Nk’uko byemejwe muri gahunda ya Leta ijyanye no guteza imbere umugore no kugira uruhare mu nzego zifata ibyemezo, no mu matora y’Abadepite ya 2024, umubare w’abagore mu Nteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, bigaragara ko wazamutseho 2%, nk’uko bigaragara muri Raporo ya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC).
Padiri Salvain Ndayizeye Habiyambere, wo muri Diyosezi Gatolika ya Byumba wari urwariye mu bitaro bya CHUK, yitabye Imana ku cyumweru tariki 21 Nyakanga 2024.
Ntirivamunda Epimaque w’imyaka 46 wo mu Mudugudu wa Rwintare, Akagari ka Gasharu, Umurenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, aratabariza umwana we w’umuhungu uhorana uburibwe budasanzwe, nyuma y’uko avutse afite umwenge ku mutima.
Abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, bahabwa inshingano zitandukanye, hakaba n’umwanya wo kubahindurira inshingano, mu rwego rwo kurushaho kunoza imikoranire izamura iterambere ry’Igihugu n’abagituye.
Abatuye Akarere ka Musanze, baracyari mu byishimo nyuma yo kumva ko Paul Kagame abenshi bari bashyigikiye mu matora atsinze ku kigero gishimishije (99,15%), gusa bakibaza aho ibice byaburiye ngo Musanze itore 100% nk’uko bari babigize intego mbere y’amatora.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, arashimira abaturage bakomeje kwitabira igikorwa cy’amatora, asaba ko buri wese akora ibimureba akarangiza inshingano ze mboneragihugu zo kwitorera abayobozi, mu ituze no mu mutekano.
Kamanzi Sefu Zacharie, yashimiwe mu ruhame nk’umwe mu bantu babaye imbarutso yo gutangiza ishyaka rya PDI mu hahoze hitwa Ruhengeri ariyo Musanze y’ubu, nyuma yo gutinyuka gusubiza ikarita y’ishyaka ryari ku butegetsi (MRND), ayoboka PDI icyo cyemezo gikangura benshi.
Reba mu nzu iwawe witegereze aho ubika ibiribwa birimo ibishyimbo, imyumbati ariko wite cyane cyane ku binyampeke birimo umuceri, ibigori, ubunyobwa ndetse n’ibibikomokaho birimo imigati, kawunga, ifu y’imyumbati n’ibindi.
Paul Kagame Chairman wa FPR Inkotanyi, akaba n’umukandida mu matora ya Perezida wa Repubulika, yemereye Abanyagakenke ko azabasura bagasangira ikigage cyenzwe neza cyo mu Karere ka Gakenke.
Mukamerika Marie Rose wo mu Murenge wa Kinihira Akarere ka Rulindo, arashimira Paul Kagame, Umukandida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, wakuye abaturage mu manegeka aho ngo imvura yagwaga bagahunga inzu bakayugama hanze.
Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (Parti Démocrate Idéal - PDI), ryatuye Paul Kagame isengesho rimuha imbaraga zo gukomeza kuyobora Igihugu, nyuma y’uko azaba atorewe kuyobora manda y’imyaka itanu muri uku kwezi kwa Nyakanga 2024.
Shirimpumu Jean Claude, umuhinzi mworozi wo mu Murenge wa Shangasha Akarere ka Gicumbi yashimiye Chairman wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame, ku gihango uwo muryango wagiranye n’Abanyagicumbi mu rugamba rwo kubohora Igihugu.
Diyosezi Gatolika ya Gikongoro yabuze Umupadiri witwa Félicien Hategekimana, witabye Imana kuri uyu wa mbere tariki 08 Nyakanga 2024, aho yazize uburwayi.
Paul Kagame umukandida wa FPR Inkotanyi, yavuze ko ubwo bafataga icyemezo cyo gutangiza urugamba rwo kubohora igihugu, nta cyizere bari bafite cyo kurutsinda uretse umutima wo gukunda igihugu no kurwanira ukuri.
Inamuco Kagabo Lyse-Pascale, wubatse akaba umubyeyi w’umwana umwe, wagize ibyishimo bidasanzwe nyuma yo guhabwa ubwenegihugu bw’inkomoko mu Rwanda, afite akanyamuneza kenshi ko kuba yamaze no kubona indangamuntu y’u Rwanda, akaba yemeza ko inzozi zabaye impamo.
