Abunzi bo mu Karere ka Gisagara barasaba ko abayobozi b’inzego z’ibanze kubahiriza inshingano zabo zo gutumiza ababuranyi no kubagezaho imyanzuro y’inteko y’abunzi.
Umuvugizi wa ADEPR, Rev. Karuranga Euphrem ahamya ko umukirisitu nyawe ari ukura amaboko mu mufuka agakora agashaka ibimutunga n’ibitunga umuryango we aho kwirirwa yicaye gusa.
Mu minsi iri imbere abagize Koperave y’inkeragutabara yitwa CTPMH yo mu murenge wa Save muri Gisagara baratangira kwinjiza amafaranga babikesha inzu y’ubucuruzi bujuje.
Minisitiri w’ubuzima Dr Diane Gashumba arahamagarira abakora muri serivisi z’ubuzima guhagurukira ikibazo cy’abana bapfa bavuka.
Sosiyete y’Abanya-Turukiya yitwa “Quantum Power” yatangiye kubaka muri Gisagara, uruganda ruzabyaza nyiramugengeri ingufu z’amashanyarazi zingana na megawate 80 (80MW).
Abaturage bo mu Murenge wa Save muri Gisagara bafite umuyoboro w’amazi mu ngo bavuga ko bahangayikishijwe n’igiciro cy’amazi cyazamuwe batabimenyeshejwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara buratangaza ko hafashwe ingamba zituma nta nka yatanzwe muri gahunda ya girinka izongera kunyerezwa.
Imiryango 12 yo mu Karere ka Gisagara itagiraga aho iba itangaza ko yagize icyizere cy’ubuzima nyuma yo guhabwa inzu nshya yubakiwe.
Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB ruravuga ko mu Karere ka Gisagara abaturage bagaragaje ko batagira uruhare mu mitegurire y’ingengo y’imari n’igenamigambi.
Abagize inama y’igihugu y’abagore mu Karere ka Gisagara bavuga ko bababazwa na bagenzi babo biyandarika, bikabahesha isura mbi.
Abagize inama y’igihugu y’abagore mu Karere ka Gisagara baratangaza ko mu mezi atandatu nta mwana uzaba akigaragaraho indwara ziterwa n’imirire mibi.
Ndayambaje Venuste utuye mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara, avuga ko 60,000 Frw yahawe mu Budehe, yamufashije kwikura mu bukene bukabije yabagamo.
Itsinda ry’abagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite bashima iterambere rimaze kugaragara mu Karere ka Gisagara kubera umuriro w’amashanyarazi, bagasaba abatarayashyikira kongera imbaraga.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Mureshyankano Marie Rose arahamagarira abaturage b’Akarere ka Gisagara kujyana abana babo mu mashuri kuko bizabagirira akamaro bidatinze.
Abaturage b’umurenge wa Kansi mu karere ka Gisagara barasaba ko isoko rya Ruhuha ryagarurwa aho ryahoze kuko ryimuriwe kure y’abariremaga.
Abatuye umurenge wa Mukindo mu karere ka Gisagara,baravuga ko iteme n’umuhanda bibahuza n’umurenge wa Mugombwa ryangiritse bikadindiza ubuhahirane.
Bamwe mu bakoze imirimo yo kubaka mu muhanda Save-Mamba-Gikonko mu Karere ka Gisagara bahangayikishijwe no kuba umwaka urangiye batabonye amafaranga bakoreye.
Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya Mukiza,mu murenge wa Mukindo akarere ka Gisagara buratangaza ko mu mwaka utaha nta shuri rizongera kurenza umubare w’abanyeshuri.
Bamwe mu baturage ba Gisagara bakoresha inzira yo mu Rwasave bajya cyangwa bava I Huye,baravuga ko babangamiwe n’umutekano muke uharangwa.
Bamwe mu bakoze mu mirimo yo kubaka ibiro by’akagari k’Akaboti mu murenge wa Kansi ho mu karere ka Gisagara barasaba kwishyurwa.
Abatuye akagari k’Akaboti,umurenge wa Kansi mu karere ka Gisagara biyujurije ibiro by’akagari bya miliyoni 23, bafatanyije n’ubuyobozi.
Abaturage baturiye iminara ya sosiyete z’itumanaho Tigo na MTN mu kagari ka Gatoki, umurenge wa Save muri Gisagara baravuga ko urusaku rw’imashini z’iyi minara rubabangamiye.
Abahinzi ba kawa mu kagari ka Gakoma,umurenge wa Mamba mu karere ka Gisagara baravuga ko koperative bagemuriye umusaruro muri 2012 yabambuye.
Bamwe mu batuye mu murenge wa Mamba muri Gisagara bavuga ko bagemuye ibigori muri koperative yabo ikabambura bikabateza ubukene.
Abari batuye batatanye mu Murenge wa Mamba muri Gisagara, bagiye gutuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo wa Ruhuha, bikazongerera ubutaka bwabo agaciro.
Abaturage bo muri Gisagara batuye ahagiye kubakwa umudugudu w’icyitegererezo baravuga ko bahangayikishijwe n’amasambu yabo agiye kubakwamo nta ngurane bahawe.
Impunzi z’abanyekongo ziba mu nkambi ya Mugombwa muri Gisagara zirifuza kuryama ku mifariso zigaca ukubiri na nyakatsi yo ku buriri.
Abatuye mu Mudugudu wa Rugara, Akagari ka Gisagara mu Murenge wa Ndora Akarere ka Gisagara, baravuga ko batazongera guhangayikishwa no guhaha imboga.
Mu Murenge wa Save wo mu Karere Ka Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo, ngo nta rugo ruzongera gucikanwa n’isuzuma ry’imihigo.
Impunzi z’abanyekongo zicumbikiwe mu Karere ka Gisagara zinubira kugaburirwa ibigori n’ifu yabyo, no kutemererwa kubigurisha ngo bagure ibindi biryo byo guhinduranya.