Gashenyi umwe mu Mirenge 19 igize Akarere ka Gakenke, niwo Murenge wahize indi mu bikorwa by’umuganda rusange ku rwego rw’Igihugu, uhabwa igikombe na miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda.
Abakozi 495 b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi, isuku n’isukura (WASAC), bihaye intego yo kurushaho kunoza serivisi batanga, bagabanya ingano y’amazi yangirika.
Niyonsenga Valens w’imyaka 21, ni umunyeshuri wiga mu mwaka wa gatandatu mu ishuri kabuhariwe mu kwigisha ikoranabuhanga rya Rwanda Coding Academy (RCA), avuga ko yigeze gutoroka ababyeyi be agiye kureba iri shuri riherereye ku Mukamira mu Karere ka Nyabihu ngo ashire amatsiko yari arifiteho.
Saa kumi na 45 z’igicamunsi cyo ku itariki 21 Gicurasi 2024, Ikamyo Mercedes Benz yari itwawe na Mutonesha Donatie, yikoreye inzoga z’u ruganda rwa BRALIRWA yakoreye impanuka mu nkengero z’umujyi wa Musanze mu Kagari ka Kigombe, Umurenge wa Muhoza Akarere ka Musanze, ubwo yavaga i Rubavu yerekeza i Kigali.
Nyiramahirwe Jeanne d’Arc, Umwarimu muri Groupe Scolaire Butete mu Murenge wa Cyanika, Akarere ka Burera, wagiye gutanga kandidatire yo kwiyamamariza umwanya w’Ubudepite, yavuze ko hari kimwe basanze atujuje, ahabwa amahirwe nk’umubyeyi wari uhetse.
Bamwe mu bo gahunda ya VUP yagezeho hirya no hino mu gihugu, bakomeje kuyitangaho ubuhamya bayishima, bishimira n’aho yabavanye ndetse n’aho ibagejeje, kuko bavuye mu bukene ndetse baharanira no kugira abandi bafasha.
Ku itariki 05 na 06 Gicurasi 2024, mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke humvikanye inkuru y’umusozi witse usenya inzu z’abaturage, umuntu umwe ajyanwa mu bitaro bya Gatonde nyuma yo guhungabana.
Mu Kagari ka Buruba, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, haravugwa amakuru y’umukobwa w’imyaka 22 watae muri yombi, akekwaho gukuramo inda y’amezi atanu akoresheje ibinini.
Abatuye Umurenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, bakomeje kwegeranya inkunga yabo, mu rwego rwo kwiyubakira isoko rijyanye n’icyerekezo rizatwara agera kuri miliyoni 800 FRW.
Imbogo zirindwi zatorotse Pariki zijya mu giturage mu Mirenge ya Gahunga na Rugarama yo mu Karere ka Burera, zisanga abaturage mu mirima yabo, zikomeretsa abantu icyenda.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gahunga n’uwa Rugarama yo mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru, bibasiwe n’imbogo zatorotse Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, zikomeretsa abantu icyenda, batatu muri bo bakaba bakomeretse bikomeye.
Rwanda Coding Academy (RCA), ishuri rigamije kuzamura urwego rw’ikoranabuhanga mu Rwanda, riherereye ku Mukamira mu Karere ka Nyabihu, rigiye kwagurwa mu rwego rwo kuryongerera ubushozozi bwo kwakira umubare uhagije w’abanyeshuri.
Ibireti ni igihingwa gikomeje kwitabirwa na benshi, aho gitanga inyungu zitaboneka ku bindi bihingwa, dore ko ngo no ku masoko mpuzamahanga ibireti by’u Rwanda biri mu bikunzwe aho n’ibiciro bikomeje kuzamuka, ikilo kikaba kirimo kugura agera ku 1300 Frw.
Mata na Gicurasi ni amezi atarahiriye abaturage cyane cyane muri iyi myaka ya 2023 na 2024, kubera ibiza byakunze kubibasira, birabasenyera, ndetse bamwe bibambura ubuzima.
Mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki ya 14 Gicurasi 2024, mu Kagari ka Ninda, Umurenge wa Nyange, Akarere ka Musanze habonetse umurambo w’umusore w’imyaka 32 witwa Harerimana Innocent, abaturage bakaba bawubonye mu murima w’ibirayi.
