Umugabo wo mu kagari ka Bikara, Umurenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, yafashwe yikoreye ingurube yapfuye aho akekwaho kuyiba mu kagari ka Nyarutembe Umurenge wa Rugera akarere ka Nyabihu, gahana imbibe n’akarere ka Musanze.
Umusore w’imyaka 25 wo mu Murenge wa Kageyo mu Karere ka Gicumbi, yajyanywe i Ndera gusuzumwa indwara zo mu mutwe, nyuma yo gukekwaho kwica nyina amukubize umuhini mu mutwe.
Mu kagari ka Migeshi, Umurenge wa Cyuve Akarere ka Musanze, haravugwa inkuru y’umugabo w’imyaka 38 watawe muri yombi, nyuma yo gukekwaho icyaha cyo gushyira umugore we urusenda mu gitsina.
Umurambo w’umusaza w’imyaka 65 witwa Ntigura Marc wo mu Kagari ka Rubindi Umurenge wa Gataraga Akarere ka Musanze, bawusanze umanitse mu mugozi mu gitondo cyo ku munsi w’ejo, tariki 21 Gicurasi 2023.
Muri gahunda yo gushishikariza abaturarwanda kwiha serivisi zitangirwa ku rubuga rw’Irembo, hatangijwe gahunda y’ubukangurambaga yiswe ‘Byikorere’ mu rwego rwo gufasha abaturage kwisabira serivisi za Leta bifashishije ikoranabuhanga.
Abasore n’inkumi 32 bo mu miryango itishoboye yo mu Murenge wa Bwisige, Akarere ka Gicumbi, bashyikirijwe ibikoresho by’imyuga bizabafasha gushyira mu bikorwa ibyo bamaze umwaka n’igice biga.
Ikibazo cyo kwiyahura kimaze gufata indi ntera mu Karere ka Musanze, aho mu kwezi kumwe batandatu bamaze kwiyahura, abenshi bakaba bifashisha umuti wica udukoko witwa Tiyoda cyangwa iyindi.
Mu isantere ya Byangabo mu Murenge wa Busogo, Akarere ka Musanze, haravugwa urupfu rw’umusore w’imyaka 18 witwa Tuyambaze, wagonzwe n’imodoka agapfa, ubwo yirukaga agerageza gutorokana telefoni yari amaze kwambura umuntu ayimushikuje.
DASSO nk’Urwego rw’umutekano rwunganira Akarere, muri Sitati nshya y’urwo rwego nk’uko ishyirwaho na Minisitiri w’Intebe, hari bimwe byahindutse mu rwego rwo gufasha urwo rwego kurushaho kunoza imikorere.
Mu mugezi wa Mukungwa, mu Kagari ka Kabirizi, Umurenge wa Gacaca, habotetse umurambo w’umugabo utahise umenyekana umwirondoro we.
Umugore w’imyaka 22 wo mu Kagari ka Bisoke mu Murenge wa Kinigi Akarere ka Musanze, yanyweye tiyoda ashaka kwiyahura atabarwa itaramuhitana, ajywanwa kwa muganga, nyuma aza gutaha yorohewe.
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (MINEMA), irashimira abakomeje gutabara abahuye n’ibiza, aho ikomeje kwakira inkunga zinyuranye umunsi ku wundi, harimo n’imifuka 1,280 ya Sima yakiriye ku Cyumweru tari 14 Gicurasi 2023.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Nsanzimana Sabin, hamwe na Antoine Cardinal Kambanda, basuye Habarurema aho yari arwariye mu bitaro bya Ruli, nyuma yo kumara iminsi ibiri yaragwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro akagikurwamo akiri muzima.
Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro, IPRC Tumba, ryatashye inyubako igizwe n’ibikoresho kabuhariwe mu ikoranabuhanga bizifashishwa mu ishami rishya rya Mechatronics.
Umusore w’imyaka 24 wo mu kagari ka Kabazungu, Umurenge wa Musanze Akarere ka Musanze, yatawe muri yombi azira gufatanwa umukobwa w’imyaka 16 nk’uko ababyeyi b’uwo mwana babivuga, uwo musore n’umukobwa bakaba bari bamaranye iminsi ibiri babana mu nzu y’uwo musore.
Abanyamuryango 1,193 ba Koperative Dukundekawa Musasa, mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, barishimira uburyohe bw’ikawa bahinga nyuma y’imyaka n’imyaka batayizi kubera kutayinywa, aho bavugaga ko bahingira abandi.
Mukandekezi Marie Goreth, wo mu kagari ka Kabaya umurenge wa Kagogo, ni umwe mu baburiye abagize umuryango we mu biza biherutse kwibasira igihugu bitwara ubuzima bw’abantu 131.