Uwamariya Marie Claire, wahoze ari Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Musanze, umwe mu bakandida Depite mu bagore bahatanira imyanya 30%, aravuga ko mu byamuteye kwiyamamaza ari ugushaka uburyo bwagutse bwo gukomeza gukorera Igihugu afasha abaturage.
Mukabalisa Donatille, Umuyobozi w’Ishyaka riharanira Ukwishyira Ukizana kwa Muntu (PL), avuga ko guhitamo gushyigikira Paul Kagame, umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, babikoze mu bushishozi, basanga imiyoborere ye myiza yarakuye Igihugu ahakomeye.
Mu Kagari ka Nyarubuye mu Murenge wa Rwaza Akarere ka Musanze, haravugwa amakuru y’ubutaka buri kwika, nyuma y’uko abaturage babyutse mu gitondo bajya mu mirima yabo babura aho banyura, aho umuhanda wari wamaze kwangirika.
Hamaze gutangazwa amabara azifashishwa mu matora ya Perezida n’abadepite azaba ku itariki 14 ku bari mu mahanga n’itariki 15 Nyakanga 2024 ku bari mu Rwanda.
Jean Baptiste Mugiraneza (Migi) wari umutoza wungirije wa Musanze FC, avuga ko gutandukana n’iyo kipe bitamuturutseho, dore ko nyuma yo gusoza amasezerano yari afitanye nayo, yategereje ko ubuyobozi bwamwegera abura ayo mahirwe.
Abenshi mu babonye amafoto y’Ingabo zari iza RPA ku rugamba rwo kubohora Igihugu, bakunze kwibaza ku mugore wagaragaye mu ifoto ari mu barinze Maj Gen Paul Kagame wari uyoboye urugamba mu 1990.
Rucagu Boniface inararibonye muri Politike y’u Rwanda, yavuze uko yatewe ubwoba nyuma y’uko Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, aherutse gusomera mu ruhame abari bitabiriye ibiganiro byimakaza ubudaheranwa bw’Abanyarwanda ibaruwa ye yanditse mu 1993 yari yaribagiwe.
Abaturage bo mu Karere ka Kirehe, bemeza ko biteguye gutora Paul Kagame, umukandida wa FPR-Inkotanyi, wabarinze amapfa yabateraga gusuhukira mu tundi Turere kubera izuba ryinshi ryababuzaga kweza, abazanira imvura hifashishijwe imashini zuhira imyaka.
Amashuri 77 yo muri Kingston City muri Province ya Toronto muri Canada, yamaze kugirana amasezerano y’imikoranire n’ishuri rya Wisdom School ryo mu Karere ka Musanze, mu kwakira abanyeshuri bifuza gukomereza icyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye mu mahanga.
Gicumbi ni Akarere kabonekamo ibimenyetso byihariye by’urugamba rwo kubohora Igihugu, birimo inzu ndangamateka y’urwo rugamba (Liberation Museum) yubatse ku Mulindi w’Intwari, hakaba n’indake ya Paul Kagame wari uyoboye urugamba, n’ibindi.
Abanyeshuri babiri biga mu ishuri ryisumbuye rya Cyungo TSS Urumuli ryo mu Murenge wa Cyungo Akarere ka Rulindo, ry’igisha imyuga n’ubumenyingiro, bavumbuye amakara yifashishwa mu guteka, bakora mu mpapuro zishaje.
Paul Kagame Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi wiyamamariza kongera kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu, yavuze uko mu 1978 yatembereye i Huye kureba umupira wahuzaga ikipe ya Mukura na Panthères Noires, ataha utarangiye atinya gukubitwa.
Mpayimana Philippe, Umukandida uri kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, asubiza ibibazo by’abaturage ku gashya agiye kubazanira, yavuze ko nawe ashima ibyagezweho aho agiye kubikomerezaho.
Muhawenimana Jeannet, wiga muri Wisdom School mu Karere ka Musanze, yagaragaje inyungu ziri mu kwiga ururimi rw’igishinwa nyuma yo gutabara Umushinwa yasanze yarembeye mu nzira.
Mu Karere ka Musanze hagiye kubakwa uruganda rwitezweho kubyaza ibishingwe umuriro w’amashanyarazi wa Megawatts (MW) 15, zizajya ziva mu bishingwe bingana na toni 400 ku munsi.