Nk’uko biteganyijwe mu gihugu hose, kuri uyu wa mbere tariki 27 Ugushyingo 2023, hatangijwe icyumweru cyahariwe ubuzima bw’umubyeyi n’umwana, mu rwego rwo gukurikirana cyane cyane imikurire y’abana hirindwa ikibazo cy’igwingira.
Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Burkina Faso, Roger Ouedraogo n’itsinda ayoboye, bamaze iminsi basura uduce dutandukanye rw’u Rwanda, mu rwego rwo kumenya uburyo inzego z’umutekano z’u Rwanda zikorana n’inzego zitandunkanye z’ubuyobozi ndetse n’abaturage.
Imodoka ya Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Busogo (CAVM), yakoze impanuka ihitana batatu, barimo babiri bari muri iyo modoka n’umuturage yagonze ari ku igare.
Raporo y‘Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC), ya 2022/2023, iragaragaza ko abantu 47 ku 1000 ari bo barwaye malaria, Intara y’Amajyepfo ikaba ari yo yagaragayemo malaria nyinshi.
Umuryango wa Munyazirinda Innocent w’imyaka 58 na Kamugisha Odette w’imyaka 48 wo mu Kagari ka Kidakama, Umurenge wa Gahunga Akarere ka Burera, umaze imyaka irenga itatu uba mu nzu y’ibyatsi, urasaba ubufasha bwo kubakirwa inzu.
Mu ishuri ribanza rya Gatikabisi, ryo Kagari ka Matare Umurenge wa Matyazo mu Karere ka Ngororero, haravugwa ikibazo cy’ubucucike bukabije mu mashuri, kugeza ubwo biyambaza urusengero kubera ikibazo cy’ibyumba bike.
Umukobwa w’imyaka 20 ari mu maboko ya Polisi Sitasiyo ya Rutare mu Karere ka Gicumbi, aho akekwaho gutwika umusore w’imyaka 30 bahoze bakundana, akoresheje lisansi, nyuma y’uko asanze yarongoye undi mugore w’imyaka 25 y’amavuko.
Bamwe mu batuye Akarere ka Gakenke, biganjemo abakora umwuga wo gutwara abagenzi, n’abakora ubucuruzi butandukanye bavuga ko babangamiwe n’icyemezo byafashwe n’ubuyobozi cyo kubaraza irondo, aho bemeza ko bafite impungenge z’ingaruka bishobora kubateza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buramara impungenge abatuye ako Karere by’umwihariko abafana Musanze FC, bubabwira ko Stade Ubworoherane izakomeza gukinirwaho imikino ya Shampiyona.
Abahinga igishanga cya Mukinga gihuza Akarere ka Musanze na Gakenke, baravuga ko batewe igihombo no guhinga imbuto bahawe maze aho kumera igahera mu gitaka.
Umwe mu barinda Pariki y’Igihugu y’Ibirunga witwa Ntegerejimana Christophe w’imyaka 37, yarashe mugenzi we witwa Irakoze Kevin w’imyaka 32, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ugushyingo 2023.
Abaturage bambuwe amafaranga bagenewe na Leta ku ngurane ijyanye n’ibyangijwe mu kubaka umuhanda Rwintare-Gitanda-Muvumo mu Karere ka Rulindo, bavuga ko batewe igihombo no kwamburwa nyuma y’imyaka hafi itatu bamaze barakuwe mu byabo.
Umukecuru w’imyaka 67 witwa Uwimana Venantie wo Mu Kagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Rwaza mu Karere ka Musanze, yishwe n’umuriro w’amashanyarazi, ubwo yacomokoraga radiyo, mu ma saa sita zo ku wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde, yakanguriye abanyamakuru gutanga kandidatire mu matora ateganyijwe, yo kuzuza inzego z’ubuyobozi bwa Leta, haba mu kuyobora Akarere cyangwa gushyirwa mu yindi myanya idafite abayobozi.
Mu Kagari ka Rwambogo, Umurenge wa Musanze Akarere ka Musanze, haravugwa inkuru y’abagore babiri bafunzwe, nyuma yo gufatirwa mu gipangu biba umunyeshuri w’umunyamahanga wiga muri INES-Ruhengeri, witwa Nelson Fredericko Angelo.
Mu Kagari ka Sahara, Umurenge wa Busogo, Akarere ka Musanze, haravugwa inkuru y’umugabo witwa Nganizi, ushakishwa nyuma yo gutoroka amaze gusambura inzu yabagamo akagurisha amabati, inzugi n’amadirishya.
