhanga uzafasha mu gukemura bimwe muri (…)
Imibare igaragazwa na Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) yerekana ko Akarere ka Nyagatare ubu gafite ingo nyinshi zamaze kubona amashanyarazi, yaba afatiye ku muyoboro rusange ndetse n’akomoka ku mirasire y’izuba.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza n’Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Col (rtd) Jeannot Ruhunga, bari mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine mu gihugu cya Singapore. Ku wa Gatatu tariki ya 24 Kanama 2022, basuye Ubuyobozi bw’ikigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa, banasura (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 24 Kanama 2022 mu Rwanda habonetse abantu 3 banduye Covid-19 bakaba babonetse mu bipimo 2,962.
Muri izi mpera z’icyumweru ndetse n’izindi ebyiri zikurikiraho kugeza tariki 03 Nzeri 2022, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Uturere n’Umujyi wa Kigali (RALGA), bashyizeho gahunda y’uko abayobozi batowe mu nzego z’ibanze, cyane cyane abagize Inama Njyanama y’Umurenge n’Utugari (…)
Ku itariki ya 20 z’ukwezi gushize, nibwo sitasiyo y’amashanyarazi ya Gasogi yasurwaga mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 y’ubutwererane hagati y’u Rwanda n’u Buyapani. Icyo gihe yasuwe nka kimwe mu bikorwaremezo byubakwaga ku nkunga ya Leta y’Ubuyapani, isurwa na Minisitiri w’Ibikorwaremezo Dr. Ernest Nsabimana ari (…)
Nyuma yo gusanga ubuhinzi n’ubworozi ari bimwe mu bikenerwa na benshi mu mibereho ya buri munsi, ikigo cy’imari giciriritse cyitwa Iwacu Finance, kivuga ko cyiyemeje gukorana n’abantu batandukanye mu kubaha inguzanyo, muri bo hakaba harimo n’abakora ubuhinzi n’ubworozi.
Umuhanzi Burabyo Yvan wamamaye ku izina rya Yvan Buravan, byatangajwe ko yitabye Imana mu ijoro rishyira tariki 17 Kanama 2022 azize uburwayi bwa kanseri (Pancreatic cancer).
Polisi y’u Rwanda yakajije umurego mu bikorwa byo kurwanya abinjiza mu gihugu mu buryo bwa magendu imyenda yambawe izwi ku izina rya caguwa, bikaba bikomeje gutanga umusaruro ushimishije, ku bufatanye n’izindi nzego hamwe n’abaturage.
Perezida Paul Kagame yashimiye Abanya-Kenya kubera uburyo amatora baherutse gukora tariki 09 Kanama 2022 yabaye mu mahoro, uwegakanye intsinzi ari we William Ruto akaba yaratangajwe tariki 15 Kanama 2022.
Hirya no hino mu Gihugu kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Kanama 2022 hatangijwe Ibarura rusange ry’Abaturage n’imiturire. Iri barura ryageze no mu rugo rw’Umukuru w’Igihugu, Perezida Kagame, nk’uko ibiro bye (Village Urugwiro) byabitangaje. Iri barura riribanda ku kureba umubare w’abaturage, imibereho, ibyo bakora, n’ibindi.
Urubyiruko rw’abasore n’inkumi 580 bari bamaze amezi atandatu bahabwa ubumenyi mu myuga itandukanye barashima inzego zitandukanye zagize uruhare muri iyo gahunda, kuko ubumenyi bungutse buzabafasha kwiteza imbere no kugira imibereho myiza.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 13 Kanama 2022 mu Rwanda habonetse abantu 11 banduye Covid-19 bakaba babonetse mu bipimo 3,646.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe gutanga ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga, tariki ya 12 Kanama, ryafashe uwitwa Mayisha Shadrackk w’imyaka 40 y’amavuko, ukurikiranyweho gushaka gukorera abantu batatu, ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo rukorerwa kuri mudasobwa ku Muhima mu Karere ka Nyarugenge.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 12 Kanama 2022 mu Rwanda habonetse umuntu umwe wanduye Covid-19 akaba yabonetse mu bipimo 4,035.