Ibiraro ni bimwe mu bikorwa remezo byifashishwa na benshi, mu rwego rwo kuzamura iterambere ry’abaturage, n’iterambere ry’Igihugu muri rusange.
Komiseri Ushinzwe Ubutabera muri IBUKA, Bayingana Janvier, arashimira Leta y’u Rwanda ikomeje kwita ku barokotse Jenoside, aho yubatse urwibutso rwa Jenoside rwa Musanze ahahoze ari ingoro y’ubutabera (Cour d’Appel Ruhengeri), hicirwa inzirakarengane z’Abatutsi zisaga 800, bari bahahungiye bizeye kuhakirira, agasaba ko aho (...)
Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire, François Régis Rukundakuvuga, yasabye ko mu bihe biri imbere, ubuhamya abacitse ku icumu rya Jenoside batanga, bwatangira kujya bwuzuzwa n’ubw’abayigizemo uruhare cyangwa abandi babibonaga.
Abakinnyi ba filime bazwi ku mazina ya Dr Nsabi ( Nsabimana Eric) na Bijiyobija (Imanizabayo Prosper) baraye mu bitaro bya Nemba mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 21 Mata 2024, nyuma yo gukora impanuka.
Mu marushanwa Umurenge Kagame Cup 2024 amaze amezi ane akinwa mu mupira w’amaguru, umukino wa nyuma uzahuza ikipe y’Umurenge wa Kimonyi ihagarariye Akarere ka Musanze n’Intara y’Amajyaruguru, n’ikipe y’Umurenge wa Rubengera ihagarariye Akarere ka Karongi n’Intara y’Iburengerazuba.
Kuva tariki 17 kugeza 19 Mata 2024, mu Karere ka Musanze hateraniye inama, ihuza ibihugu 12 byo muri Afurika, aho yiga ku nkomoko y’amabuye y’agaciro acukurwa mu karere k’ibiyaga bigari, mu rwego rwo kuyifashisha mu iterambere aho kuba intandaro y’intambara.
Umuhoza Brigitte warokokeye Jenoside ahahoze ari Urukiko rw’Ubujurire rwa Ruhengeri (Cour d’Appel de Ruhengeri), yavuze urugendo rugoranye yaciyemo ngo arokoke Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Urwibutso rwa Jenoside rwa Musanze, rwubatse ahahoze Ingoro y’ubutabera (Cour d’Appel de Ruhengeri), ni hamwe mu Rwanda mu hazwi amateka yihariye ya Jenoside yakorewe Abatutsi, dore ko inzirakarengane z’Abatutsi basaga 800 biciwe kuri urwo rukiko mu gihe bari bazi ko bizeye ubutabera.
Mu Karere ka Gicumbi, huzuye urwibutso rwa Jenoside rujyanye n’icyerekezo cy’igihugu, rwavuguruwe hagendewe kuri gahunda y’Akarere ka Gicumbi yo guhuza inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Mirenge inyuranye igize Akarere ka Rulindo, barashimira abayobozi, abakozi n’abanyeshuri ba IPRC Tumba, bakomeje kubagezaho umuriro hifashishijwe imirasire y’izuba, bakemeza ko ari ukubakura mu mwijima bajyanwa mu rumuri.
Mukarumanzi Claudette w’i Nyamata mu Karere ka Bugesera, yavuze uburyo yari agiye guhambwa ari muzima, atabarwa n’Intotanyi ubwo itaka bamurundagaho ryari rimugeze mu gatuza.
Giraso Ella Parfaite, Umunyeshuri mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye mu Rwunge rw’Amashuri ya Kiruli (GS Kiruri) mu Murenge wa Base, yavuze umuvugo yahimbye uvuga ku bubi bwa Jenoside abaturage baratungurwa, ariko bashimishwa n’impanuro z’uwo mwana.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yaganirije abakozi b’Akarere ka Gakenke, abasobanurira uburyo Abanyarwanda bari bunze ubumwe, busenywa n’abakoloni bigeza u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mukarugira Virginie uvuka mu Murenge wa Ntarabana mu Karere ka Rulindo, ni umwe mu bagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma yuko ahizwe kuva mu 1990 afite imyaka 14.
Imibiri 22 y’inzirakarengane zazize Jenoside mu Karere ka Rulindo, yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Jenoside rwa Rusiga, ku Cyumweru tariki 07 Mata 2024.
