Umuvunyi mukuru w’u Rwanda Anastase Murekezi avuga ko bagiye gukoresha ikoranabuhanga mu guhuza amakuru y’inzego zitandukanye kuri ruswa n’imitungo ivugwaho ruswa.
Mu mudugudu wa Rubindi mu Ngororero mu mezi 5, imiryango 83 yari yaranze kuva mu manegeka yivanyeyo ikurikiye imirasire y’izuba yahazanywe na polisi y’Igihugu.
Nyuma yo kubona ko baherwa serivisi mu biro bito kandi bishaje, abaturage bo mu Murenge wa Ndaro muri Ngororero biyemeje gukusanya amafaranga yo kwiyubakira ibiro bishya.
Abaturage bo mu Karere ka Ngororero bahamya ko mu myaka ishize muri guhunda ya Gira inka muri ako karere harimo ruswa ariko ubu bakishimira ko itakigaragara.
Mu Karere ka Ngororero ikibazo cy’umwanda gikomeje kuba ingorabahizi, na bamwe mu bayobozi bavuga ko abaturage bakigorana batumva inama bagairwa.
Urubyiruko rwize ubumenyi ngiro muri VTC Hindiro mu karere ka Ngororero rwatangiye gahunda yo kwihangira imirimo ishingiye kuri made in Rwanda.
Mu rwego rwo kwitegura yubile y’imyaka 100 y’Ubusaseridoti mu Rwanda, abapadiri bo mu Rwanda bakoze amarushanwa mu mikino itandukanye batangaza abayikurikiye.
Abarokotse Jenoside bo muri Ngororero batanga ubuhamya bagaragaza uko Interahamwe zageze aho zikajya zihamba abana b’Abatutsi ari bazima.
Mu karere ka Ngororero bimwe mu bikorwa remezo cyane cyane imihanda ihuza uturere byugarijwe n’imigezi ibyangiza.
Abahinzi ba kawa bibumbiye muri koperative KOPAKAMA bujuje uruganda rufite agaciro ka Miliyoni 370Frw rwubatse mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi.
Abaturage bo mu duce tw’icyaro mu Ngororero bavuga ko kutagira bimwe mu bikorwa remezo bituma batabona serivisi z’irembo cyangwa zikabahenda cyane.
Kugira ngo abatutsi bo ku musozi wa Kesho ho mu murenge wa Muhanda akarere ka Ngororero bicwe, hitabajwe abasirikare babeshywe ko hari Inkotanyi zihishe mu myobo.
Abantu babiri bo mu Murenge wa Bwira muri Ngororero bitabye Imana naho 34 bari kwa muganga kubera ikigage banyoye bikekwa ko cyari gihumanye.
Akarere ka Ngororero katangiye gusana ishuri ry’intwari rya Nyange mu rwego rwo kurigira ikitegererezo, nyuma y’imyaka 20 abacengezi barisenye bakanica abanyeshuri.
Imiryango 11 itishoboye yo mu Karere ka Ngororero yari ituye mu manegeka, yahawe inzu nshya zubatse mu mudugudu, zirimo televiziyo na radiyo.
Kuri uyu wa gatatu tariki 15 Gashyantare 2017, mu Karere ka Ngororero ku bitaro bya Muhororo haratangizwa ibikorwa bya "Army Week."
Mu Karere ka Ngororero abagore bajya mu buyobozi mu nzego z’ibanze baracyari mbarwa, aho bamwe bavuga ko bazitirwa n’ubujiji abandi ngo barakitinya.
Abatuye Akarere ka Ngororero ntibavuga rumwe ku ihohoterwa rikorerwa mu ngo, bivugwa ko abagore bakorera abagabo babakubita bakanabatesha ingo zabo.
Akarere ka Ngororero bwahagurukiye abasore batera inda abakobwa bakiri bato, buvuga ko umukobwa watanze amakuru y’uwamuteye inda buzajya bumukurikirana.
Abaturage 420 bo mu murenge wa Matyazo muri Ngororero bakora muri VUP bavuga ko kudahemberwa igihe byatumye bamwe batohereza abana ku ishuri
Mu karere ka Ngororero abana 572 baracyafite indwara ziterwa n’imirire mibi, ababyeyi bakagawa kutita ku mirire y’abana kandi batabuze ubushobozi.
Imbangukiragutabara yahawe ikigo nderabuzima cya Rususa mu Karere ka Ngororero imaze imyaka irindwi idakoreshwa kuko basanze idashoboye kugenda mu misozi yaho.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri byo muri Ngororero barakangurirwa kugira isuku mu bigo byabo kuko aho bizagaragara ko hari umwanda umuyobozi w’icyo kigo azirukanwa.
Abaturage bo mu Karere ka Ngororero bavuga ko kubura inzitiramibu bararamo biri gutuma bibasirwa n’indwara ya Malaria kandi bitari bikwiye.
Umuryango AJIC urwanya Ruswa n’akarerengane mu karere ka Ngororero ugaragaza ko kutarangiriza imanza ku gihe byahombeje Leta miliyoni zirenga 40.
Abatuye Umurenge wa Nyange muri Ngororero bavuga ko kubaka urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abautsi m 1994 na kiliziya yahiritswe ku Batutsi bari bayihungiyemo ari intambwe y’ubumwe ku bwiyunge.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buvuga ko mu kurwanya gutekinika mu ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo, 2016-2017 uzasiga imirenge yose ifite interineti.
Kuva mu mwaka wa 2014 gahunda ya NEP-Kora Wigire imaze guha imirimo mishya abarenga ibihumbi 80 hirya no hino mu Rwanda.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Ndaro muri Ngororero baravugwaho kuba nyirabayazana bo gutuma abagabo bata ingo zabo kubera kubahohotera.
Abagize koperative ikora ubworozi bw’amafi mu Karere ka Ngororero bavuga ko umusaruro w’amafi wagabanutse bitewe no kubura ibiryo byayo.