Abatuye mu Karere ka Ngoma bishimira ko gahunda yo gutura mu midugudu yatumye ubutaka buhingwamo bwiyongera, umusaruro uratubuka.
Abana bahabwaga amasomo abakundisha umwuga muri gahunda yiswe”Space for children” mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba IPRC East bahawe certificate.
Imiryango 40 itishoboye ituye mu manegeka mu Karere ka Ngoma igiye kwimurwa ituzwe mu mdugudu w’icyitegererezo uzuzura utwaye miliyoni 600RWf.
Imiryango itanu itishoboye yo muri Ngoma na Rwamagana, nyuma yo guhabwa inzu n’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi, iratangaza ko iyi Noheli ari ibyishimo byinshi.
Abakoresha umuhanda Kazo-Rwagitugusa batangaza ko banejejwe no kuba uwo muhanda uri gukorwa nyuma y’umwaka wari ushize warangiritse udakoreshwa.
Abanyeshuri 32 bigishijwe mu buryo bushya umwuga w’ubwubatsi mu ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba (IPRC East),bitezweho umusaruro mwiza.
Koperative y’abahinzi ba kawa mu murenge wa Musaza akarere ka Kirehe (COCAMU),boroje inka umunani imiryango ikennye ngo biture perezida Kagame wabagabiye imodoka.
Bamwe mu bafite amasambu yakoreshejwe mu gutunganya umushinga wo kuhira imyaka mu karere ka Ngoma, baravuga ko watashywe ku mugaragaro batarishyurwa.
Abatuye Ngoma baravuga ko Umushinga wo kuhira imyaka kuri hegitari 300 wagejejwe mu murenge wa Rurenge na Remera uzongera umusaruro.
Akarere ka Ngoma gatangaza ko kagiye kongera miliyoni 15 ku nkunga kageneraga ikipe yako Etoile de l’Est yo mukiciro cyakabiri.
Abaturage bo mu Karere ka Ngoma bifuza ko itorero ry’igihugu ryahera ku bana b’incuke kugira ngo bazakurane umuco wo gukunda igihugu.
Nyirangaruye Dafrose utuye mu Kagari k’Akagarama, Umurenge wa Rurenge muri Ngoma avuga ko atotezwa n’abaturage bamwita umuvubyi wabujije imvura kugwa.
Abaturiye umugezi w’Akagera mu Murenge wa Jarama muri Ngoma, bahangayikishijwe n’imvubu zibonera imyaka ndetse zikanabatera mu ngo zabo.
Ubuyobozi mu Kagari ka Gatonde mu Karere ka Ngoma, butangaza ko kugenzura imihigo mu ngo byatumye bagera kuri 97,8% mu bwisungane mu kwivuza.
Gahunda yiswe “Gikuriro” yashowemo arenga miliyoni 190RWf mu rwego rwo kurwanya imirire mibi ikigaragara mu bana bo mu Karere ka Ngoma.
Ubuyobozi bw’umupaka wa Rusumo uhuza u Rwanda na Tanzaniya, buhamya ko kubaka One Stop Border Post byongereye urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.
Abaturage bo mu kagali k’Akagarama muri Ngoma batangaza ko bafatanyije n’ubuyobozi biyubakiye ivuriro riciriritse ariko ngo rimaze imyaka ine ridakora.
Kayitare Innocent utuye Remera, mu Karere ka Ngoma avuga ko guhinga ku materasi byamuvanye mu bukene, akaniyubakira inzu akareka gukodesha.
Abagize Koperative ”Nawe arashoboye” yo mu Murenge wa Remera Akarere ka Ngoma, bahangayikishijwe no kubura aho bagurisha uduseke baboha.
Abahinzi batishoboye bo mu murenge wa Sake muri Ngoma bavuga ko bashyirwaho amananiza bagategekwa kugura imbuto n’ifumbire kandi nta bushobozi bafite.
Semasaka Jean Marie Vianney utuye mu Murenge wa Remera Akarere ka Ngoma, avuga ko n’ubwo afite ubumuga bw’akaguru, bitamubujije gukora ngo yiteze imbere.
Abaturage bo muri Ngoma bavuga ko bashimishijwe n’ivugururwa ry’itegeko ryo kwandikisha umwana wavutsekuko kuko bigiye gutuma batongera kugira abana batanditse.
Nteziryayo Felicien utuye mu Kagari ka Gahima, Umurenge wa Kibungo muri Ngoma arasaba kwishyurwa amafaranga yakoreye yubaka ibiro by’ako Kagari.
Abatuye mu duce twa Musamvu na Karenge two mu murenge wa Kibungo, muri Ngoma, bahangayikishijwe n’ibura ry’amazi ridasanzwe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA) cyiyemeje kuzamura imyumvire ku misoro, gihereye mu bigo by’amashuri yisumbuye na za kaminuza.
MTN Rwanda, yahaye mudasobwa 24 zigendanwa ikigo cy’ishuri ryisumbuye ry’imyuga rya kigarama (TSS Kigarama), mu Karere ka Ngoma.
Abatuye umurenge wa Mutendeli akarere ka Ngoma, ahacishijwe imihanda hubakwa umudugudu w’icyitegererezo bafite impungenge ko batazishyurwa imyaka yangijwe.
Bamwe mu bubatse isoko rya Kibungo rimaze umwaka ritashywe, barakishyuza Akarere ka Ngoma amafaranga bambuwe na rwiyemezamirimo wabakoreshaga.
Urunyuzuwera Francine wo mu murenge wa Kibungo, akarere ka Ngoma, yakize ihungabana yaterwaga no kutagira aho aba nyuma yo kubakirwa.