Mu gitondo cyo kuwa Mbere, tariki 23/02/2015, imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Land cruiser ifite numero ziyiranga RAA 643E yakoreye impanuka mu Murenge wa Kanyinya, ahitwa i Shyorongi mu Karere ka Nyarugenge umushoferi wari uyitwaye ahita apfa, naho abandi batatu mu bantu bane bari kumwe barakomereka.
Umuyobozi w’itorero ry’abadivantiste b’umunsi wa Karindwi ku isi, Dr Ted Wilson waje mu Rwanda gutaha ibikorwa bitandukanye byubatswe n’iryo torero, yashimye inyubako y’icyicaro gikuru iri mu mujyi wa Kigali, ariko asaba ko ubwiza bwayo butaba umurimbo gusa, ahubwo yahinduka umunara wo kwamamaza ukugaruka kwa Yesu Kristu no (…)
Itorerero ry’abadiventiste b’umunsi wa karindwi mu Rwanda rirateganya kumurikira Umuyobozi waryo ku rwego rw’isi, Dr Ted Wilson, ibyagezweho mu myaka ibiri ishize birimo umuturirwa w’icyicaro gikuru uri mu mujyi wa Kigali, ishuri ryigisha ubumenyi n’ikoranabuhanga ku rwego rugezweho, ndetse n’ibitaro, ibigo nderabuzima (…)
Amakoperative y’urubyiruko akorera mu mu mujyi wa Kigali yasinyanye imihigo n’ubuyobozi bw’umujyi yo gukomeza kubungabunga isuku mu busitani butanfukanye buri mu mujyi wa Kigali.
Abatuye mu duce twa Nyamirambo kugera Nyabugogo mu mujyi wa Kigali bamaze amasaha atatu y’umugoroba wo kuwa 02/01/2015 mu mwijima, nyuma y’uko ikigo EUCL gifunze umuriro ngo umusore witwa Sibomana wari wuriye icyuma gisakaza amashanyarazi adafatwa n’umuriro w’amashanyarazi.
Umugore witwa Bigirimana Emmelence ufite imyaka 36, bamusanze mu nzu iwe aho yari atuye mu murenge wa Kigali ho mu karere ka Nyarugenge yimanitse mu mugozi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Ukuboza 2014.
Umuyobozi wa Radio One Kakooza Nkuriza Charles “KNC”, yashyize ahagaragara amabanga yose y’uko we na Nyagatare Jean Luck bamenyanye n’uko bafatanyije gushinga Radio One, Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu 6/12/2014.
Ahitwa i Kiruhura mu gace ka Nyabugogo mu mujyi wa Kigali hagaragaye imibiri y’abantu bakekwa ko bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu Kagali ka Kiruhura gaherereye mu Murenge wa Kigali Akarere ka Nyarugenge, bahagurukiye kurandurana ku buryo bwihuse ibibazo bya hato na hato bikunze kuvuka hagati y’abaturage, bikunze kuba intandaro yo kugirirana nabi.
Umushinga uhuza abashinzwe iby’ingufu ku rwego rw’isi w’impuguke zo muri Kaminuza ya Cambridge iri mu Bwongereza na Malaysia witwa Smart villages; uvuga ko ingufu z’amashanyarazi ku baturage ari ngombwa mu iterambere ryabo kurusha uko babitekereza, kandi ko bishoboka ko zaboneka biturutse ku bushake bw’abafata ibyemezo no (…)
Madame Jeannette Kagame atangaza ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ari urugendo rugikomeza kandi buri muntu wese akwiye gukora uko ashoboye kugira ngo itazima, kuko ibitse ipfundo ry’Ubunyarwanda bwari bwarabuze mu Banyarwanda.
Abafatanyabikorwa ba Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) muri gahunda yiswe ‘Access to Finance Rwanda/AFR’ y’ubukangurambaga bwo kwizigamira, bashimye iyo gahunda ndetse na bamwe mu baturage bamaze kwizamura mu bukungu bitewe no kuyitabira.
Imvura nyinshi yaguye kuri uyu wa kane tariki ya 30/10/2014 mu duce dutandukanye tw’Umujyi wa Kigali, yahitanye umwana witwa Ngabonziza Jackson uri mu kigero cy’imyaka Umunani ahitwa Rwarutabura ho mu Murenge wa Nyamirambo.
A bavuga ko badashobora kubona amafaranga yo kwizigamira kubera kutagira ikintu cyabinjiriza, ntibabyemeza Ministeri y’imari n’igenamigambi(MINECOFIN), kuko igaragaza ko kutazigama ari ikibazo cy’imyumvire n’umuco w’abantu kurusha ubukene.
Polisi y’igihugu yatangaje ko umupolisi warashe umusore ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 17/10/2014 i Nyabugogo mu mujyi wa Kigali yabikoze yirwanaho ubwo uwo musore yari amubangamiye mu gikorwa cyo kubabuza gucururiza mu kavuyo.