IBUKA mu Karere ka Musanze, irasaba ko urwibutso rwa Jenoside rwa Musanze ruhindurwa inzu ndangamateka, bitewe n’umwihariko w’Abatutsi bari bahungiye mu ngoro y’Ubutabera, bakahicirwa kandi bari bizeye kuhakirira.
U Rwanda rurashimirwa n’abagize Ihuriro ry’ibihugu bya Afurika rigamije kubungabunga ibidukikije no kurengera urusobe rw’ibinyabuzima (AfriMAB), n’iryo kwiga uburyo umuntu yahuzwa n’urusobe rw’ibinyabuzima (MAB), nyuma y’iminsi itanu bamaze mu Rwanda mu nama Nyafurika ya karindwi y’iryo huriro.
Itsinda ry’abantu 50 bacuruza ikawa muri Amerika binyuze muri Kompanyi yitwa Starbucks, bagiriye uruzinduko mu Karere ka Gakenke, aho bakomeje gusura ibikorwa by’abahinzi b’ikawa, bibumbiye muri Koperative “Dukundekawa Musasa”, ikorera ubuhinzi mu Murenge wa Ruli.
Abanyarwandakazi 58 baba mu bihugu byo hirya no hino ku Isi (Diaspora) bitabiriye Itorero ry’Igihugu, bavuga ko n’ubwo baje bitwa Intore, bafite icyizere cyo gusohoka ari Abatoza, aho biteguye kujya kwerekana mu mahanga aho baba, n’ishusho y’aho u Rwanda rugeze mu kwimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda.
Nyuma y’uko igihugu cy’u Rwanda cyibasiwe n’ibiza by’imvura yaraye igwa mu ijoro rishyira itariki 03 Gicurasi 2023, abantu 127 bakahatakariza ubuzima, Intara y’uburengerazuba n’iy’Amajyaruguru, nizo zibasiwe cyane n’ibyo biza.
Nyuma y’uko amakuru aturutse i Vaticani y’itorwa rya Pariri Bartazar Ntivuguruzwa, ahabwa inshingano zo kuba Umwepisikopi wa Diyosezi ya Kabgayi kuri uyu wa 2 Gicurasi 2023, yavuze uko yakiriye ubwo butumwa bwa Papa Francis.
Nyuma y’uko amwe mu makaritsiye agize umujyi wa Musanze no mu nkengero zawo, hakomeje kuvugwa ubujura bwambura abaturage, ahacukurwa inzu no kwamburira abantu mu mihanda, ubu haravugwa n’ubujura bw’imyaka mu mirima cyane cyane ibirayi.
Umurambo w’umwana w’umuhungu uri mu kigero cy’imyaka 15, wabonetse mu mugezi wa Mpenge mu Kagari ka Cyabararika mu Murenge wa Muhoza, ariko kubera ubwinshi bw’amazi yamanukaga muri uwo mugezi, bamaze kuwurohora urongera urabacika.
Ikipe ya Rayon Sports y’Abagore (Rayon Sports WFC) yabonye itike iyinjiza mu cyiciro cya mbere nyuma yo gutsinda NASHO WFC ibitego 10-1 mu mukino wa 1/2. Yakatishije itike mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Stade ya Rayon Sports iherereye mu Nzove mu Mujyi wa Kigali, ku wa Gatandatu tariki 29 Mata 2023, nyuma y’uko (...)
Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Prof Bayisenge Jeannette, yanyuzwe n’ibikorwa by’abangavu babyariye iwabo bo mu Karere ka Burera, ashima uburyo bishatsemo ibisubizo bakora imishinga imwe n’imwe ibateza imbere, irimo uwo gukora amasabune n’amavuta yo kwisiga.
Mu Kagari ka Rwambogo, Umurenge wa Musanze mu Karere ka Musanze, haravugwa urupfu rw’umwana w’umuhungu w’imyaka 16, nyuma yo kugezwa kwa muganga arembye, bamupimye basanga yanyoye tiyoda, se ukekwaho kubigiramo uruhare akaba yarahise atoroka n’ubu aracyashakishwa.
Akarere ka Musanze kaza muri dutanu mu gihugu twugarijwe n’igwingira, aho gafite 45% by’abana bagwingiye, kakaba gakomeje gukaza ingamba zo kurwanya icyo kibazo, koroza abaturage inkoko.
Malaria niyo ndwara ihitana abantu benshi ku Isi, ariko ikibasira cyane cyane umugabane wa Afurika, aho abapfa bishwe n’indwara kuri uwo mugabane, Malaria yiharira 80%.