Ingabo na Polisi 19 bo ku rwego rwa Ofisiye mu Rwanda, batangiye amahugurwa agamije guhangana n’ikibazo gihangayikishije Afurika, cyo gukoresha abana mu mitwe yitwaza intwaro no mu gisirikare.
Akarere ka Burera kiyongereye mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, twiyujurije inyubako y’ibiro ajyanye n’icyerekezo.
Ku wa Gatandatu tariki 11 Gicurasi 2024, hirya no hino mu Midugudu yo mu Rwanda, Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bamurikiwe ibyo Umuryango wagezeho muri manda y’imyaka irindwi ishize, uba n’umwanya wo gusobanurirwa imyiteguro y’amatora ya Perezida n’ay’Abadepite ateganyijwe muri Nyakanga 2024.
Urugaga rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Musanze, ku bufatanye n’inzego bwite za Leta batangije ukwezi kwahariwe kurandura igwingira mu abana bato, kimwe mu bibazo by’urusobe byugarije imibereho myiza y’abaturage Karere ka Musanze.
Abenshi mu bitabiriye imikino ya nyuma mu marushanwa Umurenge Kagame Cup, aherutse kubera mu Karere ka Rubavu kuva ku itariki 04-06 Gicurasi 2024, babonye umukecuru wakiniraga ikipe yari ihagarariye Akarere ka Rulindo mu bagore, mu mukino wa Basketball.
Perezida Paul Kagame yasabye urubyiruko rw’Abakorerabushake kubyaza umusaruro amahirwe bafite muri iki gihe we n’urungano rwe batigeze bagira ubwo bari urubyiruko, abibutsa kwirinda guteta, ahubwo bakagira uruhare mu mibereho yabo y’ejo hazaza.
Mu Murenge wa Mugunga Akarere ka Gakenke haravugwa inkuru y’umusozi witse, inzu 17 ziragwa, umuturage umwe ajyanwa mu bitaro nyuma yo guhungabana.
Umusore ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga witwa Joseph Thermadam, yahawe Isakaramentu ry’Ubusaseridoti (Ubupadiri) ku itariki 02 Gicurasi 2024.
Mu Kagari ka Kamisave mu Murenge wa Remera, Akarere ka Musanze, umuryango w’abantu batatu barimo umugore n’abana be babiri, baridukiwe n’inkangu yatewe n’imvura yaraye igwa mu ijoro rishyira tariki 04 Gicurasi 2024, inzu barimo irabagwira, umubyeyi arapfa, abana be bararokoka.
Mu muhanda Nyabihu-Ngororero mu Murenge wa Mukamira, Akarere ka Nyabihu, imodoka itwara abagenzi izwi nka Twegerane, yagwiriwe n’igiti, abagenzi n’umushoferi barokorwa n’uko bari bamaze gusohoka muri iyo modoka.
Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Gataba Umurenge wa Rusasa Akarere ka Gakenke, baraye kwa muganga nyuma yo kuribwa mu nda ubwo bari bamaze kunywa umusururu mu birori mugenzi wabo yari yabatumiyemo.
Umuryango Unity Club Intwararumuri, uri gusoza icyiciro cya kane cy’amahugurwa y’inzego z’amahuriro(clubs) y’ubumwe n’ubudaheranwa mu mashuri Makuru na Kaminuza, mu rwego rwo kwimakaza ubunyarwanda mu rubyiruko.
Imvura yaguye mu ijoro rishyira itariki ya 30 Mata 2024, yibasiye umurenge wa Rugarama wo mu Karere ka Burera, aho hamaze kubarurwa inzu zirenga 20 zamase gusenywa n’ibyo biza, umwana na nyina barahakomerekera aho ubu bari kwitabwaho n’abaganga.
Kabatwa ni umwe mu Mirenge 12 igize Akarere ka Nyabihu mu Ntara y’Iburengerazuba, agace gakungahaye ku butaka bwera, kagafatwa nk’ikigega cy’igihugu mu buhinzi bw’ibireti n’ibirayi.
Ubutabera ni kimwe mu byiciro bigize inkingi y’Imiyoborere. Ni muri urwo rwego, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwakoze ubushakashatsi kuri iki cyiciro hagamijwe kumenya uko abaturage babona imitangire ya serivisi.