Ikigo UAE Exchange gitumikira abohererezanya amafaranga hirya no hino ku isi kirizeza Abaturarwanda ko mu bihe biri imbere kigiye kujya cyakirana ‘Na Yombi’ abashaka kohereza no kwakira amafaranga hagati y’ibihugu ku buryo bunoze kandi bubangutse kuruta abandi bose baba muri uwo mwuga.
Olivier Usengimana w’imyaka 30, umuveterineri wiyemeje kurengera ubwoko bw’inyoni buzwi nk’imisambi, yabiherewe igihembo mpuzamahanga cya Rolex gifite agaciro ka miliyoni zirenga 35 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ahagana mu ma saa moya z’iki gitondo cya tariki 05/09/2014, FUSSO yari ipakiye imbaho igonze taxi mini bus yari iturutse i Runda mu karere ka Kamonyi itwaye abana baje kwiga i Kigali abari bicaye inyuma barakomereka gusa nta witabye Imana.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyarugenge bwavuze ko budashimishijwe n’ikigero cya 35% by’abamaze gutanga ubwishingizi bwo kwivuza (mituelle de santé) muri uyu mwaka, bukaba bwiyemeje kugeza ku gipimo cy’100% bitarenze uyu mwaka wa 2014.
Sosiyete zitanga ubwishingizi ku bikorwa by’ubuhinzi zikoranye n’abacuruzi b’inyongeramusaruro (Agrodealers) byafasha mu kugera ku bahinzi benshi kandi mu buryo bworoshye. Ibi ni ibyagarutsweho kuri uyu wagatanu tariki 18/7/2014, ubwo hatangizwaga umushinga RADD II ugamije guteza imbere abacuruzi b’inyongeramusaruro.
U Rwanda rwishimiye impano yo guteza imbere ubushakashatsi rwahawe na Suwede, ingana na miliyoni zirenga 278 SEK (amafaranga y’icyo gihugu) ahwanye n’amanyarwanda miliyari 28, kuko ngo izagira uruhare rukomeye mu kugeza igihugu ku cyerekezo 2020 kizashingira ku baturage bafite ubumenyi.
Abaforomo bakora ku kigo nderabuzima cya Muhima bashyize hamwe inkunga yo gusana inzu umukecuru w’incike w’imyaka 85 witwa Mukanguhe Madeleine, usanzwe ubana n’umwuzukuru we mu murenge wa Muhima, mu mudugudu wa Amahoro mu karere ka Nyarugenge.
Abagize ikigo giteza imbere imikino cya Cercle Sportif cya Kigali, bavuze ko kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ari ngombwa nk’uko umuntu yibuka umunsi we w’amavuko; ariko kikaba cyanasabwe n’ubuyobozi bw’urwibutso rwa Gisozi kubikora, kugirango urubyiruko rugize icyo kigo rumenye guha agaciro ikiremwamuntu.
Umuyobozi wa Rwanda Revenue, Richard Tusabe, arasaba abacuruzi bo mu Rwanda kutazatungurwa n’imisoreshereze iteye kimwe muri ibi bihugu, nk’uko yabitangaje mu nama yabereye i Kigali kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2014, ihuje abakomiseri bakuru b’ibigo bishinzwe imisoro mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba(EAC).
Padiri Uwimana Jean Francois wamenyekanye cyane mu itangazamakuru kubera amakuru yavugaga ko aririmba mu njyana ya Hip Hop, yamuritse alubumu ye yambere yitwa “Singiza Nyagasani” igizwe n’indirimbo umunani, mu gitaramo yakoze ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2014.
Perezida Kagame atangaza ko gukora umuganda ku Banyarwanda bisobanura ko hari aho bifuza kuva bakagera mu iterambere, babyigiriyemo uruharare ku buryo n’izindi ncuti z’u Rwanda ziza gufasha zisanga hari aho ba nyir’ubwite bageze.
Abayobozi mu karere ka Nyarugenge barasabwa kumvisha no gufasha ubuyobozi bw’inzego bakuriye kugira igaciro imbere y’abaturage, kugirango babagirire icyizere kugeza no ku rwego rw’umudugudu.
Umugabo witwa Murwanashyaka ari mu maboko ya Polisi, nyuma yo gufatwa akurikiwe n’umugore we (bombi bafite imodoka); aho uwo mugabo ngo yari ajyanye murumuna w’umugore (muramu we) kumusambanya.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Fidele Ndayisaba, yasabye abaturage bo murenge wa Gabiro, ahitwa mu Biryogo mu karere ka Nyarugenge, ko kuba barimo abayisilamu benshi byagombye gutuma batavogerwa “n’abakafiri b’abasinzi”.