Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwamenyesheje abaturage b’ahitwa mu Biryogo (mu murenge wa Gabiro wo muri Nyarugenge), ko nta gahunda ihari yo kwimura abaturage ku ngufu izongera kubaho. Abafite amazu ashaje bamenyeshejwe ko bafite uburenganzira bwo gusana, ariko babanje kubisabira ibyangombwa.
Mu masaha ya nyuma ya saa sita ku cyumweru tariki 16/02/2014, imodoka yagonze umumotari wari uhetse umugenzi, uwari utwawe avunika akagaru ariko uwabagonze yanga kumujyana kwa muganga biba ngombwa ko abaturage bahagoboka barabimutegeka.
Ahagana mu ma saa tanu n’igice ku cyumweru tariki 09/02/2014, insoresore eshatu zatawe muri yombi kuri Nyabugogo mu gace kazwi ku izina rya marato (marathon) zikekwaho kwiba umucuruzi miliyoni zisaga 15.
Perezida wa Rupubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yakiriye kandi anagirana ibiganiro n’itsinda ry’abasenateri n’abadepite baturutse muri leta zunze ubumwe z’Amerika, kuri uyu wa gatandatu tariki 25/1/2014.
Umurenge wa Muhima mu karere ka Nyarugenge wifuje guhozaho gahunda yo gusuzuma ubwandu bwa SIDA n’igituntu ku bakora imirimo y’ubucuruzi itandukanye, kugirango birinde banarinde ababagana kwandura izo ndwara z’ibyorezo.
Mu gikorwa cyo gucana urumuri rw’icyizere rutazima ruzazengurutswa mu gihugu hose, hamwe no gutangiza imyiteguro yo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi, ba Ministiri Mushikiwabo na Mitali, bibukije amahanga ko agomba kuba maso agashyira imbaraga nyinshi mu gukumira Jenoside.
Gahunda z’ubuyobozi bw’uturere mu Rwanda ngo zigomba gushyirwa mu bikorwa hitawe ku mishinga mpuzamahanga yo kurengera no kubyaza umusaruro amazi y’uruzi rwa Nil, nk’uko byifujwe n’abahagarariye umuryango wo guteza imbere ibihugu bigize ikibaya cy’uruzi rwa Nile hashingiwe ku mazi yarwo(NBI/NELSAP).
Depo y’amarangi y’ishyirahamwe ry’abantu babiri ryitwa SOGECORWA na zimwe mu nyubako ziyegereye, imbere y’ahahoze hitwa kuri ETO-Muhima mu mujyi wa Kigali, hazindutse hibasirwa n’inkongi y’umuriro, ahanga saa moya za mu gitondo kuri uyu wa gatandatu tariki 14/12/2013.
Urukiko rwa Gisirikari rumaze kwanzura ko Lt Joel Mutabazi wigeze kuba mu barinda Perezida wa repubulika, Paul Kagame n’abandi bantu 15 bafungwa by’agateganyo iminsi 30 mbere y’uko urubanza rutanbgira mu mizi. Babiri nibo barekuwe kuko nta bimenyetso urukiko rwabonye byatuma bakekwa.
Banki ya Kigali (BK) yatangaje ko inyungu y’amafaranga y’u Rwanda miliyari 10.8 yabonye mu mezi icyenda y’uyu mwaka, itanga icyizere kuri iyo banki ko ngo mu gihe gito izaba yabaye ikigo cya mbere mu Rwanda cyunguka kurusha ibindi.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), buremeza ko inkunga bwatewe n’Ikigo cy’Ababiligi gishinzwe iterambere (BTC) byatumye serivisi batangaga zirushaho kunoga n’amafaranga bakoreshaga mu kugura ibikoresho by’ibanze ashyirwa mu zindi gahunda z’ubuvuzi.
Mu mihigo 68 y’uyu mwaka akarere ka Nyarugenge kamurikiye abafatanyabikorwa kuri uyu wa gatanu tariki 27/9/2013, harimo kongera ibikorwa by’ubukungu, kwisuzuma mu miyoborere myiza ndetse na gahunda zitandukanye mu mibereho myiza, zirimo iyo kuremera abantu bo mu mujyi igishoro, yiswe gir’ubucuruzi.
Njyanama y’umurenge wa Muhima mu karere ka Nyarugenge iragasaba ubuyobozi bw’akarere kubaha undi muyobozi kuko ngo umunyamabanga nshingwabikorwa w’agateganyo, Rwamucyo Severin , akomeje kugaragaza ubushobozi buke mu miyoborere ndetse n’indi mikorere mibi.
Abantu batatu bari mu maboko ya Polisi nyuma yo gufatanwa ibikoresho by’amaterefone byibwe mu iduka riri mu Kagali ka Kiyovu, Umurenge wa Nyarugenge ho mu Karere ka Nyarugenge.