Ku wa Gatandatu tariki ya 01 Mata 2023, nibwo Musenyeri Jean-Marie Vianney Twagirayezu yahawe inkoni y’ubushumba, nk’umwepisikopi mushya wa Diyosezi ya Kibungo.
Imiryango itishoboye 354 yo mu Murenge wa Muzo mu Karere ka Gakenke ituye mu manegeka akabije, iri kubakirwa Umudugudu w’icyitegererezo, mu rwego rwo kuyifasha mu iterambere no kugira imibereho myiza.
Abagize urwego rwa DASSO mu Karere ka Gakenke, tariki 04 Mata 2024, bazindukiye mu muganda wo gufasha imiryango y’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itishoboye, aho batunganyije imirima yabo iri ku buso bungana na hegitari ebyiri.
Mu Kagari ka Sheli, Umurenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi, haravugwa inkuru y’umusore wo mu kigero cy’imyaka 20 witwa Kwizera Saleh, wuriye ipoto y’amashanyarazi umuriro umufashe Polisi imutabara atarashiramo umwuka.
Muri gahunda y’Ingabo na Polisi yiswe ‘Defence and Security Citizen Outreach Programme’, itsinda ry’abaganga riturutse mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe ryageze mu Karere ka Gakenke, aho bagiye kumara ibyumweru bibiri bavura abaturage indwara zitandukanye.
Mu Kagari ka Musasa, Umurenge wa Gitovu mu Karere ka Burera, haravugwa inkuru y’umurambo w’uruhinja abaturage basanze mu gihuru.
Abatuye Akarere ka Nyabihu, by’umwihariko abo mu Murenge wa Bigogwe, bafitiye impungenge inka zabo ziri gufatwa n’indwara z’inzoka, nyuma yuko zikomeje gushoka ibirohwa, kubera kubura amazi meza muri ako gace, bagasaba ko ababishinzwe bayabagezaho.
Mukandutiye Monique w’imyaka 54, uvuka i Busasamana mu Karere ka Rubavu, avuga ko abaho ahangayitse, aho avuga ko akorerwa urugomo na bamwe mu baturage bamuziza ko afite ubwanwa.
Umuhanda Ngororero - Muhanga ntabwo uri nyabagendwa, aho wamaze gufungwa n’ibiza by’amazi y’imvura yaguye mu ijoro rishyira uyu wa Mbere tariki ya 01 Mata 2024.
Mu ntangiro za 2024, Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), cyatangiye ingendo mu mashuri makuru y’ubumenyingiro (IPRC), no mu mashuri makuru yigenga y’Ubumenyingiro, hagamijwe guhugura abanyeshuri uburyo imitungo yabo mu by’ubwenge yasigasirwa ikarushaho kubagirira akamaro.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), binyuze mu makuru yagiye atangwa n’abaturage muri 2023, bwagaragaje uko abaturage bashima serivisi zitangwa n’inzego z’ibanze, Akarere ka Ngoma kaza ku mwanya wa mbere.
Uwa Gatanu Mutagatifu ni umwe mu minsi mitagatifu itegura Pasika (Izuka rya Yezu), uri no mu minsi y’ikiruhuko (congé) igenwa na Leta. Mu guhimbaza uwo munsi, usanga bamwe mu bakirisitu by’umwihariko abasengera muri Kiliziya Gatolika, biyiriza, abo binaniye bakarya andi mafunguro ariko bakirinda inyama.
Hari ubwo akenshi usanga umuturage atunze telefone, ariko akajya gusaba serivisi zitandukanye, mu gihe iyo telefoni yakagombye kumufasha kwiha izo serivisi adatakaje umwanya.
Uyu mwaka wa 2024, Akarere ka Burera kawutangiranye n’agashya kiswe ‘Duhari ku bwanyu’, mu kurushaho kwegera abaturage mu rwego rwo kubakemurira ibibazo no kubasobanurira uruhare rwabo mu bibakorerwa, n’uruhare rwabo mu ishyirwa mu bikorwa ryabyo.
Abafite inzu mu masantere y’ubucuruzi yo mu Mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo, bahangayikishijwe n’itungurana rikabije bakomeje gukorerwa, ryo guhora bategekwa kuvugurura inyubako zabo bya hato na hato, bakemeza ko baterwa igihombo n’abakora nabi inyigo yabyo, aho mu myaka itatu basabwe kuzivugurura inshuro eshatu.