Mu Karere ka Gicumbi haravugwa bamwe mu bashinga amashyirahamwe bagamije gucamo Abanyarwanda ibice, hakavugwa n’itsinda ryiyise ‘Abasuka’ rikorera mu Murenge wa Giti. Iby’iri tsinda byagarutsweho mu nama y’ihuriro ry’ubumwe n’ubudaheranwa, ahanatangijwe gahunda y’ibiganiro bya Ndi Umunyarwanda, aho yitabiriwe n’ubuyobozi (...)
Mu mujyi wa Musanze, ku muhanda Musanze - Rubavu, hafi y’ibiro by’Akarere n’ibiro by’Intara y’Amajyaruguru, hari inyubako ya Hoteli imaze igihe kinini yangirika. Ni inyubako nini cyane, izitije amabati, aho abazi igihe yatangiye kubakirwa, bavuga ko imaze imyaka igera mu icumi, imirimo yo kuyubaka ikaba yarahagaze.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo bwatangiye umushinga wo kubaka inyubako nshya y’ibiro by’Akarere, dore ko aho gakorera hafatwa nko mu manegeka.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Thiery B. Murangira, yatangaje ko uwitwa Gasore Pacifique uzwi ku izina rya Yaka Mwana afunze, aho akurikiranyweho icyaha cyo gukomeretsa umuntu ku bushake.
Umwaka wa 2023, usoje abayobozi basaga 30 birukanwe abandi begura mu nshingano zabo, kubera ibintu binyuranye birimo ubusinzi, ruswa (indonke), kunyereza ibya rubanda, kunanirwa gusigasira Ubumwe bw’Abanyarwanda, kutubahiriza inshingano, kwitwaza ububasha bahabwa mu nyungu zabo bwite n’ibindi nk’uko amatangazo abakuraho (...)
Mu Murenge wa Cyuve, Akagari ka Kabeza mu Karere ka Musanze, haravugwa inkuru y’Umukuru w’Umudugugudu wagerageje kwiyahura akoresheje ishuka, mu ijoro rishyira tariki 08 Ugushyingo 2023, abaturage baratabara.
Ahenshi mu duce twubatsemo Kaminuza, harangwa n’iterambere ry’abaturage haba mu mirimo y’amaboko ndetse no mu mitekerereze, ibyo bigaterwa n’ubumenyi abanyeshuri bavana ku ntebe y’ishuri bakagenda babusangiza abaturage.
Akarere ka Rulindo kamaze gutaha ikiraro cyo mu kirere, gihuza Umurenge wa Burega na Cyinzuzi, aho kije ari igisubizo nyuma y’uko mu gihe cy’imvura, umugezi wa Rusine wajyaga wuzura abaturage bakabura uko bambuka.
Musenyeri Alexis Kagame ni umwe mu bahanga ntagereranywa u Rwanda rwagize, cyane cyane mu bijyanye n’amateka, ubusizi, ubuvanganzo no mu mitekerereze ya muntu.
Kuva tariki ya 01 kugeza kuri 31 Ukwakira 2023, kwari ukwezi ngarukamwaka kwahariwe ibikorwa by’urubyiruko rw’abakorerabushake, aho byakorwaga hirya no hino mu gihugu.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Dr Bizimana Jean Damascène, arashima umusaruro uva mu Itorero ry’Igihugu, aho yemeza ko bamwe mu bitabira Itorero baza baseta ibirenge, rikarangira batabishaka.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwafunze abayobozi barindwi bakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’ingurane, Leta yari yagenewe abaturage bo mu Karere ka Rulindo, ijyanye n’ibyangijwe ubwo hubakwaga umuhanda Rwintare-Gitanda-Muvumo mu mwaka wa 2021-2022.
Umugore w’imyaka 26 wo mu Kagari ka Kivumu, Umurenge wa Kimonyi Akarere ka Musanze, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranyweho icyaha cyo kwihekura, nyuma yo kubyara umwana akamujugunya mu cyobo.
Ubuyobozi bwa IPRC Tumba n’abiga muri iryo shuri, barishimira gahunda yiswe Career Fair, nk’urubuga rufasha abanyeshuri guhura n’abakoresha, aho abafite inganda bagaragariza abanyeshuri isano y’ibyo bakora n’ibyo abanyeshuri biga.