Kalisa Gaston,yafatiwe mu cyuho yakira ruswa y’umuturage y’ibihumbi 20 ngo amushyire ku rutonde rw’abagomba guhabwa inka muri “Gira inka”.
Abana batozwaga imyuga mu gihe cy’ibiruhuko muri IPRC East baravuga ko bahakuye icyerekezo cy’ubuzima bwabo.
Nyirabikari Theresie,w’imyaka 90 utuye mu Kagari ka Kibare mu Murenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma arashimira Perezida Paul Kagame ngo wamukuye muri nyakatsi.
Abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bavuga ko gukurikirana amasomo ku kwihangira umurimo bizabarinda kuba abashomeri igihe bazaba barangije kwiga.
Perezida wa Sena, Hon Bernard Makuza, asanga inteko ishingamageko ifite inshingano zo kugeza ku baturage ibyavuye mu busabe bwabo ku kuvugurura itegeko nshinga.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (IPRC East) riri gutanga amasomo afasha abana mu biruhuko, gukunda umwuga binyuze muri gahunda bise “Space for children”.
Abatuye mu Mudugudu wa Kabahushi mu Kagari ka Sakara mu Murenge wa Murama barasaba kwegerezwa amashuri kuko baterwa impungenge n’abana bato biga kure bazamuka imisozi.
Intara y’Uburasirazuba yatangije ukwezi k’ubukangurambaga mu kurwanya imirire mibi ubu iri ku kigero cya 34%, nk’uko byagaragaje n’ubushakashatsi butandukanye bwakozwe.
Komite nshya y’Ihuriro ry’Abana mu Karere ka Ngoma yiyemeje guhangana n’akato gakorerwa abana bafite ubumuga.
Kuri Sitasiyo ya Police ya Kibungo hafungiye imodoka yafashwe ipakiye urumogi abari bayirimo bagahita bayisohokamo biruka.
Abagize Komite z’Abunzi mu mirenge igize Akarere ka Ngoma bahawe amagari ngo ajye abafasha mu ngendo bajya kunga abagiranye amakimbirane.
Abatuye umudugudu wa Kabahushi mu Murenge wa Murama akarere ka Ngoma, wakusanije miliyoni 2Frw bigurira matera n’amashyiga agezweho ya cana rumwe.
Ndengabaganizi Ephrem, uhinga kawa mu mirenge ya Murama, Mutenderi na Remera y’Akarere ka Ngoma, avuga ko ubu buhinzi bwamuteje imbere kandi bugaha akazi abakozi 30 buri munsi.
Abaturage bataratanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (MUSA)bibukijwe ko bagomba gukurikiza umuhigo Akarere kihaye wo kurangiza umwaka wa 2015 kari ku 100%.