Abafungiye muri Gereza yihariye y’Abagore ya Ngoma, bavuga ko kugira amatorero y’ubuhanzi ndetse no kwiga imyuga itandukanye bibafasha kutigunga.
Abafungiye muri Gereza y’abagore ya Ngoma mu Karere ka Ngoma, bavuga ko bahigira ubumenyi mu myuga itandukanye ibafasha kwirwanaho igihe bazaba barangije ibihano.
Abaturage bp mu Kagari ka Muzingira mu Murenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma, biyujurije ibiro by’akagari ngo bajye baherwa serivise aheza.
Abaturage barasaba abayobozi b’imidugudu bashya kuvugurura isura y’ubuyobozi bw’umudugudu yari imaze kumungwa na ruswa.
Abatuye imidugudu ya Rugarama n’amabumba mu kagali ka Kinyonzo, umurenge wa Kazo, babangamiwe n’imihanda mibi ituma bahendwa ku musaruro wabo.
Abahinzi b’ibigori bo mu Murenge wa Sake mu Karere ka Ngoma, bavuga ko umusaruro w’ibigore wiyongereye agaciro ugereranyije n’umwaka ushize.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Ngoma batangaza ko hari byinshi babona byabagira intwari, nyuma yo gusobanurirwa ko bishoboka no ku batari abasirikare.
Urubyiruko 80 rw’abanyeshuri b’Abayisilamu bari mu biruhuko bahuguwe ku ndangagaciro za Islam zibarinda uwabashora mu bikorwa bihungabanya amahoro.
Abana batuye Umurenge wa Sake mu Karere ka Ngoma, bashimishwa no kubona ibigori byeze bakabona ikiraka cyo kubihungura bakabona amafaranga.
Ndayisaba Godfroid uherutse gupfusha inka esheshatu zikubiswe n’inkuba mu Murenge wa Rukira, Akarere ka Ngoma; amaze gushumbushwa inka zirindwi.
Bareberaho Abdalahman w’imyaka 50 yafashwe akaguru n’ingona, ayikizwa no kuyikirigita mu kwaha igahita imurekura.
Koperative y’Abarobyi bo mu Kiyaga cya Sake (COPEDUSA) nyuma yo gushyiraho itegeko ryo kwirukana ugaragaweho kurwaza indwara z’imirire mibi,bavuga ko byahinduye byinshi.
Ibyumba by’amashuri 34 n’ubwiherero 44 bishya byuzuye mu Karere ka Ngoma byitezweho gukemura ikibazo cy’ubucucike mu mashuri no kongera ireme ry’uburezi.
Inama Njyanama y’Akarere ka Ngoma yateranye tariki 22 Mutarama 2016, yemeje ingengo y’imari y’akarere ivuguruye isaga miliyari12, isaba abayobozi kwihutisha imihigo ikiri hasi.
Abasaga 550 baturiye aharimo gukorerwa umushinga wo kuhira imyaka kuri hegitari 300 z’imirima mu Murenge wa Rurenge, bavuga ko barimo kwiteza imbere babikesha icyo gikorwa.
Abahinzi bo mu Karere ka Ngoma baravuga ko biteze umusaruro mwinshi binyuze mu mushinga wo kuhira imyaka kuri hegitari zirenga 300 u Rwanda rufatanyamo n’Ubuyapani.
Abafundi bagera ku 130 bubatse ibyumba by’amashuri mu murenge wa Kazo bamaze imyaka itatu bishyuza miliyoni 15 bakoreye muri 2012.
Ndayisaba Godfroid arasaba ubufasha nyuma y’uko inkuba ikubise inka ze z’imbyeyi enye, indi ihaka n’ikimasa kimwe; zigapfa zose.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kazo mu Karere ka Ngoma bwihanangirije bamwe mu bakoresha inzitiramibu icyo bataziherewe, bubaburira ko uwafatwa yahanwa bikomeye.
Imvura ivanzemo urubura n’umuyaga mwinshi yaguye mu mirenge ya Rukumberi na Mugesera mu Karere ka Ngoma yasambuye amazi 19 yangiriza hegitari 150 z’ibihingwa.
Abatuye imirenge ya Rukumbeli na Mugesera mu Karere ka Ngoma barashima ingabo z’igihugu(RDF) nyuma yo kubegereza amavuriro mato ya Poste de Santé bakaruhuka kwivuriza kure.
Abaturiye amavuriro amaze igihe zaruzuye ariko ataratahwa mu Karere ka Ngoma, bavuga ko babangamiwe no kwivuza kure basize ayabo adakora.
Ubuyobozi bwo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Ngoma buratangaza ko bwahagurukiye abagifite umuco wo kwengesha inzoga ibirenge.
Abikorera n’abakozi bo mu Murenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma bifatanije n’abafite ubumuga bwihariye bashyizwe mu “Urugo rw’Amahoro” nyuma yo gutereranwa n’imiryango yabo.
Abacuruzi bakorera mu isoko rikuru rya Kibungo bacururizaga hanze y’isoko nyuma yo gushyirwa ahubakiye barashima ko bakize izuba n’imvura.
Koperative y’abahinzi b’umuceri ba Cyunuzi (COOPRIKI) yatoye itegeko ryo kujya bishyurira abanyamuryango 3583 n’imiryango yabo ubwisungane mu kwivuza ngo hazamurwe umusaruro.
Mukabalisa Frolence,nyuma yo gutangira kwigishiriza imodoka mu mujyi wa Kibungo Akarere ka Ngoma byatumye abagore n’abakobwa bitabira kwiga ibinyabiziga ku bwinshi.
Hakizimana Vicent w’imyaka 25 wo mu Kagari ka Gituza mu Murenge wa Rukumbeli mu Karere ka Ngoma arashinjwa gukubita se umubyara umugeri mu gatuza agahita yitaba Imana.
Police y’igihugu irasaba abaturage bo mu antara y’Iburasirazuba kwirinda ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge kuko butabahira, mu gihe ikomeje kuhafatira abagaragara mu bucuruzi bwabyo.
Nshimyumuremyi Claude,nyuma yo gufatirwa mu karere ka Ngoma atwaye umufuka w’urumogi agiye kurugurisha arahamya ko yicuza ibyo yakoze.