Ngororero : Abana 572 baracyagaragaraho imirire mibi

Mu karere ka Ngororero abana 572 baracyafite indwara ziterwa n’imirire mibi, ababyeyi bakagawa kutita ku mirire y’abana kandi batabuze ubushobozi.

Abana 60 baracyafite imirire mibi ikabije
Abana 60 baracyafite imirire mibi ikabije

Nk’uko imibare yatangajwe n’urwego rw’ubuzima muri aka karere ibigaragaza, haracyari abana bagwingira kubera imirire mibi, muri aba 572, 60 bafite imirire mibi ikabije.

Mukagasana Odette, ushinzwe imirire mu kigo nderabuzima cya Rususa, avuga ko ku kigo cyabo imirire mibi yagabanutse ariko ababyeyi bagenda biguruntege mu kurandura izi ndwara.

Yagize ati « Nka hano mfite abana 35 barwaye harimo 5 bafite imirire mibi ikabije.
Amata turayabaha buri munsi kandi tukanigisha ababyeyi uko bategurira abana amafunguro. ariko bamwe baragenda ntibabikore uko bikwiye ».

Ibi anabihurizaho na Yankurije Petronille, umujyanama w’ubuzima uvuga ko bisaba guhoza ijisho mu ngo zirwaza izo ndwara, kuko akenshi ababyeyi batabifata nk’ibyabo.

Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imiberehomyiza y’abaturage Kuradusenge Janvier avuga ko bageze kure mu kurwanya imirire mibi ugereranyije no mu myaka ishize, ariko abaturage bamwe batabyitaho bakaba inzitizi.

Ati « Ubundi tubigeze kure kuko mu myaka 3 ishize twari ku mwanya wa kabiri mu gihugu mu kurwaza bwaki.

Ubu ikibazo dusigaranye ni ikirebana n’imyumvire y’ababyeyi bacyumva ko abaganga n’abajyanama b’ubuzima aribo bonyine bazahangana n’iki kibazo ».

Kuradusenge akomeza avuga ko hashyizweho gahunda y’igikoni cy’umudugudu ariko bamwe ntibabikurikiza mungo zabo

Ati « Amata aratangwa haba ku mashuri no ku bana bagaragaza imirire mibi.

Ndetse girinka yabagejejweho banigishwa guhinga imboga, ariko mbabazwa no kubona hari benshi bafata amata n’undi musaruro byakabafashije guhangana na bwaki bakabyijyanira mu masoko bikaribwa n’abasanzwe bifashije ».

Imibare iherutse kugaragazwa n’umushinga SUN wita ku mirire, igaragaza ko mu karere ka Ngororero kugwingira bikiri ku gipimo cya 39% .

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka