Polisi y’igihugu itangaza ko yatangiye guta muri yombi abakekwaho urupfu rw’umuganga witwa Maniriho Christian, warashwe ubwo yavaga ku kazi.
Maniraho Christian wakoraga mu kigo nderabuzima cya Nyange cyo mu Karere ka Ngoma, yarashwe n’abantu bataramenyekana ubwo yavaga ku kazi.
Munyemana Alphonse wo mu Karere ka Ngoma yishe umwana we w’imyaka itatu umukuru aramucika, arangije yiyahuza imiti ntiyapfa.
Abatuye Umudugudu wa Murindwa mu Kagari ka Birenga, Umurenge wa Kazo mu Karere ka Ngoma barishimira amazi meza begerejwe, bakaruhuka amasaha ane bakoreshaga bajya kuvoma ahitwa i Sine.
Ndengabaganizi Euphrem, umuhinzi wa kawa mu Karere ka Ngoma, arasaba ubufasha nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye hegitari eshanu za kawa ye.
Umubano wihariye hagati y’Akarere ka Gasabo n’aka Ngomba witezweho gufasha buri karere gucyebura akandi, kuko kamwe ari ak’icyaro akandi kakaba ak’umujyi.
Abaturage b’Akarere ka Kirehe bari bamaranye igihe kigera ku mwaka biogaz zidakora batangiye kuzisanirwa binyuze muri “Koperative Ireme ryo kurengera Ibidukikije”.
Kpoerative y’ubuhinzi COABANAMU ikorera mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, igiye gushinga uruganda ruzahesha agaciro umusaruro wabo.
Imibiri 18,382 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Jenoside rushya rwa Kibungo mu Karere ka Ngoma.
Miliyoni 60 zigiye guhabwa abahinzi baturiye ibiyaga mu Karere ka Ngoma,muri gahunda ya nkunganire mu kugura ibikoresho byo kuhira imirima.
Abanyamuryango ba zimwe muri koperative zikorera mu Karere ka Ngoma bavuga ko bacibwa intege no kumva hinjira amafaranga menshi,bagahabwa raporo ko yakoreshejwe yose.
Bamwe mu bagabo bo mu Karere ka Ngoma babana n’abagore batarasezeranye, bavuga ko babibuzwa no gutinya ko basezeranye abagore bajya babasuzugura.
Abayeshuri bo mu Karere ka Ngoma bavuga ko gusura parike bikenewe kugira ngo baboneshe amaso ibyo biga mu bitabo, bityo barusheho gusobanukirwa.
Umuyobozi w’intara y’Iburasirazuba Uwamariya Odette, arashima uruhare rw’amadimi mu bikorwa batanyana n’ubuyobozi mu iterambere ry’iyi ntara.
Abagabo batuye mu kagali ka Ndekwe Umurenge wa Remeramu Karere ka Ngoma, bashinja abagore babi kwitwaza uburinganire bagakora ibikorwa biteza amakimbirane mu ngo.
Abakora inkweto nshya mu Karere ka Ngoma bavuga guca inkweto za caguwa, byatumye abakiliya babagana biyongera.
Abatuye Akagari ka Birenga mu Murenge wa Kazo w’Akarere ka Ngoma bavomaga ibirohwa bishimiye ko bahawe amazi meza hafi yabo.
Abantu bagera kuri 210 bo mu Ntara y’Iburasirazuba barangije kwiga imyuga, bahawe ibikoresho bazifashisha mu gushyira mu ngiro imyuga bize.
Rujara Pierre nyuma yo kwiga amashuri yisumbuye akuze asekwa na benshi,arishimira ko yabonye buruse yo kwiga kaminuza.
Ubushakashatsi Bizimana Jean Bosco wo mu Karere ka Ngoma yakoze asoza amashuri ye mu by’ubuhinzi ngo bwatumye akora uruganda rw’ifu ikungahaye ku ntungamubiri.
Hasubizimana Jean Claude w’imyaka 23, afite impano yo gushushanya ahamya ko imwinjiriza nibura ibihumbi 300 ku kwezi.
Ikipe ya Kirehe nyuma yo gutsindwa na Etolie de L’Est igitego 1-0, ihise ijya mu cyiciro cya mbere nyuma y’aho nayo yari yarayitsinze ibitego 2-0 mu mukino ubanza.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), Ishami ry’Iburasirazuba, kiratangaza ko hagiye gushorwa miliyoni 65Frw mu guhugura aborozi uko bahangana n’ikibazo cy’ibura ry’ubwatsi mu gihe cy’izuba.
Abayobozi b’imidugudu mu Karere ka Ngoma bemeza ko amahugurwa mesnhi abarinda guhuzagurika mu nshingano zabo,akenshi batorerwa batazisobanukiwe neza.
Abatuye umurenge Mugesera mu karere ka Ngoma,biyemeje kubaka ibiro bya Polisi y’igihugu mu murenge wabo bifite agaciro ka miliyoni zirenga 30.
Abahahira mu Isoko rya Kibungo bavuga ko”Tumuhombye” yatumye iri soko rigeza saa yine z’ijoro kandi ubundi ryarafungaga saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Abakobwa bavumbuye igihingwa cyera amasaro akoreshwa mu mitako mu Karere ka Ngoma, bavuga ko batayabonera isoko kubera gukorera mu cyaro.
Urwibutso rwa Jenoside rushya rurimo kubakwa mu Murenge wa Kibungo muri Ngoma ngo ruzafasha urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside kumenya amateka kuko ruzabasha kubika imibiri mu gihe kirekire.
Urubyiruko rw’abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Ngoma rurasabwa kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ihohoterwa, batanga amakuru ku gihe.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro mu Ntara y’Iburasirazuba(IPRC East) ryubakiye inzu umukecuru warokotse Jenoside utishoboye, nyuma y’uko iyo yabagamo yari igiye kumugwaho.