Kuri sitasiyo ya Polisi y’i Nyamirambo, hafungiwe umusore witwa Muhire Jean-d’Amour, wari umupolisi akaza kuvanwa muri uwo murimo kubera gutanga ibyangombwa mpimbano, none nyuma y’aho aviriye muri gereza ngo yongeye gutabwa muri yombi kubera kwiyambika imyenda ya Polisi akanakora uwo murimo.
Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda AMUR uratangaza ko ufite gahunda yo gukangurira Abayisilamu baba hirya no hino ku isi gushora imari mu Rwanda, bityo ngo bikazafasha kugabanya ubukene mu banyedini babo no guteza imbere ubukungu bw’igihugu muri rusange.
Inama mpuzamahanga iteraniye i Kigali kuva kuri uyu wa kabiri tariki 03/9/2013 ngo igomba kubona ibisubizo byo kurwanya utujagari mu mijyi, hatagamijwe kubona amazu meza gusa, ahubwo hari no gufata ingamba zose zo kurwanya ubukene, nk’uko abayobozi b’iyo nama barimo Dr. Aissa Kirabo uhagarariye UN-Habitat babyifuza.
Abandi bantu babiri bamaze gutabwa muri yombi mu gikorwa Polisi y’igihugu ikomeje cyo gushakisha abagize uruhare mu gutera igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade mu kivunge cy’abantu i Nyabugogo ahazwi nka Marato (Marathon).
Guhera mu masaa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuri uyu wa gatandatu tariki 20/07/2013, amwe mu maduka yo mu mujyi rwagati wa Kigali hitwa muri ‘quartier Mateus’, yibasiwe n’inkongi y’umuriro itaramenyekana impamvu.
Abantu umunani bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge batawe muri yombi na Polisi hagati muri iki cyumweru mu Biryogo mu gace ka Nyamirambo bafatanywe urumogi, mayirungi n’ibinini bifatwa nk’ibiyobyabwenge.
Habyarimana Frederic w’imyaka 32 yatwaye umugenzi amugejeje i Shyorongi ahitwa ku Muyenzi mu Murenge wa Kanyinya, Akarere ka Nyarugenge amwishyura amafaranga aburaho igiceri 100 maze ahita amwadukira aramukubita.
Abatuye n’abakorera mu gace ka Nyabugogo, batangaza ko ubu bahangayikishijwe n’ingaruka ry’ivumbi ridasanzwe ryakurikiye imvura idasanzwe yaguye mu mujyi wa Kigali tariki 23/02/2013.
Abagore batatu n’umwana umwe nibo bamaze kumenyekana ko bapfiriye mu modoka yaguye muri ruhurura i Nyabugogo, biturutse ku mvura y’amahindu yaguye mu mujyi wa Kigali ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 23/02/2013.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yamenyesheje abitabiriye umuganda wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 23/02/2013, ko urugendo rwo kwibeshaho no kwanga gutega amaboko rukomeje kandi hari icyizere, ashingiye ku bwitabire bw’abaturage mu bikorwa bifite inyungu rusange.
Abashoramari b’Abanyarwanda n’abo mu gihugu cy’Afurika y’epfo bashyizeho urwego rubahuza (Rwanda-South Africa Business Council), mu rwego rwo korohereza buri wese guteza imbere ubucuruzi bwe, no gukora ubukangurambaga kuri bagenzi babo baba mu Rwanda no muri Afurika y’Epfo.
Radio isango, imwe mu maradiyo akorera mu mujyi wa Kigali, yibasiwe n’inkongi y’umuriro utunguranye, watwitse ibikoresho bimwe mu bikoresho byifashishwa mu gusakaza amajwi byari muri Studio y’iri Radio.
Abaturage batungiye agatoki abari bitabiriye inama ya 10 y’umushyikirano yaberaga i Kigali, bavuga ko abarwayi basigaye barara mu ma koridoro y’ibitaro, kubera ubuto bwabyo, ubwinshi bw’abantu n’imitangire ya serivisi itanoze.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yabwiye abitabiriye umuganda wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 24/11/2012, i Masaka mu karere ka Kicukiro, ko batagomba gutegereza ko hari ibindi bikenewe kugira ngo bihaze muri byose, kuko n’Imana itakimanura ibyo kurya by’ubuntu.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwategetse ko Radiyo Contact FM igomba kwishyura miliyoni 35 z’amafaranga y’U Rwanda, agahabwa abanyamakuru batanu bayireze kubirukana mu buryo butemewe n’amategeko, mu rubanza rwabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 16/11/2012.
Polisi yataye muri yombi umugabo witwa Joseph Birikano tariki 14/11/2012 akurikiranweho gukoresha cheque mpimbano ya INATEK ifite agaciro ka miliyoni 26.5.