Abatuye ku buryo bwa Peyizana (Paysanat) mu Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi, bavuga kwegerana byabahaye umutekano n’iterambere.
Mu gihe abaturage batangaza ko mu bucukuzi bw’umucanga bakuramo amafaranga, ubuyobozi bw’umurenge bwo bubabuza kubukora kuko ngo bukorwa mu kajagari bukangiza ibidukikije.
Akarere ka Kamonyi karasaba abadepite kugakorera ubuvugiza kakegurirwa inzu y’amateka ya Jenoside imaze imyaka 10 ihubatswe ariko ikaba ntacyo ikoreshwa.
Munyanziza Piere Celestin n’umugore we Muragijemariya Primitive babayeho mu ntonganya mu gihe cy’imyaka 15, bongeye kumvikana kubera amahugurwa ya DUHAMIC ADRI.
Bamwe mu batuye Umurenge wa Nyarubaka muri Kamonyi bashoboye kubona inguzanyo z’amatungo babikesha kwishyira hamwe mu matsinda agamije kubateza imbere.
Iyo umukozi wo mu rugo afashwe nabi bimutera ingeso mbi zirimo kwiba, kwangiza ibyo mu rugo no kureka akazi atunguranye.
Nyuma y’imyaka ibiri imyumbati igaragayemo uburwayi igahagarikwa guhingwa, abahinzi barimo guhabwa imbuto nshya yo mu bwoko bwa NASE 14.
Imwe mu mbogamizi zituma ikibazo cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kitarangira, ni uko hari abahohoterwa batabivuga babitewe no kutamenya cyangwa gutinya.
Mu Nama Njyanama y’Aarere ka Kamonyi yatarenye kuri uyu wa 16 werurwe 2016, abajyanama biyemeje kwegera abaturage, kuko abacyuye igihe ari byo banezwe.
Nyirubutungane Papa Francis yagize Padiri Anaclet Mwumvaneza, umushumba wa Diyosezi ya Nyundo mu Ntara y’Iburengerazuba.
Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Udahemuka Aimable, yashimiye abaturage b’i Musambira ko bamutoye, na bo bamusaba kuzabaha ibyo yabijeje.
Abakuriye inama y’igihugu y’abagore barahamagarirwa kwegera abo bahagarariye kuva ku rwego rw’umudugudu kugira ngo babafashe kwitabira gahunda za Leta.
Abagore bari bazwi nk’abanyagataro bize gutunganya imisatsi, kwizigama no gukora imishinga, bibafasha kugira imibereho myiza.
Abatuye mu Mudugudu wa Mushimba, mu Murenge wa Gacurabwenge, mu Karere ka Kamonyi bashoboye kwigurira mitiweli 100%, kubera amakoperative bibumbiyemo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bwatangiye igikorwa cyo gusobanurira abaturage bataregera abandi batuye mu midugudu akamaro bibafitiye, birimo kwegerezwa ibikorwa remezo.
Abacukuzi b’amabuye y’agaciro bavuga ko bafite ikibazo cyo kongera igishoro kuko nta banki yemera kubaha inguzanyo.
Abaturage barasaba abatorerwa kubahagararira mu nama Njyanama z’uturere kutagarukira ku gutorwa gusa, ahubwo bakajya bamanuka bakumva ibitekerezo byabo
Abanyarwanda bavukiye mu mahanga bashima ishyaka ababyeyi babo bagize babatoza kuvuga Ikinyarwanda, bakaba basaba n’ab’ubu gusigasira umuco bakundisha abana ururimi kavukire.
Nyuma y’ivugururwa rya Komite z’Abunzi muri Nyakanga 2015, bamwe mu binjiyemo bashya bagaragaza guhuzagurika mu mikorere, ibyemezo bafata bikinubirwa n’abaturage.
Abakandida umunani bashaka guhagararira Umurenge wa Runda mu Nama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi, biyamamaza bizeza abaturage gukemura ikibazo cy’imihanda n’icy’imyubakire.
Abafite abana bari bararwaje Bwaki mu Karere ka Kamonyi, bavuga ko gahunda y’Igikoni cy’Umudugudu yafashije kurenegra ubuzima bw’abana.
Kwitonda Youssuf, yatorewe kongera kuyobora Umudugudu wa Nyagacaca nyuma y’uko yari yahakaniye abaturage ariko yabona banze kugira undi batora akabyemera.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora iributsa abahatanira kwinjira mu Nama Njyanama z’uturere ko igihe cyo kwiyamamaza atari umwanya wo guterana amagambo no gusebanya.
Mu mudugudu wa Ryabitana, Akagari ka Gihinga, mu murenge wa Gacurabwenge, umusaza yagwiriwe n’urukuta rw’ikiraro yari arimo gusanira umuvandimwe we, bimuviramo gupfa.
Ikamyo yari itwaye amagaziye y’inzoga za Skol yaguye mu muhanda amagaziye akomeretsa umupolisi wari uri mu muhanda n’umugenzi wari muri Coaster.
Abanyeshuri b’Urwunge rw’Amashuri rwa Ruyumba batangaza ko hari bagenzi babo b’abakobwa bararurwa n’abashoferi b’amakamyo atwara umucanga bakabashora mu ngeso mbi.
Mu bikorwa by’urugerero rw’Intore z’inkomezabigwi z’Akarere ka Kamonyi, ziyemeje gukora ubukangurambaga buganisha ku mibereho myiza y’abaturage kuko ariyo nzira y’iterambere.
Nyuma yo kugezwaho amateka y’intwari, abaturage b’Umurenge wa Ngamba basobanuriwe ko buri wese ashobora kuba intwari bitewe n’ibikorwa bye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi ikibazo cy’abana bafite ikibazo cy’imirire mibi cyazamutseho 0,7% mu kwezi kumwe, byatewe n’ababyeyi batitabira igikoni cy’umudugudu.
Nyuma y’uko Komite Nyobozi y’Akarere ka Kamonyi isoje imirimo yayo, mu gihe hategurwa amatora y’abazayisimbura, abakozi basabwe gukomera ku nshingano zabo.